• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Ubwanditsi 11 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, hirya no hino ku mugabane w’Afurika hakinirwaga imikino ifungura amatsinda y’irushanwa nyafrika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation, riri gukinwa ku nshuro ya 18.

Mu makipe 16 agabanyije mu matsinda ane, harimo amakipe atatu ari gukina amatsinda ku nshuro yayo ya mbere, Namungo yo muri Tanzaniya yageze mu matsinda isezereye igihangange Primeiro de Agosto yo muri Angola, Napsa Stars yo muri Zambiya yasezereye Gor Mahia na ASC Jaraaf yo muri Sénégal ikaba ari nayo kipe ya mbere yo muri iki gihugu ikinnye amatsinda ya CAF Confederation Cup.

CS Sfaxien na Etoile Sportive du Sahel zo muri Tuniziya niyo makipe amaze gukina imikino y’amatsinda inshuro nyinshi kuko bari gukina inshuro ya munani, CS Sfaxien niyo ibitse ibikombe byinshi (3) mu gihe RS Berkane ibitse igikombe giheruka irimo gukina amatsinda ku nshuro ya kane yikurikiranya.

Al Ahly Benghazi yo muri Libya niyo kipe imwe rukumbi yabashije kubona igitego hanze y’ikibuga cyayo, mu gihe ES Sétif (Entente sportive sétifienne) ariyo kipe yari mu rugo itabashije kubona intsinzi gusa nayo yakiriye Orlando Pirates yo muri Afrika y’epfo kuri stade mpuzamahanga y’i Accra muri Ghana, kubera ubwoko bushya bwa COVID-19 bwagaragaye muri Afrika y’epfo butuma nta mugenzi uva muri iki gihugu wemerewe kwinjira muri Algeria.

Uko imikino yagenze muri rusange:

▪️ Itsinda A

E S Sétif 0-0 Orlando Pirates
Enyimba 2-1 Al Ahly Benghazi
Ibitego bya Enyimba byatsinzwe na Austin Oladapo ku munota wa 9′ na Victor Mbaoma ku munota wa 43′ mu gihe kimwe cya Al Ahly Benghazi cyabonetse kuri penaliti gitsinzwe na Abdallah Imhamed ku munota wa 17′.

▪️ Itsinda B
JS Kabylie 1-0 Coton Sport
Muri uyu mukino hafashwe umwanya wo kwibuka umunya-Cameroon Albert Ebossé Bodjongo wakiniye aya makipe yombi, yitabye Imana kuya 23/08/2014 azize ikintu bivugwa ko yatewe n’abafana ba JS Kabyile bari barakaye, nyuma yo gutsindwa na USM Alger 2-1.

Igitego cya Badredine Souyad cyo mu munota wa 88′ n’icyo cyahesheje JS Kabylie yo muri Algeria imbere ya coton sport yo mur Cameroon.

RS Berkane 2-0 Napsa Stars
RS Berkane yo muri Maroc yatsindiwe na Zakaria Hadraf ku munota wa 12′ na Mouhsine Lajour ku munota wa 44′.

▪️ Itsinda C
CS Sfaxien 1-0 Salitas FC
Club Sportif Sfaxien yo muri Tuniziya yatsinze igitego kuri penaliti yatweyneza na Aymen Harzi ku munota wa 77′, Salitas yo muri Burkina Faso inanirwa kukishyura.

E S Sahel 2-0 ASC Jaraaf

Etoile du Sahel yo muri Tuniziya yatsindiwe na Hamza Lahmar ku munota wa 65′ n’uwa 90′ kuri penaliti

▪️ Itsinda D
Pyramids FC 3-0 Nkana FC

Pyramids FC ikipe yo mu Misiri yatsindiwe ku mukino wa nyuma uheruka yatsindiwe na Mahmoud Wadi ku munota wa kabiri, Issam Issa ku munota wa cyenda na Mohamed Farouk ku munota wa 90′.

Raja Casablanca 1-0 Namungo FC

Raja Casablanca yageze muri ½ cya CAF Champions League iheruka, yananiwe gukomeza mu matsinda ya CAFCL y’uyu mwaka imanuka muri iyi mikino, ni mugoroba yatsindiwe na Soufiane Rahimi wabaye umukinnyi mwiza wa CHAN iheruka kubera muri Cameroon, yatsinze kuri penaliti ku munota wa 54′, Haruna Shamte wa Namungo yabonye ikarita itukura.

Imikino ya kabiri y’amatsinda izagaruka kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 17 Werurwe 2021.

2021-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United
IMIKINO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri
Amakuru

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru