• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yajyanywe mu bitaro bya Kololo igitaraganya nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye muri kasho ya polisi.

Tumukunde yatawe muri yombi ku wa Kane w’icyumweru gishize ari kumwe n’abandi bantu 13 bashinjwa ibyaha by’ubugambanyi. Mu batawe muri yombi harimo n’abahungu be babiri nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Nubwo Tumukunde yajyanywe mu bitaro, abanyamategeko be bavuze ko batarabwirwa ikibazo yagize.

Umwe mu bapolisi yabwiye itangazamakuru ko Tumukunde yajyanywe mu bitaro bya Kololo ariko abaganga bataragaragaza indwara afite.

Hari amakuru avuga ko Tumukunde yatangiye kumererwa nabi kuwa Gatandatu, ubwo Polisi yari yagiye gusaka urugo rwe ruri Kololo. Ngo byarushijeho gukomera ubwo bamubwiraga ko n’abahungu be babiri bari gushinjwa ubugambanyi.

Ngo Tumukunde yakomeje kubwira abapolisi ko atameze neza ariko babirengaho bamujyana ku rwego rudsanzwe rushinzwe iperereza ahitwa Kireka mu karere ka Wakiso guhatwa ibibazo ari naho yaje kwikubita hasi ageze.

Daily Monitor itangaza ko yagerageje kujya mu bitaro bya Kololo kureba uko bimeze, bakangira abanyamakuru bayo kwinjira. Ngo nta n’umuturage wari wemerewe kuhinjira kuko ibitaro byari birinzwe n’abapolisi bambaye gisivile.

Umugore wa Tumukunde n’inshuti ye ya hafi nibo bemerewe kujya kumusura. Bamwe mu bayobozi bakuru bashinzwe iby’umutekano muri Uganda nabo bari bari aho ku bitaro.

Leta ya Uganda ishinja Tumukunde umugambi w’ubugambanyi no gushaka gufatanya n’amahanga mu guhungabanya umutekano wa Uganda. Ni ibirego ngo yavugiye mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya NBS.

Inzego z’umutekano zatangaje ko abahungu ba Tumukunde bari batawe muri yombi nyuma baje kurekurwa.

Umunyamategeko wa Tumukunde, Alex Luganda, yavuze ko umukiliya we natagezwa mu rukiko vuba, arasaba urukiko kubitegeka cyangwa rugategeka ko arekurwa.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yavuze ko bari gukora ibishoboka ngo bihutishe iperereza, kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Gen Tumukunde yari muri gahunda zo kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe umwaka utaha. Ashinja Perezida Yoweri Museveni kwibasira uwari we wese ugaragaje ko ashaka kwiyamamariza kuba Perezida.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Ubwanditsi 05 Sep 2016
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Isari isumbye iseseme: Na Jenerali Habyarimana ashakiye ibirayi kuri YouTube!

Ubwanditsi 20 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi
Mu Rwanda

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa
ITOHOZA

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru