• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iri shyirahamwe “Génération Paul Kagame”, rimaze amezi make rivutse, ariko rimaze kugira abasore n’inkumi babarirwa mu bihumbi, mu ntara zose zigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Aganira na Televiziyo MNCTVCONGO, Umuyobozi waryo Rames MWENZE NKULU yavuze ko bahisemo izina rya Perezida w’uRwanda kubera indangagciro bamubonamo, ngo bakaba bifuza ko, nk’imbaraga z’igihugu, bazifashisha bubaka Kongo itekanye, ikorera mu mucyo kandi ituwe n’abaturage bafite imyumvire n’imibereho myiza, nk’uko Paul Kagame abiharanira mu Rwanda, kandi bikaba bitanga umusaruro ugaragagarira buri wese ushyira mu gaciro.

Iri shyirahamwe rifite icyicaro ahitwa LIKASI muri Haut-Katanga,ariko rikaba riteganya kucyimurira mu murwa mukuru, Kinshasa, ngo kuko aribwo ibikorwa byaryo byamenyekana kurushaho. Ubu rero riri mu bukangurambaga mu gihugu hose, rishishikariza cyane cyane urubyiruko gutera ikirenge mu cya Perezida Kagame, ngo kuko ari uburyo bwiza bwo kwihuta mu iterambere, kurwanya ruswa n’akarengane, kugira uruhare mu bibakorerwa kandi bakabaza abayobozi uko buzuza inshingano bahawe n’abaturage. Rames Nkulu yavuze ko iyo urebye aho uRwanda rwavuye n’aho rugeze ubu, nta gushidikanya ko rubikesha umugabo w’ibikorwa, Paul Kagame. Yakomeje asobanura ko we na bagenzi be bishimira uburyo umubano hagati y’uRwanda n’igihugu cyabo uhagaze neza, nabyo bakabibonamo andi mahirwe yo gushyikirana n’Abanyarwanda, bagahahirana, bakajya inama mu mahoro n’umutekano.

Mu bikorwa “Génération Paul Kagame “ imaze gukora kandi ngo izageza mu ntara n’imijyi yose igize RDC, harimo gutoza abanyekongo umuco w’isuku ku mubiri, aho batuye, aho bakorera n’aho bagenda, intego ari ukugera ku isuku irangwa muri Kigali no bindi bice by’uRwanda. Magingo aya barafatanya n’abandi baturage mu bikorwa rusange, twagereranya n’umuganda ukorwa mu Rwanda.Bararemera abafite intege nkeya,aho bashakira igishoro abafite ubushake bwo gukora, ariko bakabura amikoro.

Ababijjwe niba ibikorwa byabo bitazabangamirwa n’ imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’indi yagize Kongo indiri yayo, kandi yanga umuntu wese wavuga neza uRwanda na Perezida warwo, umuyobozi wa “Génération Paul Kagame”, yavuze ko iyo mitwe igenda itakaza imbaraga ku buryo bugaragara,kandi inzego z’umutekano muri Kongo zikaba zishyigikiye ibikorwa by’ishyirahamwe ryabo. Ikindi ngo iyo ibikorwa byawe bishingiye ku kuri, ababishyigikira baba benshi kurusha abagerageza kubikoma mu nkokora.

2020-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri

Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri

Ubwanditsi 10 Sep 2025
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi
Uncategorized

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya
Mu Rwanda

Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru