• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Ubwanditsi 29 Mar 2021 Amakuru, Mu Mahanga, POLITIKI

Jenoside si icyaha gikorerwa icyiciro cy’abantu runaka gusa, ahubwo ni icyaha ndengakamere gikorerwa inyoko muntu aho iva ikagera. Bisobanuye ko ari inshingano y’abatuye isi bose gukumira Jenoside,kuyihagarika, no guhana abayigizemo uruhare bose.

Nyamara iyo urebye imitekerereze n’imyitwarire y’amahanga ku birebana na Jenoside yakorewe Abatutsi, usanga umuryango mpuzamahanga wararetse ngo Abanyarwanda babage bifashe, abapfa bapfe, abakira bakire,  binyuranye na rya hame ko Jenoside ari icyaha gikorerwa isi yose.

Iyi Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe isi yose irebera, ishyirwa mu bikorwa nta n’umwe uhagurutse ngo ayirwanye cyangwa nibura ayamagane,  ahubwo  bamwe bayigiramo uruhare rugaragara, kugeza n’aho bahungishirije abajenosideri, bakanabakingira ikibaba ngo badahanwa. Abanyarwanda baratereranywe, ariko mu butwari bwabo bashobora guhagarika Jenoside no guhangana n’ingaruka zayo. Niba byagarukiraga aha gusa, ariko amahanga ntakomeze gutoneka ibikomere by’aho Jenoside yagizeho ingaruka  zikomeye.

Nibyo, ngo ”nyir’umupfu niwe ujya ahanuka”, kandi “ak’imuhana kaza imvura ihise”. Ariko se ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abayahudi isi yose yari yarahiye ko nta jenoside izongera kuba ukundi, u Rwanda ntiruba ku isi? Ko amahanga yahagurukiye guhana abagize uruhare mu gutsemba Abayahudi, kuki abatsembye Abatutsi bo bakidegembya? Ese ibi si rya ronda ruhu, aho icyaha gikorewe umwirabura  gifatwa nk’igisanzwe, nyamara cyakorerwa umuzungu kikitwa indengakamere?

Biratangaje kubona nyuma y’imyaka 27 abajenosideri bakidegembya mu bihugu birimo n’ibyigize abarimu b’uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Imyaka ibaye akangari Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bushyize ahagaragara impapuro mpuzamahanga zisaba gushyikiriza ubutabera ababarirwa mu 1.100 abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi  , Nyamara ibyo bihugu 33 barimo byavuniye ibiti mu matwi.

Mu myaka 14 ishize abajenosideri 46 gusa nibo bagejejwe  mu butabera, mu gihe  hari abasaga 400 bibereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, hafi 300 bari mu buzima buryoshye muri Uganda, 52 bariturije muri Tanzaniya, n’abandi benshi batuye mu bihugu  nka Malawi, Zambia, Uburundi, Kenya, Mozambike, Kongo-Brazzaville, Gabon, Cameroun n’ahandi  bikorera imirimo ibinjiriza agatubutse nta nkomyi.

Hari kandi n’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafite icyo bikanga bari muri bya bihugu “byakataje mu kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu”. Abakabakaba 50 bahawe ikaze mu Bufaransa, 40 mu Bubiligi n’abandi benshi mu Bwongereza, Canada , Ububolandi, Leza Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi.

Ikibabaje kurushaho, ni uko abo bajenosideri bagombye kuba bararyojwe ibyo bakoze, ahubwo bahawe rugari ngo bapfobye, bahakane Jenoside bagizemo uruhare, banareme imitwe y’iterabwoba igamije gukomeza Jenoside basize badashoje. Muzumva mu Bubiligi abibumbiye mu kiswe”JAMBO Asbl”, kigizwe n’abakomoka ku bahekuye u Rwanda.

Abatuye muri Amerika nka Prudence Rubingisa n’abandi batabarika bivugira ko bari muri FDLR, inyeshamba ziganjemo abajenosideri ruharwa. Muzumva abantu 5 birirwa batukanira mu Bwongereza, kandi iki gihugu cyarabwiwe kenshi ko gicumbikiye abajenosideri. Abo bose bigize intama kandi ari ibirura.Ni abicanyi bigize impirimbanyi za demukarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ibihugu bidegembyamo bimaranye imyaka impapuro mpuzamahanga zo kubashyikiriza inkiko.

Uretse Abanyarwanda bagombye kuba baraburanishijwe ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi , hari n’abanyamahanga bakabaye barahaniwe kuyipfobya no kuyihakana. Nyamara nabo bahawe umwanya bagoreka amateka bivuye inyuma, nta no kwikanga amahame n’amategeko mpuzamahanga arwanya icyaha cya jenoside, ndetse ibihugu byabo byashyizeho umukono. Abo ni nk’Umufaransakazi Julie d’Andurain, Umubiligi Filipp Reyntjens, Abanyamerikakazi Michella Wrong na Judi Rever, Umuhindi wigize Umwongereza Anjan Sundaran, Umukongomani  Patrick  Mbeko n’abandi babaye imizindaro y’abajenosideri.

Mu gihe rero twibuka ku nshuro ya 27 abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, turinginga amahanga ngo areke gukomeza gutoneka ibikomere byacu, ahubwo agire ubutwari bwo kwitandukanya n’ikibi. Komisiyo Duclert iherutse kugaragaza uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagombye  kuba umusingi wo gushyikiriza inkinko Abafaransa n’Abanyarwanda bakekwaho icyo cyaha, ntibakomeze kwirarika no kwitwara nk’abere. Raporo y’iyo Komisiyo yagombye gufasha n’ibindi bihugu kwikebuka, bikareba niba byo ari miseke igoroye mu kibazo cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

 By’umwihariko ku bihugu by’Afrika, cyane cyane  ibyo mu karere u Rwanda rurimo, uyu ni umwanya mwiza wo kwerekana ko uyu mugabane ushobora kwishakamo ibisubizo no  kubaka ubufatanye, aho kwirirwa biboroga ngo Abanyaburayi n’Abanyamerika bakandamiza Abanyafrika, kandi nabo ubwabo barananiwe kubana kivandimwe. Birenge ni wowe ubwirwa!!

 

2021-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League

RUSHYASHYA 16 Apr 2026
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Abasore batanu bafunzwe na Polisi kubera icyaha cy’ubwambuzi bushukana

Abasore batanu bafunzwe na Polisi kubera icyaha cy’ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

RUSHYASHYA 15 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF
Mu Mahanga

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018
“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa
INKURU NYAMUKURU

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Ubwanditsi 22 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru