• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Editorial 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu izina ry’abakomoka ku miryango yabishwe na Perezida Habyarimana rigashyirwaho umukono na Albert Bizindoli uhagarariye iyo miryango, bamaganye amagambo y’agashinyaguro yavuzwe na Yozefu Matata ataka Habyarimana ko yari umunyamahoro kandi ko yafashe ubutegetsi mu mahoro, bizwi neza ko yisasiye imbaga y’abantu cyane cyane abanyapolitiki n’abacuruzi bakomokaga mu cyitwaga Gitarama.

Ibyo Jozefu Matata yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Gaspard Musabyimana kuri Radiyo ye Inkingi ikorera kuri Internet aho yagize ati “….Perezida Habyarimana wenda wavugako yakoresheje intwaro ariko nta ntambara yabaye, ni ukuvuga ko ubutegetsi bwe bwaranzwe n’amahoro kuko na kudeta yayikoze mu mahoro ngirango hapfuye abantu bake, uretse abantu baje kugwa muri za gereza nyuma b’abanya Gitarama…”

Muri iryo tangazo Bizindoli arakomeza agira ati ‘’Byaradutangaje kandi biratubabaza, ni ryari umuntu nkawe yaje kwiyumvisha ko urupfu iyicarubozo by’abanyapolitiki, abasirikare, n’abandi bose baguye muri Gereza za Ruhengeli na Gisenyi nyuma ya kudeta, ari akantu gato kadakwiye guhabwa agaciro? Ese abishingira kuki”?

Matata utaka Habyarimana, yihisha mu gicucu cyuko ngo ari umuntu uharanira uburenganzira bwa Muntu nyamara agamije gukwirakwiza ibitekerezo bye bwite bishingiye ku rwango no gihakana Jenoside yakorewe abatutsi. Nyuma yo gutangaza ibi, abakomoka muri iyo miryango bariye karungu amakuru agera kuri Rushyashya nuko Matata ari gushaka inzira yanyuzamo agasaba imbabazi.

Ubwo Perezida Habyarimana yafataga ubutegetsi ku ngufu muri 1973, Abatutsi benshi barishwe abandi birukanwa mu mashuri no mu kazi, kuko icyuho cyabonekaga bahitaga bicwa, ndetse no mubo yitaga abanyenduga bakomokaga mu majyepfo abandi abafungira muri Gereza ya Ruhengeli; abenshi barishwe nuko mu mwaka wa 1985 atangaza ko abafunzwe bose bapfuye.

Abiciwe imiryango muri 1973 bari mu bihugu by’iburayi bateguye ibikorwa bitandukanye byo kwibuka ababyeyi, abavandimwe n’inshuti zabo, ariko abo bita abakiga bagize uruhare mu iyicwa ryabo ntibabyishimira. Abenshi mu banyapolitiki bishwe bari hagati y’imyaka 26 na 40.

Ibi Matata yavuze byo kweza Habyarimana n’agatsiko ke,  ni ibyiyongera mu byaha akora buri munsi bigamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Uruhare Leta ya Habyarimana yagize ntawe utaruzi dore ko Leta ye yatangiriye mu maraso isoreza mu maraso. Kimwe n’Abatutsi bishwe guhera 1959 kugeza 1973, imiryango yabo hamwe niya banyapolitiki ntabwo yari yemewe kuvuga iby’urupfu rwabo naho ubutabera abo baregaga nibo baregeraga.

 

2020-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 27 Oct 2020
Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Editorial 17 Mar 2018
Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu  ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]

Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]

Editorial 30 Aug 2018
“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 07 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa
Amakuru

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Editorial 25 Aug 2025
FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!
Amakuru

FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

Editorial 30 Oct 2024
Kongo Kinshasa igiye kohereza mu Rwanda Ntaganzwa ukekwaho Jenoside
Mu Rwanda

Kongo Kinshasa igiye kohereza mu Rwanda Ntaganzwa ukekwaho Jenoside

Editorial 01 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru