• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Ubwanditsi 10 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Amakuru aturuka imbere mu nda ya wa mutwe w’iterabwoba RNC, aravuga ko uburakari ari bwose mu bayoboke bayo, bakomeje gushinja Kayumba Nyamwasa uruhare mu mfu za hato na hato za bagenzi babo.

Intandaro y’aya macakubiri mashya ni urupfu rw’uwitwa Gabriel Kanyangoga warogewe mu mujyi wa Cape Town muri Afrika y’Epfo, bikavugwa ko uburozi bwamuhitanye bwavuye kwa Evode Ntwari ariko nawe abuhawe na muramu we, Kayumba Nyamwasa.

Gabriel Kanyangingo yigeze kuba umujyanama wa RNC, ariko agakunda gushinja Kayumba Nyamwasa kugirira nabi abanenga imikorere ye, kurigisa imisanzu basaruza mu mpunzi ngo bari ku rugamba, no kutagira umurongo ufatika wa politiki. Kanyangingo yagiye yumvikana asaba Kayumba Nyamwasa kwegura, ndetse binamuviramo kwamburwa uwo mwanya yari afite mu ishyaka ry’ibigarasha.

Hari ibigarasha byabanaga na Kanyagoga muri Afrika y’Epfo byahishuye ko ngo yabibwiye ko Nyamwasa ashaka kumwica, ndetse akaba yari yaranabimenyesheje abashinzwe umutekano muri icyo gihugu. Aha rero niho abayoboke b’icyo kiryabarezi bahereye batsa umuriro kuri Kayumba Nyamwasa bavuga ko Kanyangusho agiye mu mubare w’abo Nyamwasa yivuganye. Bavuga ko Evode Ntwari na Kayumba Nyamwasa basanze kwica Kanyangoga atezwe igico bitazashoboka kuko yari yaramaze kwishinganisha, bahitamo gukoresha uburozi.

Iki cyuka cy’amacakubiri no kwishishanya muri RNC kije gushyira ibintu irudubi, kuko gisanze n’ubundi Nyamwasa na muramu we Ntwari batarebwa neza n’ibindi bigarasha, cyane cyane nyuma y’aho Ben Rutabana aburiwe irengero, nabyo bigashinjwa abo bagabo bombi.

Uyu Ben Rutabana na mushiki we Gwiza Thabita bari mu mubare w’ibigarasha bitari byishimiye imikorere ya Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke, ari nabyo byaviriyemo Rutabana kurigiswa, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa na Gen. Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi muri Uganda. Ngibyo rero iby’ibigarasha ngo bishaka kuyobora uRwanda nabyo ubwabyo bitiyoboye.

2021-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye
ITOHOZA

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe
Mu Rwanda

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017
‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame
Mu Mahanga

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru