• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Nyuma y’aho inkuru ibereye kimomo ko imperuka Tewonesiti Bagosora yateguriye abatutsi nawe ishyize ikamugeraho, amarangamutima y’abantu banyuranye ubu niyo yuzuye ku mbuga nkoranyambaga.

Bamwe bati:”Najye gukomereza igihano mu muriro utazima”, abandi bati”: “Nyina abuze umwana,natwe tubuze umwanzi”, ibi bikaba bigaragaza ko ibikorwa bya Col Bagosora byamugize igicibwa mu bantu bashyira mu gaciro.

Nyamara ariko hari n’abashenguwe n’urupfu rw’uwo mugizi wa nabi wahekuye u Rwanda n’inyoko-muntu muri rusange. Nta gitangaje ariko kubona abajenosideri n’ababashyigikiye baririra “intwari” yabo nk’uko bamwitaga. Birumvikana impuzamugambi zifatana mu mugongo iyo imwe muri zo iguye Igihugu igicuri nk’uko bigendekeye Col Bagosora.

Mu bababajwe cyane n’urupfu rwa”Hitler” w’Umunyarwanda, harimo ba bandi n’ubundi bahora bagaragaza urwango rukomeye ku Rwanda, nka Nadine Kasinge wo muri ya guverinoma ya Padiri Thoma Nahimana.Uyu Kasinge yashimiye Bagosora kuba “ yarahagaze bwuma kugeza ku munota wa nyuma”.

Hari kandi Umubiligi Peter Verlinden n’umugore we Marie Bamutese, hakaba n’ Umunyakanada John Philipot. Aba bo ,“babikuye ku mutima”, bihanganishije umuryango wa Bagosora, bavuga ko “..hapfuye intwari n’umugabo witangiye abaturage n’Igihugu cye.”

Undi ni Umunyamerika Peter Erlinder, we usanga Col Bagosora yaragizwe umujenosideri kandi ari umuziranenge. John Philpot na Peter Erlinder ni bamwe mu banyamategeko baburaniye abajenosideri mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda Mu miburanire yabo batsimbaraye ku kwemeza ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yabayeho, ko ahubwo mu Rwanda amoko yasubiranyemo, nabyo bitewe na FPR yahanuye indege ya Perezida Habyarimana.

Wasangaga aho kunganira abakiliya babo mu mategeko, ahubwo baragotomeye ingabitekerezo ya jenoside nk’iy’abo baburaniraga. Nta gitangaje rero bababajwe n’urupfu rw’inkoramutima yabo, yanabafashije kwirira ibifaranga by’Urukiko rw’Arusha, mu rubanza rwamaze imyaka 15 baruhanya ngo bakomeze bisarurire inoti bazagabana n’umuryango wa Col Bagosora.

Mu batangaje abantu ahubwo, ni abagaragaje ko bababajwe cyane n’urwo rupfu, kandi bitwa ko barokotse Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa na Col Bagosora na bagenzi be.

Muri harimo Clarisse Kayisire wiyita”Ariane Mukundente” yiyoberanya ngo abone uko ashyanuka ku mbugankoranyambaga, Etienne Masozera umaze kwamamara mu baharabika u Rwanda, Christophe Shamukiga, mwene Charles Shamukiga wazize ubugome bw’agatsiko ka Col Bagosora, hakabamo n’abandi utatekereza ko baririra uwabahekuye.

Uyu Christophe Shamukiga wahunze u Rwanda kubera ubwambuzi yakoreye abantu banyuranye, ariko aho kwicuza ubwo buhemu, yahisemo gutatira igihango no gutagatifuza abicanyi.

Iyo usesenguye neza, usanga abenshi mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bababajwe n’urupfu rwa Col Bagosora ari abayoboke ba cya “Gicumbi” gicumbikiye ab’imyumvire icuramye. Usanga n’ubundi ari bo babaye intyoza mu gutuka FPR-Inkotanyi yabatabaye, none bageze n’aho basingiza uwabatabye.

Imitekerereze yabo usanga ipfobya cyane Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bemeza ko”urupfu ari nk’urundi” aka ya ndirimbo yabo na Kizito Mihigo. Kuri bo uwishwe n’urw’ikirago nka Bagosora aba ari kimwe n’inzirakarengane yishwe gusa kuko ari Umututsi.

Undi watunguranye ni uwitwa, Irena Uwonkunda uherutse no kugirirwa Icyizere akagirwa “Umuyobozi ushinzwe Imirire Iboneye” mu kigo cyo guteza imbere imirire n’imikurire mu bana, NCD. Kuba Uwonkunda ari umukobwa wa Dr AKINGENEYE wari umuganga wa Perezida Habyarimana, ubundi ntibyamubuza kugirirwa icyizere nk’abandi Banyarwanda bazima.

Icyakora biraboneka ko ntaho ataniye n’abo muri “Jambo ASBL”,baharanira gutagatifuza ababyeyi babo b’abajenosideri.“Ntayima nyina akabara.” koko! Iyi myitwarire ntikwiye kuranga umuntu uri mu mwanya wa Leta irwanya ingengabiterezo ya jeoside.

Irene Uwonkunda aracyatekereza nka Christian Nick Mbonampeka, umuhungu w’umujenosideri Stanislas Mbonampeka, nawe wasizoye ku mbuga nkoranyambaga, aririra shitani Bagosora.

Burya rero biragora guhisha ikikurimo. Hari benshi bajyaga basuka amarira y’ingona ngo bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, none urupfu rwa Bagosora rurabatamaje. Nta bugome burenze gushyigikira no kuririra umugome. Nta gashinyaguro n’agasuzuguro ku barokotse n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, nko kwita”intwari” Bagosora wayiteguye akanayishyira mu bikorwa.

2021-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Ubwanditsi 05 May 2021
Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ubwanditsi 26 May 2019
“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba
Mu Mahanga

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’
ITOHOZA

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ubwanditsi 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru