• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo
Pharmacy Walgreens aho Serge Ndayizeye yakoraga akiba bakamufunga bikamuviramo kwimwa akazi muri Amerika

Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Ubwanditsi 15 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Abantu benshi bibaza impamvu Vuvuzela wa Radiyo Itahuka ya Kayumba Nyamwasa, Radiyo Rutwitsi  y’ibigarasha ariwe Serge Ndayizeye,  umwanya we wose awumara kuri Radiyo  mu matiku, ntacyo kuvuga afite akamara amasaha atatu kugeza kuri atanu buri munsi, asubiramo amagambo amwe, abantu bakibaza niba ntacyo afite cyo gukora muri Amerika, yewe habe no guterura ibikarito; amakuru Rushyashya yabashije gutohoza neza, ni uko Serge Ndayizeye atemerewe gukorera ku butaka bwa Leta zunze ubumwe z’Amerika nyuma yo gufatwa agafungwa kubera ibyaba by’ubujura muri Farumasi yakoragamo yitwa Walgreens, aho yibye amata y’umwana n’ibindi bikoresho kuko umugore we yari yabyaye, nuko afatwa na Camera urubanza ruba urucabana arafungwa, Amaze gufungwa hari umuryango umwe wafashije Serge Ndayizeye kujya ku rutonde rw’abava I Kinshasa yakomeje kugira imyirondoro yabo nibo bamufunguje ariko ahabwa icyemezo kigaragaza imikorere mibi, aho atemerewe gukora.

Amavu n’amavuko ya Serge Ndayizeye n’uburyo yageze muri Amerika

Serge Ndayizeye yavukiye ku Kimihurura, mu gihe Jenoside Yakorerwaga Abatutsi muri 1994, Serge Ndayizeye yigaga ku ishuri ryitwaga ETO Muhima. Nuko kimwe n’abandi barahunga, bahungira muri Kongo Kinshasa. Serge Ndayizeye afite nyina w’umututsikazi ise akaba umuhutu. Ibi tubigarutseho kuko biza kudufasha ku bucabiranya bwa Serge Ndayizeye kugeza uyu munsi.

Mu gihe inkambi z’impunzi zasenywaga n’ingabo za Laurent Desire Kabila AFDL, Serge nawe yagiye n’amaguru kugera Kinshasa. Mama we umubyara, interahamwe zaramwishe ngo  ni umututsikazi wabihishemo.

Nyuma yaho Kabila afatiye ubutegetsi akigarama Abanyarwanda ndetse n’abakongomani b’Abatutsi bamufashije, habaye guhiga icyitwa umunyarwanda wese ugaragara nk’umututsi aho abagabo benshi bishwe abandi baratabarizwa igihe bicwaga ku manywa y’ihangu. Leta zunze Ubumwe z’Amerika zaratabaye ndets n’ubumwe bw’iburayi, abantu aho bari bafungiye hose bashyirwa hamwe bategurwa kujya muri Amerika. Habayemo kwibeshya bazana n’Abanyarwanda benshi harimo n’interahamwe ariko amajonjora abakuramo. Serge Ndayizeye yatakambiye umuryango umwe w’abakongomani bavuga ikinyarwanda bakomoka I Masisi, kuko yari na mutoya, ngo bamubabarire bavuge ko ari umukongomani nawe babashe ku mutwara. Yagize ati “rwose turi ku isi nubwo nahunganye n’interahamwe zishe mama nanjye zigiye kunyica”. Yakuyeyo ifoto ya nyina ababwira uburyo yishwe n’interahamwe noneho baramuvuganira ko nawe yari umukongomani wahigwaga, hari mu mwaka wa 1998.

Serge Ndayizeye akigera muri Amerika yabaye ahantu hitwa St Louis muri Missouri, nyuma yimukira Louisiana aho yageze agakunda n’umugabo w’umuzungu amusubiza no mu ishuri mugihe kigera ku myaka itanu.  Ibyo kuba umutinganyi Serge yaje kubirambirwa acika umugabo ajya kuba ahitwa Houston muri Texas, Serge wari umutinganyi yaje gushaka umugore babyarana abana babiri. Iki gihe cyose Serge Ndayizeye ni umuntu wiyumva nk’umututsi ibya RNC ntibiraza. Yakundaga kwegera abantu avuga ko ari umututsi.

Nyuma yaho yaje kwerekeza Washington avuga ko ashaka akazi mu mwaka wa 2010 akubitana nuko RNC yarimo gushingwa abonana na Theogene Rudasingwa, wazengurukaga Amerika ashaka abayoboke abwira Serge Ndayizeye kuba mu buyobozi bw’urubyiruko rwa RNC.

Serge Ndayizeye agarutse Houston agarukana ibitekerezo bya politiki byanduye, atuka ubuyobozi bw’uRwanda yita ubwa Kigali, avuga ko Kayumba Nyamwasa agiye kubohora igihugu. Yatangiye no kugira udufaranga akinjira muri RNC noneho nyuma yaho abona n’akazi muri ya Farumasi yitwa Walgreen’s ariyo yaje kwibamo  baramufata baramufunga, noneho bahamagara babandi bamuvanye muri Kongo baramwirengagije kubera yari yatangiye gufata umurongo wa politiki harimo n’interahamwe.

Serge Ndayizeye yaje gufungurwa ku bwishingizi (on bail) n’abantu bafitanye isano na Ruharwa Pasteur Elizaphan Ntakirutimana wo ku Kibuye wakatiwe n’urukiko rw’Arusha akagwa muri Gereza batuye ahitwa Laredo muri Texas. Serge Ndayizeye yarafunguwe ariko icyemezo cy’imyifatire yahawe ntabwo kimwemerera gukora. Umugore we yaje kumwirukana aribwo yataye umutwe agahita yihebera RNC no gufata Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi n’umubyeyi.

Kwitabira Rwanda Day mu Buholandi mu mwaka wa 2015, byakozeho Serge Ndaizeye. Umugore yagiye ku murega kuri Polisi ko adatanga indezo kandi asigaye agenda, Serge yasabwe ibisobanuro uburyo yagiye mu Buholandi avuga ko ari abaterankunga bamuruhiye; umugore kandi yari yeretse polisi ibiganiro byose Serge Ndayizeye akora biri kuri Youtube, Serge Ndayizeye avuga ko bitamwinjiriza, kandi bizwi ko RNC imuhemba ibihumbi bibiri by’idorari.

Ubu Serge Ndayizeye abonye akazi aziko umushahara wose wahita ufatwa n’umugore ariko nanone akagira imbogamizi y’icyemezo cya Polisi kitamwemerera gukora. Niyo mpamvu avuga amagambo nk’ayabagombozi iyo ageze kuri mikoro ya Radiyo Itahuka kuko nibwo buzima asigaranye.  Serge Ndayizeye ariko iyo atari muri Radio, aganiriza inshuti ze ko atazi amaherezo ye, kuko amatiku yose n’ibyaha bya RNC bisa n’ibimujya mu gatwe kandi we avuga ibyo bamubwiye. Yasabye Kayumba Nyamwasa kumukubira umushahara gatatu nanubu amaso yaheze mu kirere. Nawe ikibazo cya Rutabana cyaramuhungabanyije ariko aguma kuri Kayumba kuko ariwe umuhemba yanga kujyana na Jean Paul Turayishimye. Ubu ngubu Serge arashaka gufata bugwate Radiyo Itahuka kuko kubera ibiganiro ashyira kuri Youtube, Ikigo cya Google hari amafaranga cyatangiye kumugenera.  Yongeraho ko ikimubabaza atazasubira mu Rwanda kandi ahafite abavandimwe. Serge Ndayizeye ari mubantu baririye igihe kirekire Ben Rutabana. Umutimanama uramukomanga, ariko akibuka ko arya aruko yahimbye ikinyoma. Ariko nanone agomba kumenya ko akomeje ibikorwa by’iterabwoba.

 

2020-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.
Amakuru

Tariki 05 Ukwakira ni itariki yibutsa akaga abiswe” ibyitso by’Inkotanyi” bahuye nako.

Ubwanditsi 05 Oct 2022
Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire
ITOHOZA

Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe
HIRYA NO HINO

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru