• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Nyuma y’aho inkuru ibereye kimomo ko imperuka Tewonesiti Bagosora yateguriye abatutsi nawe ishyize ikamugeraho, amarangamutima y’abantu banyuranye ubu niyo yuzuye ku mbuga nkoranyambaga.

Bamwe bati:”Najye gukomereza igihano mu muriro utazima”, abandi bati”: “Nyina abuze umwana,natwe tubuze umwanzi”, ibi bikaba bigaragaza ko ibikorwa bya Col Bagosora byamugize igicibwa mu bantu bashyira mu gaciro.

Nyamara ariko hari n’abashenguwe n’urupfu rw’uwo mugizi wa nabi wahekuye u Rwanda n’inyoko-muntu muri rusange. Nta gitangaje ariko kubona abajenosideri n’ababashyigikiye baririra “intwari” yabo nk’uko bamwitaga. Birumvikana impuzamugambi zifatana mu mugongo iyo imwe muri zo iguye Igihugu igicuri nk’uko bigendekeye Col Bagosora.

Mu bababajwe cyane n’urupfu rwa”Hitler” w’Umunyarwanda, harimo ba bandi n’ubundi bahora bagaragaza urwango rukomeye ku Rwanda, nka Nadine Kasinge wo muri ya guverinoma ya Padiri Thoma Nahimana.Uyu Kasinge yashimiye Bagosora kuba “ yarahagaze bwuma kugeza ku munota wa nyuma”.

Hari kandi Umubiligi Peter Verlinden n’umugore we Marie Bamutese, hakaba n’ Umunyakanada John Philipot. Aba bo ,“babikuye ku mutima”, bihanganishije umuryango wa Bagosora, bavuga ko “..hapfuye intwari n’umugabo witangiye abaturage n’Igihugu cye.”

Undi ni Umunyamerika Peter Erlinder, we usanga Col Bagosora yaragizwe umujenosideri kandi ari umuziranenge. John Philpot na Peter Erlinder ni bamwe mu banyamategeko baburaniye abajenosideri mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda Mu miburanire yabo batsimbaraye ku kwemeza ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yabayeho, ko ahubwo mu Rwanda amoko yasubiranyemo, nabyo bitewe na FPR yahanuye indege ya Perezida Habyarimana.

Wasangaga aho kunganira abakiliya babo mu mategeko, ahubwo baragotomeye ingabitekerezo ya jenoside nk’iy’abo baburaniraga. Nta gitangaje rero bababajwe n’urupfu rw’inkoramutima yabo, yanabafashije kwirira ibifaranga by’Urukiko rw’Arusha, mu rubanza rwamaze imyaka 15 baruhanya ngo bakomeze bisarurire inoti bazagabana n’umuryango wa Col Bagosora.

Mu batangaje abantu ahubwo, ni abagaragaje ko bababajwe cyane n’urwo rupfu, kandi bitwa ko barokotse Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa na Col Bagosora na bagenzi be.

Muri harimo Clarisse Kayisire wiyita”Ariane Mukundente” yiyoberanya ngo abone uko ashyanuka ku mbugankoranyambaga, Etienne Masozera umaze kwamamara mu baharabika u Rwanda, Christophe Shamukiga, mwene Charles Shamukiga wazize ubugome bw’agatsiko ka Col Bagosora, hakabamo n’abandi utatekereza ko baririra uwabahekuye.

Uyu Christophe Shamukiga wahunze u Rwanda kubera ubwambuzi yakoreye abantu banyuranye, ariko aho kwicuza ubwo buhemu, yahisemo gutatira igihango no gutagatifuza abicanyi.

Iyo usesenguye neza, usanga abenshi mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bababajwe n’urupfu rwa Col Bagosora ari abayoboke ba cya “Gicumbi” gicumbikiye ab’imyumvire icuramye. Usanga n’ubundi ari bo babaye intyoza mu gutuka FPR-Inkotanyi yabatabaye, none bageze n’aho basingiza uwabatabye.

Imitekerereze yabo usanga ipfobya cyane Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bemeza ko”urupfu ari nk’urundi” aka ya ndirimbo yabo na Kizito Mihigo. Kuri bo uwishwe n’urw’ikirago nka Bagosora aba ari kimwe n’inzirakarengane yishwe gusa kuko ari Umututsi.

Undi watunguranye ni uwitwa, Irena Uwonkunda uherutse no kugirirwa Icyizere akagirwa “Umuyobozi ushinzwe Imirire Iboneye” mu kigo cyo guteza imbere imirire n’imikurire mu bana, NCD. Kuba Uwonkunda ari umukobwa wa Dr AKINGENEYE wari umuganga wa Perezida Habyarimana, ubundi ntibyamubuza kugirirwa icyizere nk’abandi Banyarwanda bazima.

Icyakora biraboneka ko ntaho ataniye n’abo muri “Jambo ASBL”,baharanira gutagatifuza ababyeyi babo b’abajenosideri.“Ntayima nyina akabara.” koko! Iyi myitwarire ntikwiye kuranga umuntu uri mu mwanya wa Leta irwanya ingengabiterezo ya jeoside.

Irene Uwonkunda aracyatekereza nka Christian Nick Mbonampeka, umuhungu w’umujenosideri Stanislas Mbonampeka, nawe wasizoye ku mbuga nkoranyambaga, aririra shitani Bagosora.

Burya rero biragora guhisha ikikurimo. Hari benshi bajyaga basuka amarira y’ingona ngo bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, none urupfu rwa Bagosora rurabatamaje. Nta bugome burenze gushyigikira no kuririra umugome. Nta gashinyaguro n’agasuzuguro ku barokotse n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, nko kwita”intwari” Bagosora wayiteguye akanayishyira mu bikorwa.

2021-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020
Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu
IMIKINO

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA
Amakuru

Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru