• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Kuva Paul Rusesabagina yafatwa bitunguranye tariki ya 31 Kanama 2020, abari mu mpuzamashyaka MRCD n’umutwe w’ingabo FLN bihutiye gusiba vuba vuba amajwi n’amashusho aho Paul Rusesabagina yavugaga nk’umukuru wa MRCD ndetse akaba umugaba mukuru w’ingabo za FLN.

Ntibyatinze abo mu muryango nyuma yo gusiba ayo mashusho n’amajwi bihutiye kuvuga ko atigeze aba umukuru wa FLN ko yari ashinzwe kuvuganira MRCD ariko atayirimo

Ifatwa rya Rusesabagina ryari riherekejwe n’ibimenyetso simusiga bishimangira ukuboko kwe mu ishingwa rya FLN, birimo ibiganiro we ubwe yatanze abyiyemerera ndetse n’ibyo yabwiye urukiko ko yayiteye inkunga y’ibihumbi 20 by’ama-Euro.

Rusesabagina ari muri RIB, ubwo yabazwaga amafaranga yahawe MRCD/FLN yavuze ko atamenya neza umubare ariko ko agera mu bihumbi 300 by’amayero.
Urugero rwa hafi ni ikiganiro yatanze ku wa 16 Nyakanga 2020, hari mbere y’iminsi 45 ngo atabwe muri yombi. Icyo gihe yagarutse ku ishingwa ry’Ishyaka Nyarwanda riharanira impinduka muri Demokarasi (Mouvement Rwandais pour le Changement Démocratique, MRCD).
Icyo kiganiro cy’amasaha abiri n’iminota 38 cyarimo abanyamuryango ba MRCD, cyashyizwe kuri YouTube Channel y’iyi mpuzamashyaka yakurikiranwaga umunsi ku wundi na Espérance Mukashema [wari ukuriye Radio Ubumwe yaterwaga inkunga na Rusesabagina].

Mu rukiko Rusesabagina yiyemereye ubwe ko yahembye Mukashema wa Radio Ubumwe “igihe kitazwi”. Uwo mugore wapfuye yahembwaga amadolari 300 ku kwezi atanzwe na Rusesabagina.

Inkuru y’uko yafashwe ikimara gusakara, video yari yashyizwe kuri YouTube ya MRCD yahise isibwa mu buryo busa no gusibanganya ibimenyetso kuko Rusesabagina yari yamaze gushyikirwa n’ukuboko k’ubutabera.

Agace gato k’iyo video gafite iminota ine n’amasegonda 50 kerekana Rusesabagina asubiza Twagiramungu Faustin [na we ufite Ishyaka RDI Rwanda Rwiza ryari muri MRCD] iby’ishingwa rya FLN no kugena intego yayo.

Icyo gihe yagize ati “Twatangiye MRCD mu Ugushyingo 2016. Twari amashyaka abiri arimo CNRD-Ubwiyunge na PDR-Ihumure. Icyo gihe, CNRD yari iyobowe na Wilson Irategeka; ni njyewe wari uyoboye PDR-Ihumure. Nyuma y’imishyikirano miremire, twumvikanye ko tugiye gushyiraho urwego (platform) ruhuzwa n’ibintu bitanu twari twasezeranye gukorana.’’

“Ibyo bintu bitanu ni kiriya bariya bahungu bakora, ndavuga abo b’iriya ku isambu, icya kabiri ni dipolomasi, icya gatatu cyari ubukangurambaga, icya kane yari itangazamakuru naho icya gatanu ari icungamutungo.’’

Rusesabagina yakomeje ati “Twarakoranye noneho mu mpera za 2017, ni bwo abavandimwe bacu bo muri RRM (Mouvement Révolutionnaire Rwandais) ya Callixte Nsabimana bashatse kutwiyungaho, baravuga bati ‘twagira natwe twifatanye namwe noneho plaform yanyu yarimo amashyaka abiri, dukorane turi batatu’.’’

“Muri Werurwe 2018, twagiranye ibiganiro bitaziguye twemeranywa ko tugiye gukorana ndetse tumaze kubyumvikana twaratangiye birashyuha. Icyo gihe ni bwo twavuze tuti aba bahungu bacu, aba basirikare ba MRCD tuzabita bande. Mu nama ya batatu nk’uko nabivuze aribo CNRD-Ubwiyunge, PDR Ihumure na RRM twumvikanye ko tubita FLN.

Kuva muri Gicurasi 2018 ni bwo ijambo FLN ryabayeho, ni bwo bariya bahungu biswe FLN. Impamvu twabahaye iryo zina ni uko na RRM yari igiye kuzanamo abayo [barwanyi], kugira ngo tube amashyaka bose.’’

Yavuze ko uko kwihuza ari nako kwatumye habaho MRCD/FLN kuko ‘bumvikanye ko ingabo ari iz’amashyaka atatu’ kugeza ubwo hanakiriwe ‘RDI Rwanda Rwiza’ [ya Twagiramungu Faustin] ku wa 18 Kamena 2019.

Rusesabagina yari azi ko ariwe mutware wa Murandasi!

Reba videwo yose hano ?


2021-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria

Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria

Ubwanditsi 25 Jul 2025
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]
INKURU NYAMUKURU

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru