• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’igihe Kayumba Nyamwasa yihishe mu kibahima cye muri Afurika y’Epfo, ibibazo uruhuri biri mu mutwe w’iterabwoba wa RNC byatumye agisohokamo kuberako byagize ingaruka ku misanzu yabonaga hirya no hino kandi umusanzu ariyo nyungu Kayumba n’agatsiko ke aribyo basarura ntumubaze ibindi. Mu bibazo bibangamiye Kayumba Nyamwasa ni uko abayoboke bamushiraho kandi bikozwe n’abari abagaragu be ku isonga Jean Paul Turayishimye utagitinya kuvugako Kayumba Nyamwasa atamurusha ingufu muri RNC nubwo bayimwirukanyemo.

Kayumba Nyamwasa yabajijwe ibibazo byinshi ariko byose abinyura hejuru ariko akagenda arekura amakuru amwe namwe agaragaza uruhare rwe mu guteza umutekano muke mu karere cyane cyane mu Rwanda.  Kayumba yemeye ko akora ingendo muri aka karere bishimangira ibyo raporo ya Loni yatangaje ko yagaragaye mu burasirazuba bwa Kongo nkuko byatangajwe nabahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa.

Ikibazo gikuru Kayumba Nyamwasa akunda guhunga gusubiza ni ikibazo cy’ibura rya Ben Rutabana wahoze ari Komiseri muri RNC ariko akaza kutumvikana na Kayumba Nyamwasa cyane cyane ku bijyane n’imicungire y’ingabo za RNC ziba muri Kongo. Nyuma yuko Ben Rutabana aburiye mu gihugu cya Uganda, umugore we Diane Rutabana yatangaje ko nubundi umugabo we yari yaramubwiye ko afitanye ibibazo bikuru na Kayumba Nyamwasa bityo kuba yarabuze ntawundi bishidikanywaho ko abifitemo uruhare usibye Kayumba Nyamwasa.

Uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu ibura rya Ben Rutabana ryaje no kwigaragaza ubwo yirukanaga muri RNC abavandimwe be aribo Simeo Ndwaniye na Tabita Gwiza kubera kubaza ikibazo cy’umuvandimwe wabo ariko Kayumba Nyamwasa akabashinja gukoresha inama zitemewe, Tabita yari Komiseri w’abagore mu ntara ya Canada naho Simeon Ndwaniye akaba yarakuriye akarere ka Windsor. Ntibyarangiriye aho Jean Paul Ntagara na Achille Kamana nabo barabakurikiye. Ikibazo cya Rutabana cyaje kubera ihurizo rikomeye Kayumba Nyamwasa kugeza naho abo yashingaga kugisobanura nabo ubwabo babura icyo bavuga kubera ibimenyetseo byashyirwaga hanze n’umuryango wa Rutabana.

Bwa mbere abazwa ku kibazo cya Ben Rutabana, Kayumba yavuzeko adashobora kugira icyo atangaza kuberako idosiye yari muru kiko muri Uganda. Ariko ubwo yasubiraga kuri Radiyo rutwitsi Itahuka,Kayumba yashatse kwigira intama kandi ari ikirura avugako ibura rya Ben Rutabana ribabaje ariko ntiyagira icyo avuga kubyo umuryango we wamureze. Ahubwo yigize umuvugize wa Leta ya Uganda ko idashobora kuba ifite Ben Rutabana ndetse yishyiramo ibinyamakauru byo mu Rwanda harimo na Rushyashya ko tuvugira Ben Rutabana. Ubu Pastor Nyirigira nawe yakuwe ku buyobozi bwa RNC muri Uganda nyuma yuko nawe ahangayikishijwe nibura ry’umuhungu we Felix Mwizerwa wari kumwe na Ben Rutabana.

Rushyashya iramenyeshya Kayumba ko itigeze ivugira Ben Rutabana ahubwo ko iviga ibiriho ntanumwe ivuganira. Ben Rutabana yarigishijwe na Kayumba Nyamwasa ari munzira mu guhuza imitwe yitwara gisirikari itera u Rwanda; bose ni kimwe bakorera imitwe y’iterabwoba nuko Rushyashya tuvuga ibiriho. Aho kuvuga ikibazo cya Ben Rutabana, Kayumba Nyamwasa yagiye gutaka imandwa ye ngo ni Charlotte Mukankusi asigaye atuma hose, avuga ko RNC ifite ibibazo bisanzwe nyamara ahubwo biyijyana mu gisimu.

Mu bindi Kayumba Nyamwasa yumvikanye avugira u Burundi bumaze iminsi bufasha abahungabanya umutekano, yemeza ko avugana na Leta ya Bujumbura. Ntitwasoza iyi nkuru tutavuze ko Kayumba yavuze ko u Rwanda rugomba kurwanya Corona nkuko u Burundi buyirwanya. Birababaje!!!

2020-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025
Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania
Mu Rwanda

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru
ITOHOZA

Mu gatsiko kiyise « Amahoriwacu » ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona
Amakuru

Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona

Ubwanditsi 16 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru