• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?
Perezida Museveni aganira n'abaturage ba Kabale nyuma yo kubonana na bagenzi be i Gatuna

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ku munsi w’ejo, nyuma yo guhura n’abakuru b’ibihugu mu nama ya kane irebera hamwe ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda aribo Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Kongo  na  João Lourenço w’Angola ku mupaka w’u Rwanda na Uganda I gatuna, Perezida Museveni yageze mu mugi muto wa Kabale aganira n’abaturage mu nzira asubira Kampala.

Ibyavugiwe mu nama twabigarutseho mu nkuru zacu mbere ubu turibanda ku magambo Museveni yabwiye abaturage ba Kabale n’impamvu yayo. Perezida Museveni yavuzeko ibibazo mu Rwanda ngo byatewe n’amacakubiri ari muri FPR ndetse ko Uganda nta ruhare ibifitemo. Icyambere ni uko Uganda ikomeje kotswa igitutu kubera ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rwayo mu gufasha imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda bikaba byaratumye umupaka wa Gatuna ufungwa. Uyu mupaka niwo watumaga haba ubucuruzi mu mugi wa Kabale kubera urujya n’uruza rwaba abava mu Rwanda cyangwa abava muri Uganda. Mbere yuko bambuka umupaka abacuruzi n’abashoferi b’amakamyo bahitagamo kurara Kabale kugirango bambuke mu gitondo babaruze ibicuruzwa byabo. Ibi byatumaga amafaranga aboneka kubera ubucuruzi bwahakorerwaga.

Ubu ngubu umugi wa Kabale wambaye ubusa bose bibaza impamvu umupaka udafungurwa. Perezida Museveni na NRM bababuriye igisubizo kandi barashaka amajwi. Bityo rero Museveni yagombaga kubegera akagira icyo ababwira nubwo yagaragaje ibinyoma. Uganda imaze igihe ishyigikira imitwe irwanya u Rwanda ariko noneho u Rwanda rwamuvugutiye umuti urambye kandi agomba kuwunywa nubwo agenda asunika igihe.

Buri nama u Rwanda rugaragaza ibimenyetso byuko Uganda binyuze kuri Perezida Museveni ubwe no munzego z’umutekano bashyigikiye RNC aho we ubwe yabonanye n’abayobozi bakuru ba RNC ndetse Minisitiri we Philemon Mateke akabonana n’abayobozi ba FDLR. Ntabwo Museveni yahakanye ibyo u Rwanda ruvuga ahubwo bashakisha inyito.

Nyuma yo guhabwa ukwezi na bagenzi be ko agomba guhagarika imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Uganda, Museveni yabuze icyo asobanurira abaturage ba Kabale basubijwe inyuma n’ifungwa ry’umupaka akwirakwiza ibihuha ahakana gukora nabo kandi ibimenyetso bihari. Ntabwo yagombaga guhakana pasiporo ya Mukankusi kandi iyo agenda ariyo akoresha cyangwa se ngo ahakane abarwanyi ba RUD Urunana kandi u Rwanda rumubwira amazina naho baherereye.  Aho gukemura ikibazo, Museveni yagiye gucira umugani abaturage ba Kabale ababwira ko ari ibibazo biri imbere muri FPR ashaka gukwepa uruhare rwe.

Igihe cyo gushakisha amajwi kirageze, Uganda yakozweho n’ingaruka zo gufunga Gatuna cyane ko ariyo nzira ikoreshwa mu bucuruzi haba I Burundi no mu burasirazuba bwa Kongo. Ariko by’umwihariko abaturage ba Kabale byabakozeho ku buryo bugaragara. Ntakindi Museveni yababwira usibye kwikuraho amakosa akayashyira ku Rwanda nyamara imbere ya ad hoc commission ntacyo bavuga. Museveni ushakisha amajwi nta kindi yari kubabwira.

Ikindi abaturage ba Kabale bahishwe igihe kirekire, ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kuko itangazamakuru ryose ryigaruriwe n’ibiro bishinzwe iperereza CMI na ISO. Ariko ikigaragara ni uko bamwe bamaze kubona ukuri kuko ibirego by’u Rwanda ntibihinduka kandi Uganda ikemura bimwe kandi yari yabanje kubihakana.

Ni ugutegereza tukareba ko Uganda isenya ibirindiro by’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Uganda dore ko yahawe amazina naho bakorera.

2020-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Ubwanditsi 09 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye
INKURU NYAMUKURU

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi,  nyuma y’iminsi itatu gusa  Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]
ITOHOZA

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi, nyuma y’iminsi itatu gusa Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera
POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru