• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Editorial 05 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri, tariki 04 Mutarama 2022, abatuye mu gace ka Arrondissement ya 16 mu Mujyi wa Paris barasetse barigaragura ubwo babonaga abantu batarenga icumi bavuga ko bari mu ”myigaragambyo” yo kwamagana iyirukanwa ry’abajenosideri 8 bari mu gihugu cya Niger.

Ubundi abo baturage b’Abafaransa bamenyereye ko iyo hateguwe imyigaragambyo ifite impamvu yitabirwa n’ibihumbi by’abantu. Bari batarabona rero aho abantu 10 biyita ”uruvunganzoka”, nk’uko byavugwaga na Thomas Nahimana mu ndangururamajwi, dore ko ari we wari wahuruje n’iyonka, hakaza ababarirwa ku mitwe y’intoki!

Uretse ko abiyita”opozisiyo nyarwanda”banamenyerewe mu rwenya rwo gutumiza imyigaragambyo bakubita impyisi inkoni ikitabirwa n’imburamukoro 10, iyari yateguwe ejo kuwa kabiri yo yanatumye basubiranamo, kuko n’ubwo basangiye ubuswa muri politiki, hari abayamaganye bavuga ko badashobora kugirira impuhwe abajenosideri.

Burya koko umusazi arasara akagwa ku ijambo. Sylvia Mukankiko, benewabo basigaye bita”LIBUMA”( umusazi utoragura ibyo kurya mu iyarara), niwe wabimburiye abandi mu kwamagana Thomas Nahimana, amubuza kwigaragambiriza”abicanyi.” Nahimana yanze kumva Libuma nyamara basangiye ingengabitekerezo ya giparmehutu, yiha urw’amenyo ngo agomba kuvugira “abavandimwe be”.

Ubundi Thomas Nahimana yari yasabye Leta y’Ubufaransa kwigaragambiriza imbere ya Ambasade ya Niger i Paris, ariko uruhushya bararumwima, ndetse bamubwira ko nabirengaho we n’abasazi bagenzi be bazahanishwa igifungo cy’amezi 6 n’ihazabu y’amaeuros 7.500, ni amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 8.

Nyamara muri bya binyoma birirwa bakwiza, uwitwa Gaspard Musabyimana womonganira ku ngirwa-radiyo”Inkingi”, yabeshye ko abigaragambya batari kubona aho bahagarara ngo kuko umuhanda uri imbere ya Ambasade ya Niger ari muto cyane,kandi ukaba unyuramo imodoka nyinshi. Nonese, aho babahaye guhurira ho nta modoka zihanyura? Bari kuzibuza gutambuka se ari bangahe?

Mu mahomvu Thomas Nahimana yahavugiye, yabwiye inshoreke ze 3 zari aho, abana yabyaye hanze 3, Gaspard Musabyimana, n’abandi bagore 2 barimo uwitwa Tuyiringire Illuminee, ko ngo batazahwema gushyira igitutu kuri Niger kugeza yisubiyeho ntiyirukane abantu babo 8 bari ku butaka bwayo.

Nimutekereze inzererezi zitagira epfo na ruguru, zishyize igitutu ku gihugu kugeza gihinduye icyemezo, kikishyiraho umugogoro wo gutunga abajenosideri!

Zabishoboza iki se nazo ubwazo zitizeye amaramuko, dore ko zihorana ikidodo ko umunsi uzagera ibihugu bizicumbikiye bikazereka umuryango usohoka?

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2021 nibwo Leta ya Niger yamenyesheje Abanyarwanda 8 bari muri icyo gihugu ko bagomba kuzinga uturago,bakahava mu buryo bwihuse. Nyuma Urwego Rwashyiriweho Gusoza Imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, ari narwo rwari rwabohereje muri Niger, rwaratakambye ngo ba “Gahini” babe bagumye muri Niger, iki gihugu nacyo gitanga andi mahirwe, kibongera indi minsi 30 ngo babe bavuye ku butaka bwacyo.

Abo ni Col Anatole Nsengiyumva wari ukuriye ibikorwa bya gisirikari mu yahoze ari perefegitura ya Gisenyi, Col Tharcisse Muvunyi wategekaga ishuri rya gisirikari rya “ESO”, Col Alphonse Nteziryayo wari perefe wa Butare, Maj Francois Nzuwonemeye wategekaga umutwe w’intasi mu ngabo zatsinzwe,EX-FAR, Cpt Innocent Sagahutu wari umwungirije, Protais Zigiranyirazo, muramu wa Yuvenari Habyarimana, akaba n’umwe mu bagize “Akazu” kateguye kakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Prosper Mugiraneza wari minisitiri w’abakozi ba leta y’abicanyi, na Andereya Ntagerura wari minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu muri iyo leta. Benshi muri aba bahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi barangije ibihano, abandi bagirwa”abere” mu buryo butunguranye. Bose bakomeje gukerakera mu mujyi wa Arusha, kuko habuze igihugu cyakwemera kwikorera umutwaro wo gucumbikira abajenosideri.

U Rwanda rwakomeje kuvuga ko rwiteguye kubakira, kuko n’ubwo ari ibirara, bitabavanaho Ubunyarwanda. Bo batinye gutaha kubera ipfunwe, kuko batumva uburyo babana n’abandi baturage bazi neza amahano bakoze.

Nyamara baratinya ubusa, kuko umujenosideri mugenzi wabo, Col Aloys Ntuyahaga, ubu ari mu Rwanda mu mutuzo, kuko yarangije igihano cye mu Bubiligi agataha.

Niger yagumana aba bagome, yabashushubikanya, icyo Abanyarwanda basaba ni uko igihugu kizabakira kitazabemerera kuhakorera ibikorwa by’urugomo, bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Hari abibwira ko imyaka aba bajenosideri bafite itabemerera kongera kwijandika mu bikorwa bibi. Ni ukwibeshya kuko nka Innocent Sagahutu ubwo yari akiri Arusha muri Tanzaniya, icyo gihugu cyamufashe ashaka kwambuka ngo ajye mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Kongo, aranabifungirwa. Uyu kandi yumvikana kenshi ahakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo abonye urwaho yakongera akamara abantu. Ngabo rero abo Thomas Nahimana yita”abavandimwe babuzwa amahwemo”, atitaye ku nzirakarengae bishe, abo bagize imfubyi n’abapfakazi.

Nta mugayo ariko, Nahimana Thomas wahoze ari umusaseridoti yahisemo kwitandukanya n’ Imana, ubu niwe uhagarariye shitani ku isi.

2022-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Feb 2016
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024
“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Editorial 24 Feb 2024
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Editorial 20 Oct 2021
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Feb 2016
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024
“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Editorial 24 Feb 2024
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Editorial 20 Oct 2021
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Feb 2016
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru