• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu benshi bashobora kuba baramenye Iseminari nto ya Butare kubera izina yubatse mu mikino ya Volleyball na Basketball haba mu bihe byashize kugeza n’ubu. Iri shuri ariko rizwiho no kuba igicumbi cy’abahanga mu kwandika umuziki w’amanota, barimo na Kizito Mihigo.

Kizito Mihigo ni we washinze ‘Kolari Melomane’ nanjye naririmbyemo. Igihe cyose twabaga turimo kuririmba twarizihirwaga, abantu bagakunda ubuhanga korari yacu yari ifite bushingiye kuri Kizito 100%, kuko indirimbo zose twaririmbaga ari we wabaga wazanditse. Kizito Mihigo muzi neza.

Nyuma y’imyaka 25 ingabo za RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyihakana biracyari ikibazo gikomeye hirya no hino ku Isi, kandi ababiri inyuma ni abayigizemo uruhare bari mu bihugu binyuranye bahungiyemo. Bakoresha guhakana Jenoside mu guhunga ubutabera ku byo bakoze, bakigaragaza nk’abanyepolitiki.

Ndi umunyeshuri kuri Kaminuza ya Haifa (Israel) mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Jenoside, kandi gusigasira urwibutso (mémoire) rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu kurwanya kuyihakana biri mu byo nibandaho. Ntabwo nshobora guceceka mu gihe mbona urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa uko rutari, bigakorwa n’abagize uruhare muri Jenoside n’abayihakana.

Mu ibaruwa yo ku wa 21 Gashyantare 2020, abiyita ko barokotse Jenoside baba mu mahanga basabye “iperereza mpuzamahanga rihuriweho ku rupfu rw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana n’impirimbanyi y’amahoro, Kizito Mihigo.” Muri ubwo busabe bifatanyije n’abahakana Jenoside n’abandi bashakishwa ku ruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Iryo huriro ubwaryo ryerekana ko urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa ku nyungu za politiki, ndetse ubwo busabe ntaho buhuriye no gushaka ubutabera.

Abarokotse Jenoside bazi neza ko umuco wo kudahana ari wo watumye Jenoside ishoboka. Hagati y’umwaka wa 1959 na 1994, abahembereye Jenoside bagiye bahemba abicanyi imitungo basahuye cyangwa bakabazamura mu ntera. Iyo bitaza kugenda gutyo amategeko agakurikizwa, Jenoside yashoboraga no kutaba.

Abicaga bagenzi babo b’Abatutsi maze bakagororerwa, bumvaga ari ishema, bikabaha imbaraga, bikanatuma abandi bitabira ibikorwa bitaha ku bwinshi.

Kubera aya amateka, abarokotse Jenoside bumva neza ingaruka zo kudakurikiza amategeko, kuko byabyaye amahano tudashobora kwibagirwa. Nagiye mbona abantu batekereza ko abacitse ku icumu bahebeye urwaje, ko byatewe n’imyaka y’igitugu cya Habyarimana n’itotezwa ridashira, tugahitamo imyitwarire yo kubaha amategeko.

Nyamara uko kubaha amategeko ntibyatubujije gutsembwa. Si ukwemera ikije cyose, ahubwo ni ugutinya ingaruka z’ukudakurikiza amategeko.

Byatumye nibuka uburyo bamwe mu barokotse Jenoside bahisemo kwirengagiza uko Kizito yifatanyije n’imitwe y’iterabwoba n’ibyaha byayo, bibwira ko kuba uwarokotse Jenoside bimushyira hejuru y’amategeko, hejuru y’ubugizi bwa nabi yashinjwaga gushaka kuzanira abanyarwanda, akaza no kubabarirwa.

Benshi mu barokotse bamaganye Kizito, bakumva bafite ikimwaro igihe cyose hagize ushaka kumuzamura ngo amushyire ku rundi rwego yakwitirirwa urwo arirwo rwose, hejuru yo kuba ari umunyabyaha wabihamijwe n’urukiko nyuma akaza guhabwa imbabazi.

Nk’uwacitse ku icumu Kizito yari umwe muri twe; ariko mu byaha ho yari wenyine. Mu gihe kandi twamagana ibyo yakoze, tunababazwa n’amahirwe yari amuri imbere ntayabyaze umusaruro ngo amuhindurire ubuzima, ngo abe umuturage wubaha amategeko nkatwe, ngo abashe kuba icyo uwarokotse bivuze: Icya mbere ni ukurengera amategeko kubera ububabare twanyuzemo butewe no kutubahiriza amategeko, byaranze ubutegetsi bw’u Rwanda rwo hambere.

Byatumye nanibuka ukuntu abagize uruhare muri bya bikorwa bishingiye ku kutubahiriza amategeko, bifatanyije n’abo bahoze batoteza ngo barashaka ‘ubutabera’. Nahise menya ko nta kindi bagamije kitari inyungu za politiki mu kwibasira Guverinoma y’u Rwanda.

Byari n’igitero kigabwe ku budaheranwa bw’abarokotse; no kunnyega abarokotse akarengane. Kuba abo bajenosideri n’inshuti zabo barafashijwe na bamwe mu biyita abarokotse, ntibikuraho amabi bakoze.

Bose bigira nk’aho bari mu kiriyo cy’urupfu rwa Kizito. Ibyo ubwabyo ni ishusho y’ubuzima bwa Kizito. Yumvaga ko gushyigikira ibitekerezo by’abahakana Jenoside ariko kuzana ubwiyunge. Abakoze Jenoside bari baramwumvishije ko ariko bimeze ndetse bamwumvisha ko kugira imyumvire nk’iyo ari ubutwari.

Muri make babyazaga umusaruro uburyo yari umuntu uba ashaka kugaragara, ibintu atashakaga kuzibukira, yirengagije impungenge z’abarokotse Jenoside ku kuba igikoresho cy’abajenosideri bishe se umubyara muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abenshi muri twe twarokowe n’ibitambo bya RPA yageragezaga kudutabara ari nako itsinda abajenosideri hirya no hino mu gihugu mu gihe gito gishoboka, twagerageje kurokora umuntu wacu; tuburira Kizito ko abanyabyaha batigeze bicuza yari agiye kwifatanya nabo, bazamugusha mu byaha.

Umwe muri twe, Ambasaderi Wellars Gasamagera muri Gicurasi 2014, yanditse inkuru agaragaza ko kwiyahura bishoboka cyane kuri uwo muhungu yahoze afata nk’uwe. Undi ni Mukagasana Yolande uherutse kwandika ku guhinduka gutunguranye kwa Kizito, kwatumye aba umuntu woroshye gushukwa n’abajenosideri n’abambari babo.

Izi nyandiko za politiki zitirirwa gusaba ubutabera, ni ikindi gihamya ko Kizito akomeje gukoreshwa na nyuma yo gupfa nk’uko byamugendekeye akiri muzima.

Noel Kambanda ni uwacitse ku icumu rya Jenoside. Arimo kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na Jenoside, muri Kaminuza ya Haifa/Israel.

2020-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Ubwanditsi 04 Feb 2021
Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ni iki Prof. Gambari washimwe na Perezida Kagame yakoze mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi yabaga?

Ubwanditsi 07 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo
HIRYA NO HINO

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10
Amakuru

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru