• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku itariki ya 24 Nzeri 2020 nibwo Paulina Nyiramasuhuko yandikiye Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, asaba kurekurwa atarangije igifungo cy’imyaka 47 yakatiwe tariki 14 Ukuboza 2015, ubwo urugereko rw’ubujurire rwamuhamyaga uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu busabe bwe, uwo mugore rukumbi waburanishijwe akanahanwa n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, yavugaga ko yifuza kurekurwa kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora abasesengura bakemeza ko yabikoze ari ukugerageza amahirwe gusa, ngo abe yanyura mu rihumye ubutabera, nk’uko byagenze ku bandi bajenosideri barekuwe nyamara bari bagisigaranye imyaka myinshi muri gereza.

Kwari ukwibeshya ariko, kuko Umucamanza Carmel AGIUS akaba na Perezida w’urwo rwego rwashyiriweho kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, yibukije Nyiramasuhuko ko atemerewe kurekurwa atarangije nibura 2/3 by’igifungo, mbere ya 2027.

Ikindi, nk’uko Carmel Agius abisobanura, raporo y’ inzego z’ubuzima mu gihugu cya Senegal ari naho Nyiramasuhuko afungiye, yerekana ko nta burwayi paulina Nyiramasuhuko afite, bityo ibyo yavugaga mu busabe bwe bikaba bidakwiye guhabwa agaciro.

Itegeko rivuga ko kugirango imfungwa irekurwe igihano kitarangiye, igihugu afungiyemo kigomba kubigiramo uruhare. Nyamara Perezida Carmel Agius yavuze ko urwego ayobora rwanditse rusaba ibitekerezo Leta ya Senegal, aho nyiramasuhuko yoherejwe kurangiza igihano, ariko ntihagira igisubizo gitangwa.

Kubera izi mpamvu zose rero, ejo kuwa gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021, Perezida Carmel Agius yashwishurije Paulina Nyiramasuhuko, amubwira ko kugeza ubu nta kintu na kimwe cyatuma afungurwa atarangije igihano.

Paulina Nyiramasuhuko ubu ufite imyaka 75 y’amavuko, yari Minisitiri w’Umuryango n’Iterambere ry’Abagore muri Leta y’Abatabazi, ari nayo yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko na Yohani Kambanda wari Minisitiri w’Intebe yabyiyemereye.

Uretse akagambane mu gucura umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Nyiramasuhuko yanagize uruhare mu kuwushyira mu bikorwa, kuko yanahamwe n’ibyaha byo guha intwaro n’amabwiriza abicanyi batsembye Abatutsi hirya no hino mu Rwanda, ariko by’umwihariko mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, ari naho akomoka. Niwe mugore rukumbi wahamwe n’icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu, nka kimwe mu bigize Jenoside.

Paulina Nyiramasuhuko yafatiwe i Nairobi muri Kenya mu w’1997, aburanishirizwa Arusha mu rubanza rwarimo n’umuhungu we, Arsene Shalom Ntahobari nawe waje gukatirwa imyaka 47 y’igifungo.

Paulina Nyiramasuhuko yabanje gukatirwa igifungo cya burundu, ariko kiza kugabanywa mu bujurire, gishyirwa ku myaka 47. Afungiye muri Senegal kuva tariki 28 Nyakanga 2018, kimwe n’umuhungu we Ntahobari. Twabibutsa kandi ko uyu muryango wiganjemo abajenosideri, kuko Beatrice Munyenyezi uherutse koherezwa mu Rwanda avuye muri Amerika, ari umugore wa Arsene Shalom Ntahobari, akaba umukazana wa Paulina Nyiramasuhuko.

Perezida Carmel Agius yari aherutse kwanga icyifuzo cya Theoneste Bagosora waje no gupfa, nawe wasabaga kurekurwa atarangije igihano.

Ikigaragara imikorere ya Perezida Agius itandukanye n’iy’uwitwa Theodor Meron wahoze ari Perezida w’urugereko rw’ubujurire, we warekuye abajenosideri benshi cyane batarangije igihano, barimo na ba ruharwa Ferdinand Nahimana, Col Simba Aloys, Interahamwe kabombo Omar Serushako, n’abandi basaga 10.

Leta y’u Rwanda, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu kimwe n’iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakomeje kwamagana imikorere ya Theodor Meron yo kurekura abajenosideri, nta rundi rwego rubigishijwemo inama, kandi atitaye ku buremere bw’ibyaha byabahamye.

Ibyemezo bya Theodor Mero byagaragaye nko kwimakaza umuco wo kudahana no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

2021-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.

Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.

Ubwanditsi 23 Apr 2019
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo
SHOWBIZ

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru