• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Ubwanditsi 18 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mugore Carolyn Maloney uri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yari aherutse kwandikira Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, asa n’umutegeka gufungura Paul Rusesabagina, no kumusubiza muri Amerika!Ibi abenshi babibonyemo kwitiriranya uRwanda n’ibindi bihugu byemera gupfukama, bikayoborwa na poltiki ya “cishwa aha”.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi bashubije Carolyn Maloney ,bamubwira ko uRwanda atari insina ngufi icibwaho urukoma n’ubonetse wese, kandi ko igihe cyo gushyirwaho igitutu n’iterabwoba Abanyarwanda bakirenze. Guverinoma y’uRwanda ibinyujije muri Ministeri y’Ubutabera nayo yandikiye Carolyn Maloney, imwibutsa ko ubutabera bw’uRwanda bwigenga, bukaba budakeneye ubuha amabwiriza uwo yaba ariwe wese. Iyi nyandiko yashyizweho umukono na Minisitiri Johnson Busingye, irasobanurira Madame Maloney ko Paul Rusesabagina atashimuswe nk’uko hari abahwihwisa, kuko indege yamuzanye mu Rwanda ariwe wayitegeye ubwe.

Ageze i Kigali rero atabwa muri yombi, hakurikijwe impapuro mpuzamahanga zimushakisha, ubushinjacyaha Bukuru bw’uRwanda bwashyize ahagaragara mu mwaka wa 2018. Carolyn Maloney yibukijwe ko Paul Rusesabagina akurikiranyweho ibya by’iterabwoba kandi bifitiwe ibimenyetso, nawe ubwe atashoboye guhakana kugeza ubu. Bimwe muri byo, harimo ibitero umutwe w’inyeshyamba , FLN ,yari ayoboye wagabye ku butaka bw’uRwanda,bikica abaturage 9 b’inzirakarengane abandi bagashimutwa, ibyabo bikangizwa ibindi bigasahurwa. Ibi rero nk’uko iyi baruwa ibivuga, ni ibikorwa by’iterabwoba, ndetse muri video n’ubu ikiri kuri Youtube, Rusesabagina yiyemereye ko izo nyeshyamba ari ize, anashishikariza rubanda kuzishyigikira.

Mu gusoza, Guverinoma y’u Rwanda yabwiye Carolyn Maloney ko urubanza rwa Paul Rusesabagira ruzatangira tariki 26 Mutarama 2021, imusaba gutegereza imyanzuro y’urukiko. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ntiyahwemye kwibutsa amahanga ko politiki ya mpatsibihugu itagishoboka ku Rwanda, rutagikorera ku mabwiriza y’abishuka ko ari abanyamaboko.Maloney Carolyn ari mu bakiri ingumba z’amatwi.

2020-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Ubwanditsi 20 Jul 2019
Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe  Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Ubwanditsi 15 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucamanza urekura abajenosideri  batarangije ibihano yongerewe manda
INKURU NYAMUKURU

Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.
Amakuru

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane
Mu Mahanga

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Ubwanditsi 17 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru