• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24 Kanama 2016, Umujyanama wihariye w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira ibyaha bya Jenoside, Adama Dieng, yasohoye itangazo ryamagana amagambo y’abayobozi b’u Burundi ndetse na CNDD FDD yagaragazaga guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ni nyuma y’amatangazo yacicikanaga umunsi ku munsi ashyizweho umukono na Nyabenda Pascal wari umukuru wa CNDD FDD akaba n’Umukuru w’inteko y’abadepite mu Burundi, cyane cyane mu itangazo ryasohotse tariki ya 16 Kanama 2016 ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari ibihimbano byakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bukureho ubutegetsi bwa MRND.

Tariki ya 28 Ukwakira 2017, Uwari uhagarariye u Burundi muri LONI ubu akaba ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi yasubiyemo ayo magambo avugako Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda itabayeho “Presume Genocide”. Ikigaragara nuko abahakana Jenoside mu Burundi bagororerwa. Pascal Nyabenda we yari ku rwego rwo kuba umukuru w’igihugu, naho Shingiro agororerwa kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga none na Gélase Ndabirabe uzwiho amagambo ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi niwe watorewe kuyobora Inteko ishinga amategeko.

Tubibutse ko u Burundi bucumbikiye bamwe mu bayobozi ba FDLR basize bahekuye u Rwanda ndetse bakaba barinjijwe mu nzego z’umutekano wicyo gihugu. Ikindi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi nyinshi z’Abarundi zageze mu Rwanda muri 1972 ndetse na 1993 zikaba zarakoreshejwe mu kwica Abatutsi ku buryo bw’ubugome bw’indengakamere. Aha twavuga nko mu Mayaga ya Ntongwe, U Bugesera ndetse na Ngoma. By’umwihariko impunzi z’Abarundi zari mu Mutara muri Ngarama zafatanyije n’interahamwe gutsemba Abatutsi ubwo zahungaga kuva Kiziguro, Karubamba. Mukarange, Kabarondo zisozereza umugambi wazo Nyarubuye mbere yo guhungira muri Tanzaniya none zikaba zaratashye I Burundi nta nkomyi.

Leta ya CNDD FDD yirirwa ivuga ko itabangamira abaturanyi, nyamara baha inzira abaza guteza umutekano muke mu Rwanda mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru duhana imbibi n’iki gihugu. Mu ruzinduko amaze iminsi agirira mu ntara zitandukanye zo mu gihugu cy’u Burundi, Perezida mushya wicyo gihugu General Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hakiri urugendo rurerure mu kuzahura umubano n’u Rwanda mu mvugo ye yuzuyemo gushinja ibinyoma u Rwanda ko rwafashe bugwate impunzi z’abarundi zimaze imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Mu ntara ya Kirundo iri mu majyaruguru y’igihugu cy’uburundi niho Jenerali Ndayishimiye yavugiye amagambo aca amarenga ko ntacyahindutse ku mubano w’ibihugu byombi utifashe neza kuva hatangira indyane za politiki mu gihugu cy’u Burundi aho uwari Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana mu minsi ishize yafashe umwanzuro wo kwiyamamariza manda ya gatatu ibintu byateje imvururu mu gihugu, Abarundi bagahungira mu Rwanda.

Mu gihe gisaga ukwezi amaze ku butegetsi benshi bari biteze impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi mu bisanzwe byakagombye kubana neza kuko hari byinshi bisangiye, mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu Kirundo yavuze amagambo ashotora u Rwanda aho yarugeraranije n’indyarya avuga ko rwafashe bugwate impunzi ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda nko muri Mahama kandi bizwi ko u Rwanda nta mpunzi rubuza gutahuka iwabo mu gihe zizejwe umutekano cyangwa se niba icyo bahunze cyararangiye nkuko amasezerano ya Geneve abivuga, bityo rero igihugu kigendera ku mategeko nk’u Rwanda nticyapfa guhubuka kugeza igihe icyo abo bantu bahunze kizakemuka burundu aho kugirango bizabazwe u Rwanda nyuma. Tuributsa Ndayishimiye ko umubare munini w’impunzi z’Abarundi zitari mu Rwanda ahubwo ziri muri Tanzaniya nizindi nyinshi ziri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.

Hari kandi n’ibindi bimenyetso byagaragajwe mu nkiko mu Rwanda bya bamwe mu bafatiwe mu mashyamba ya Kongo bari mu mutwe wa P5 wa Kayumba Nyamwasa ukuriye umutwe w’iterabwoba wa RNC bavuze ubufasha bahawe na leta y’u Burundi kugirango bahungabanye umutekano w’u Rwanda, aho twavuga nka Maj (Rtd) Mudathiru ndetse n’abandi bari mu itsinda rye bafatiwe muri Kongo! Ibi kandi byagarutsweho na raporo ry’itsinda ry’impuguke za LONI ko umutwe wa P5/RNC ufite ibikorwa bya gisirikari mu burasirazuba bwa Kongo unyuza abarwanyi n’intwaro mu Burundi ndetse hakaba hari izo bahawe nicyo gihugu.
U Burundi bureke kuba nka wa mwana murizi udatorwa urutozi, aho buteza umutekano muke mu Rwanda hanyuma bukavuga ko aribwo bubangamiwe n’u Rwanda.

2020-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Jan 2019
Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Mahama: Imirambo y’impunzi z’Abarundi zatwawe n’Akagera zagiye gutashya ikomeje kubura

Ubwanditsi 24 May 2018
Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa
ITOHOZA

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 11 May 2016
Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso
Amakuru

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Ubwanditsi 29 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru