• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Ubwanditsi 03 Apr 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje kuri uyu wa Kane habonetse abandi bantu babiri banduye Coronavirus, bituma umubare w’abanduye mu Rwanda ugera kuri 84.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 2 Mata 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abarwayi bashya ari abantu babiri baherutse kugirira ingendo mu bihugu bitandukane. Bahise bashyirwa mu kato, hanashakishwa abantu bose bahuye nabo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

Imibare mishya itangajwe nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cy’uko ibyumweru bibiri byari byaratanzwe nk’igihe cy’ifungwa ry’ibikorwa binyuranye, ingendo n’imipaka, kizongerwaho iminsi 15.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yatangaje ko iminsi y’inyongera izatuma u Rwanda rushimangira intambwe rwari rumaze gutera mu gukurikirana abantu bose baba barahuye n’umuntu watahuwemo Coronavirus.

Ati “Ni ukugira ngo [umuntu wese] tumugereho, ariko atisanzuye ngo tumugereho yaramaze gukora ingendo mu turere twose. Ahubwo tuzasanga akiri mu rugo, wenda abo mu rugo nibo ashobora kuba yakwanduza, ariko tutamuhaye ubwisanzure bwo kugira ngo agere ahantu hose akwirakwize icyorezo mu gihugu.”

Muri icyo kiganiro kuri Televiziyo Rwanda, yanavuze ko uretse abantu bagiye bashyirwa mu kato bacyinjira mu gihugu, abinjiye mbere y’uko abantu batashye bose bashyirwa mu kato, bahawe amahirwe yo kwipimisha Coronavirus.

Ati “Twatanze gahunda y’umwihariko mu minsi ishize, guhera ku Cyumweru, ko abantu bavuye hanze, bakoze ingendo bava muri biriya bihugu birimo ubwandu uretse Dubai ndetse n’ahandi hose, bisuzumisha – abaje hagati ya tariki 5 Werurwe kugeza uyu munsi wa none – ko bajya ahantu hane, kuri Petit Stade, kuri ULK, IPRC Kicukiro ndetse no kuri Stade i Nyamirambo. Baze babasuzume, basubire no mu rugo dukurikije igisubizo tuza kuba tubonye.”

“Benshi barabyitabiriye, icyiciro cya mbere twabonye 400, nyuma tuza kubona abandi 400, bityo rero bamwe turabasuzuma, bake cyane muri bo twasanze bafite icyo kibazo tujya kubitaho by’umwihariko, ariko urumva ubwo amakuru twarayamenye nibura.”

Yavuze ko mu bamaze kugaragaraho Coronavirus bari mu Mujyi wa Kigali, ndetse abavuye mu ngendo mu mahanga bagahita bajya mu ntara, Minisiteri y’Ubuzima yabakurikiyeyo n’imiryango yabo igasuzumwa, bagasanga itarandura.

Yakomeje ati “Turi kubitaho abo ngabo, ni bake cyane ni nka bane bari bagiye hanze ya Kigali, bari kuvurwa, mu minsi iri imbere muri iki cyumweru turimo kirajya kurangira hari abo dusezerera.”

Dr Ngamije avuga ko mu bamaze gutahurwaho Coronavirus, kugeza ubu nta muntu n’umwe urajyanwa mu cyumba cy’indembe, ndetse iki cyumweru kizarangira aba mbere basezerewe mu bitaro.

Abaturarwanda barasabwa gukomeza kwitwararika, bubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima hitabwa cyane ku gukaraba intoki kenshi kandi hakubahirizwa intera ya metero imwe hagati y’umuntu n’undi, mu kwirinda kwanduzanya.

Ibimenyetso by’ingenzi bya Coronavirus ni inkorora, guhumeka bigoranye no kugira umuriro mwinshi. Abagaragaje ibimenyetso bya Coronavirus basabwa guhamagara nimero itishyurwa ya 114, bagahabwa ubufasha bidasabye ko bakora ingendo.

Kugeza ubu abamaze kwandura Coronavirus hirya no hino ku Isi ni ibihumbi 980 mu gihe ibihumbi 50 bamaze gupfa. Ibihumbi 206 nibo bamaze kuyikira.

2020-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026
APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

Ubwanditsi 05 Apr 2025
Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Nigeria: Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo
Mu Mahanga

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo
ITOHOZA

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru