• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe isi yose yugarijwe  n’icyorezo cya Virusi ya Corona giteye inkeke kikaba cyarahungabanyije ibihugu byose, David Himbara ndetse nabandi bafite imitekereze mibi ya politiki  barimo Patrick Habamenshi wigeze kuba Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi n’abandi nkabo babarizwa mu mashyaka atandukanye yitwa ko arwanya leta y’u Rwanda bakomeje kubyina intsinzi kuva Minisitireri y’ubuzima itangaje ku mugaragaro ko umuntu wa mbere yagaragayeho ako gakoko mu Rwanda taliki ya 14 /03/2020.

Abanyarwanda bose bacyumva iyo nkuru bafashe ingamba zo kuyikumira bashingiye ku mabwiriza ya minisiteri yubuzima kimwe nuko ahandi kwisi hose biri kugenda. Perezida Kagame yageneye ubutumwa abaturarwanda ndetse n’abatuye isi yose muri rusange, aho ubutumwa bwe bwakiriwe n’abatuye impande zose z’isi ukurikije uburyo bagiye babuhererekanya ku mbuga nkoranya mbaga. Umukuru w’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima  Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus nawe yashimiye Perezida Kagame kubera ubukangurambaga mu gukumira iki cyorezo

Kuri Himbara n’abandi nkawe byabaye inkuru nziza bari bategereje igihe kitari gitoya, dore ko banategereje ko Ebola igera mu Rwanda mugihe yari yugarije uburasirazuba bwa Kongo bagaheba. Mu kinyarwanda baca umugani ngo urucira mukaso rugatwara nyoko, aho Himbara abarizwa niho Virusi ya Corona yageze mbere , ikindi imibare yabo iyo ndwara imaze guhitana benshi bari mu kigero cy’imyaka nkiya Himbara byibura guhera kuri 65 kuzamura, abakurikirana uko iki cyorezo cyibasiye isi barabibonye ko mu gihugu cy’Ubutaliyani cyibasiwe cyane niyi Virus abafite imyaka twavuze hejuru bagiriwe inama yo kudasohoka mu mazu, urwo akaba arirwo rutegereje na David Himbara.

Abazi neza Himbara bemeza ko ntacyabatunguye kumyitwarire ye ndetse n’urwango muri rusange agirira Abanyarwanda. Usibye amafuti ye angana n’ayingurube niko n’ibikorwa bye by’ubugambanyi bingana.  Himbara ari mubantu buri gihe bakora raporo mbi ku Rwanda guhera imyaka 13 ishize. Umuntu utinyuka kugambanira igihugu cye bene ako kageni kandi mu binyoma nta kibi kindi atakora.

Mu rubanza rwa Theodore Rukeratabaro wakatiwe burundu n’inkiko zo muri Suwede kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoreye ahahoze muri Perefegitura ya Cyangugu, David Himbara yagaragaye mu rubanza rwe nkushinjura Rukeratabaro ko ari umwere ahubwo azira politiki. Mu buhamya bwe yatanze binyuze kuri Skype, Himbara yaraturitse ararira avuga ko Rukeratabaro ari umwere, avuga ko Leta ya Kigali ihiga buri wese utavuga rumwe nayo ikamwita umujenosideri, mbese kuri Himbara nta Jenoside yabaye mu Rwanda. Himbara utari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi niwe usigaye ushinjura abahekuye u Rwanda.

Gusa muri ibi bihe ntampamvu y’abantu nka Himbara ndetse baba bagamije kurangaza abantu ahubwo bose bagakwiye gukurikiza amabwiriza nkuko agenwa na Minisiteri y’Ubuzima. Naho Himbara n’abandi nkawe baragosorera mu rucaca.

2020-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Ubwanditsi 12 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United
Amakuru

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo
IKORANABUHANGA

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru