• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Ubwanditsi 14 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “ibijya gushya birashyuha”. Abakurikiraniye hafi ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Uganda kuva bitangiye mu Gushyingo umwaka ushize, batewe ubwoba n’ ubwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi byibasiye ku mugaragaro abahanganye na Perezida Museveni, cyane cyane umukandida ukomeye, Robert Kyagulanyi bakunze kwita Bobi Wine.

Guhutaza abatavuga rumwe na NRM iri ku butegetsi, byabaye nk’ibica amarenga y’uko ibintu bizagenda mu matora nyirizina na nyuma yayo, kuko bigaragara ko abashyigikiye Museveni bazakoresha imbaraga z’umurengera ngo babangamire abarambiwe ubutegetsi bwe bumaze imyaka 35 bwica bugakiza muri Uganda. Mu gihe Museveni rero yatangaza ko ariwe watsinze nk’uko byitezwe, abatavuga rumwe nawe barangajwe imbere na Bobi Wine nabo biraboneka ko bazateza ubwega bavuga ko bibwe insinzi, kuko bamaze kwizera ko abaturage bazabahundagazaho amajwi.

Kuvuga ko bibwe kandi bishobora kuzemerwa na benshi, dore ko aya matora asa n’abereye mu muhezo, nyuma y’uko indorerezi nyinshi, zidafite aho zibogamiye, zimwe uburenganzira bwo kwinjira muri Uganda. Mu rwego rwo kubangamira ikintu cyose cyashyira ukuri hanze kandi, ubutegetsi bwahagaritse itumanaho rya “internet” mu gihugu hose, ndetse telefoni zigendanwa na mudasobwa ni ikizira ahabera amatora.

Ku munsi ubanziriza amatora, mu mihanda y’umurwa mukuru Kampala no mu yindi mijyi ikomeye ya Uganda, hagaragaye abasirikari ibihumbi  n’ibimodoka by’intambara byinshi, ubutegetsi bukavuga ko ikigamijwe ari ukurinda umutekano mu matora. Nyamara abaturage bumvikanye mu itangazamakuru bamagana iryo terabwoba, banavuga ko ritazababuza gutora umukandida wabo Bobi Wine, ngo kuko ariwe  uzasubiza mu buryo ibyo Museveni n’agatsiko ke bazambije.  Aha rero niho abasesengura ibibera muri Uganda bafitiye impungenge, ko amaraso ashobora kumeka muri icyo gihugu, ndetse bizanarushaho kuba bibi ugerereranyije n’ibyabaye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Perezida Museveni w’imyaka 76 ariyamamariza kuyobora Uganda muri manda ye ya 6. Kuri iyi nshuro ahanganye n’abakandida 10, barimo Bobi Wine w’imyaka 38 y’amavuko, bivuze ko Museveni yafashe ubutegetsi Bobi Wine afite imyaka 3 gusa.  Robert Kyagulanyi a.k.a Bobi Wine usanzwe ari n’umudepite, ashyigikiwe cyane n’urubyiruko ndetse na rubanda rugufi, bashinja ubutegetsi bwa Museveni kumungwa na ruswa, gukenesha abaturage no gutonesha abamukomera amashyi gusa.

 

2021-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jul 2023
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

Ubwanditsi 30 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano
POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018
ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 28 Mar 2018
Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi
ITOHOZA

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru