• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza, hashingiwe ku buhamya bw’abakozi ba Amnesty International ndetse n’ibindi bimenyetso byakusanyijwe hirya no hino ku isi, kiragaragaza uwo ”Muryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu” nk’urugero rubabaje rw’imiryango ahubwo ihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, cyane cyane abakomoka mu bwoko bw’abirabura.

Ibi ngo bigaragarira mu byegeranyo Amnesty International isohora, aho yibasira cyane cyane ibihugu byo muri Afrika, nyamara ikarenza ingohe amarorerwa akorwa n’ibihugu by’iBurayi na Amerika, haba imbere muri ibyo bihugu, haba n’ibyo bikorera ku yindi migabane.

Ibi rero ngo bishingira ku muco Amnesty International yimakaje wo kwanga urunuka abirabura, no gutonesha bikabije abafite uruhu rwera, ni ukuvuga abazungu. Ibi birahura neza n’ibyagiye bivugwa n’abandi bashakashatsi ndetse n’abayobozi bakomeye ku isi, banenga cyane Amnesty interanational kubera bogama, igashinja ibinyoma ibihugu bikennye, bizira gusa ko bituwe ahanini n’abirabura.

Abakozi ba Amnesty International n’abahoze ari bo, banabwiye The Guardian ko abirabura bakorera uwo Muryango bapyinagazwa cyane haba mu guhembwa haba no kuzamurwa mu ntera. Abirabura kandi ngo usanga nta jambo bahabwa ku byereranyo Amnesty International itegura, kandi ahanini aribo boherezwa aho rukomeye nko mu bice by’isi birimo intambara, n’ahandi baba bashobora gusiga ubuzima. Umwuka mubi uranga Amnesty Interantional, cyane cyane ishami ryayo ryo mu Bwongereza, watumye mu mwaka wa 2019 abakozi 2 b’abirabura biyahura, abandi barahungabana bikomeye. Abagerageje kwamagana iyi mikorere ngo bagiye birukanwa, bagasimbuzwa abazungu, kenshi ngo batanarusha ubushobozi n’uburambere abirabura birukanwa by’amaherere.
Ikindi The Guardian yagarutseho ni ruswa yakunze kuvugwa mu miryango mpuzamahanga nka Amnesty Interational na Human Rights Watch, aho abatangabuhamya bashinje iyi miryango kwakira igiturire, haba mu gutanga akazi, haba no mu gukora ibyegeranyo ku burenganzira bwa muntu.

Amakuru yahawe The Guardian ngo ahamya ko ibihugu bikize, uretse ko binatoneshwa kubera ko bituwe n’ab’uruhu rwera, ngo binatanga inyoroshyo, kugiranyo iyi miryango ikingire ikibaba ubwicanyi, iyicarubozo, ivanguramoko, ubugizi bwa nabi bushingiye ku madini, ibyo bihugu bikungahaye ku isi bikora. Icyakora ngo hari n’amarangamutima iyi miryango igenderaho,(nabyo bifatwa nka ruswa), aho usanga bikoma ubwoko runaka cyangwa ubuyobozi bw’igihugu runaka, maze iyo miryango ikabaharabika, igamije gusa kwangiza isura yabo.

Impuguke zakomeye kurega iyi miryango kwirengagiza ukuri, ahubwo bigashinja ibinyoma ibihugu bigerageza kurwanira agaciro kabyo.Urugero ni amahano ibihugu bikize bikorera Abinyafrika n’Abanyaziya bajya gushakira imibereho i Burayi, bakarohwa mu nyaja ya Mediterane.

Ubwicanyi bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika bakora muri Libiya, Afghanistani, Irak, Iran, Syria n’ahandi henshi hitwajwe kurwanya iterabwoba, maze abana n’abagore bakicwa ku bwinshi. Ibyo byose Amnesty International na Human Rights Watch bibirenza amaso cyangwa bikabikomozaho bya nyirarureshwa, nyamara byagera ku ifatwa ry’abagizi ba nabi nka Paul Rusesabagina bigasya bitanzitse, biziza uRwanda guharanira ubutabera n’umutekano warwo.

Mu by’ukuri rero Amnesty Interational na Human Rights Watch bisigaye bifatwa nk’igikangisho cya politiki, cyangwa uburyo bushya bwo gukoloniza ibihugu bikennye, cyane cyane ibyo muri Afrika, Aziya na Amerika y’ Amajyepfo. Nyamara nk’uko byakomeje gugaragazwa bikanashimangirwa na The Guardian, iyi miryango ntikwiye gutanga amasomo y’uburenganzira bwa muntu, kuko natwe utanga icyo adafite. Mbere yo gutokora ijisho ry’abandi ijye ibanza irebe umugogo uri mu ryayo.
URwanda ni kimwe mu bihugu iyi miryango yibasira,ariko amateshwa yayo amaze kuba indirimbo ya buri munsi itagira inyikirizo.

U Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo rwahisemo gukora ibyiza ku nyungu rusange z’Abanyarwanda, rutagamije gushimisha cyangwa kubabaza Amnesty Interantional na Human Rights Watch n’abandi basa nabyo.

2021-04-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2023
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018

Gen MK Mubarakh Muganga yasuye APR FC yitegura guhura na Police FC muri shampiyona y’u Rwanda

RUSHYASHYA 20 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru