• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inkuru yabaye kimomo muri iyi minsi muri Uganda, niya Archeveque Stanley Ntagali wari umukuru w’itorero ry’Anglikani muri Uganda aho yasabye imbabazi muruhame kubera ibyaha by’ubusambanyi.

Ntagali yemeye ko yasambanaga na Judith Tukamuhabwa umugore wumwe mu bapasiteri akaba yarabyemereye imbere y’abasenyeri b’abangilikani, bamwe mu bapadiri ndetse n’abakirisitu bari bateraniye muri Katedarali ya Namirembe.

Ubwo yatangaga ubuhamya, Ntagali yavuze ko nubwo yari akomeye mu kwemera guhera muri 1974 ubwo yakizwaga, yaje kugwa mu byaha. Yemeje ko mbere yo kuza murusengero yabanje gusaba Imana imbabazi mu isengesho yakoze, bityo asaba n’abantu bose kumubabarira.
Archeveque Ntagali yagize ati “ Ku munsi wa Noheli muri 1974, nk’umusore wari ukiri muto, ubuzima bwanjye nabuhariye Imana, kandi ndacyakunda Imana kuko nayo inkunda. Birababaje kuba naraguye mu cyaha cy’ubusambanyi nkaba nsabye Imana imbabazi ndetse n’urusengero muri rusange.

Abavandimwe banjye dusangiye inshingano mbasabye imbabazi, nsabye imbabazi kandi umuryango wa Pasitoro Christopher n’umugore we Judith. Ndashaka gukomeza kuba iruhande rwawe Nyagasani”

Nyuma y’ijambo rye rigufi, Ntagali yahobewe n’Archeveque Stephen Kazimba Mugalu wamusimbuye mu gihe abandi basenyeri bamukomeraga amashyi asubira mu byicaro bye. Archeveque Kizimba yakiriye ukwihana kuwo yasimbuye aho yavuze ko iyo usabye imbabazi ubikuye ku mutima Imana ikubabarira.

Amakuru y’ubusambanyi bwa Archeveque Ntagali bwatangiye kujya hanze mu kwezi kwa mbere uyu mwaka ubwo yahagarikwaga na Archeveque Kazimba mu bikorwa by’itorero aho yavuze ko ubusambanyi n’ubutinganyi ari icyaha bityo ababikora batagomba kugaruka mu mirimo y’itorero.

Ntagali yabaye uwa munani mu kuyobora itorero ry’Angilikani muri Uganda kugeza tariki ya 1 Werurwe 2020 igihe yagezaga ku myaka 65 kandi uyigezeho agomba gusimburwa. Mu gihe yari akuriye Angilikani muri Uganda yose, yari na Musenyeri wa Kampala akaba mbere yari Musenyeri wa Diyosezi ya Masindi-Kitara kuva mu mwaka wa 2004 kugeza 2012.

2021-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Ubwanditsi 10 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame
ITOHOZA

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Hakizimana Muhadjiri yagarutse muri Police FC, ni nyuma yo gutandukana na AlKholood FC yo muri Saudi Arabia
Amakuru

Hakizimana Muhadjiri yagarutse muri Police FC, ni nyuma yo gutandukana na AlKholood FC yo muri Saudi Arabia

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma
HIRYA NO HINO

Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma

Ubwanditsi 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru