• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru barimo Abel Kandiho uyobora Urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI) na C.K Asiimwe umwungirije, bashinjwa gushyigikira imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda baba muri icyo gihugu.

Abel Kandiho wari Brigadier yongewe inyenyeri imwe agirwa Major General, mu gihe umwungiriza we C.K Asiimwe wari Colonel, yavanwe mu cyiciro cya ba Ofisiye Bakuru agashyirwa mu cya ba Ofisiye Jenerali, ahabwa ipeti rya Brigadier.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, mu gihe aya mazina yombi amaze iminsi avugwa mu bikorwa bibangamiye u Rwanda, byagejeje aho rusaba abaturage barwo guhagarika kujya muri Uganda.

Ibinyamakuru bikorana na Leta ya Uganda byatangaje ko izamurwa mu ntera ry’abayobozi ba CMI ryabaye “kubera imikorere myiza, kurwanya ibyaha no gusenya udutsiko dukorana na leta z’amahanga.” Ni ibikorwa byakunze kugerekwa ku Banyarwanda bagiye bahohoterwa muri icyo gihugu bashinjwa ubutasi.

U Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abakekwaho ibyaha binyuranye bahunze ubutabera no gukingira ikibaba ibikorwa by’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, birimo iby’imitwe ya RNC, FDLR, RUD Urunana n’indi, byose bigakorwa bigizwemo uruhare na CMI iyoborwa na Kandiho.

Mu biganiro byabaye hagati y’u Rwanda na Uganda mbere y’uko Coronavirus ituma bihagarikwa, rwagaragaje uburyo ubuyobozi bwa RNC bukomeje icengezamatwara muri Uganda no gushaka ubushobozi, bafashijwe n’abayobozi ba CMI barimo Asiimwe wungirije muri CMI akaba n’umuyobozi ushinzwe kurwanya iterabwoba.

Mu gukomeza kugaragaza uburyo CMI ifasha abarwanya Leta y’u Rwanda, mu nama yo ku wa 14 Gashyantare 2020 Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko uru rwego ruhuza ibikorwa by’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yatanze urugero ko ku wa 2 Gashyantare 2020 ubwo habaga inama igamije gushaka umuti ku bibazo by’ibihugu byombi, hanabaye iyahuje RNC na RUD Urunana i Mbarara, yitabirwa n’abarimo Capt Nshimiye uzwi nka Governor, wayoboye igitero cyagabwe na RUD Urunana mu Kinigi mu mwaka ushize.

Yitabiriwe kandi na Col Rugema Emmanuel na Col Sam ba RUD Urunana, hamwe na Lt Frank Mushayija watorotse igisirikare, Major Ntare, Capt Frank Mugisha uzwi nka Sunday, JMV Turabumukiza na Major Robert Higiro wari uhagarariye RNC.

Nduhungirehe yakomeje ati “CMI yohereje imodoka zafashe Col Rugema n’itsinda rye bava i Kisoro bajya i Mbarara mu nama.” Iyo nama yari igamije kurema umutwe uhuriweho na RUD Urunana na RNC no gukomeza ibikorwa by’icengezamatwara.

Nduhungirehe yanagarutse ku iyicarubozo CMI iyobowe na Kandiho na Asiimwe ikomeje gukorera Abanyarwanda muri icyo gihugu, aho ubuhamya bwinshi bubihuza n’uko yagiye ishaka kubinjiza mu mitwe yitwaje intwaro, ubyanze agatotezwa.

Yakomeje ati”Abanyarwanda ubu barimo gupfa kubera iyicarubozo bakorewe na CMI, urugero rubabaje ruheruka ni urwa Emmanuel Mageza w’myaka 50, wakorewe iyicarubozo mu gihe kirenga umwaka muri kasho za CMI, uheruka kugwa mu bitaro byo mu mutwe bya Butabika, ashyingurwa muri Uganda.”

Mu gukomeza gutoteza Abanyarwanda, muri iki cyumweru abagera kuri 342 bashyizwe hamwe n’inzego z’ubuyobozi muri Uganda, zibajugunya ku mipaka itemewe mu turere twa Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru zibashinja ko bari gukwirakwiza Coronavirus muri Uganda.

Mu byo u Rwanda rwakomeje gusaba Uganda, harimo gukurikirana abayobozi bakorana na RNC na RUD Urunana barimo Philemon Mateke, Kandiho na Asiimwe bo muri CMI, Brig Gen Fred Karara, Major Fred Mushambo, Col Kaka Bagyenda n’abandi. Bamwe muri bo ahubwo bahembwe kuzamurwa mu ntera.

Bibaye nyuma y’uko inama yahurije i Gatuna abayobozi b’u Rwanda, Uganda, Angola na RDC ku wa 21 Gashyantare 2020, yasabye icyo gihugu ko mu kwezi kumwe kigenzura ibikorwa by’imitwe ibangamiye u Rwanda bibera ku butaka bwayo, byaba ari ukuri, kigafata ingamba zose zo kubihagarika no kwirinda ko byakongera kubaho.

Raporo yagombaga kugezwa ku bakuru b’ibihugu, nyuma yo kureba ibiyikubiyemo, abahuza bagakoranya inama mu minsi 15 i Gatuna / Katuna igamije gufungura imipaka no gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi.

Amb. Nduhungirehe aheruka kubwira Itangazamakuru ko inama zahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus, cyane ko ukwezi kwari kwatanzwe ko kwararangiye. U Rwanda rwandikiye Uganda ruyibwira ko ibyo yiyemeje yabikora, icyorezo cyazarangira impande zombi zikazahura zireba intambwe yatewe.

Iri zamurwa mu ntera ryanageze ku basirikare bakuru barimo uhagarariye ibikorwa bya gisirikare muri ambasade ya Uganda mu Bubiligi, Moses Rwakitarate, wagizwe Major General na Hudson Mukasa ufite inshingano nk’izo muri Kenya.

 

2020-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 11 Apr 2019
Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Ubwanditsi 25 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi
INKURU NYAMUKURU

Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi

Ubwanditsi 08 May 2019
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Oct 2020
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.
Amakuru

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.

Ubwanditsi 02 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru