• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Perezida Kagame yasubije abibaza niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hamaze iminsi havugwa ibibazo bitandukanye mu bihugu by’Afurika byo gukuraho ubutegetsi hakoreshejwe ingufu za gisirikari bizwi nka Coup d’Etats. Aha twavuga nko mu bihugu nka Mali, Guinea, Sudani na Burukina Fasso.

Perezida Kagame yaganiriye birambuye n’ikinyamakuru Jeune Afrique aho yabajijwe igitera izo Coup d’Etats asubiza ko biterwa n’ibibazo birebire by’uruhererekane biba bitarabonewe ibisubizo. Yatanze urugero kuri Sudani ko hari ibibazo mu gihe Omar El Bachir yayoboraga bikaba byarakomeje hagiyeho leta y’agateganyo.

Perezida Kagame yongeyeho ko ukora ibyaha wese yaba umusirikari yaba umusivire bose bagomba guhanwa kuko hari igihe umuyobozi w’umusivire aba yarashyizweho n’agatsiko k’abasirikari.

Abajijwe niba Coup d’Etat ishoboka mu Rwanda, Perezida Kagame yagize ati

“Ibyo ntabwo mbizi ariko reka nkwereke ibintu mu bundi buryo. Icya mbere ni uko ari Abanyarwanda bwa mbere bagomba kuvuga icyo batekereza urebye aho twavuye, ibyo twakoze nibyo turi gukora ubu”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Simbona icyaricyo cyose cyatera abasirikari cyangwa abasivire uburakari bwageza kuri Coup d’Etat kuko uburyo bwacu bw’imiyoborere bukora mu gusubiza ibibazo by’abaturage. Simbona rwose icyatuma bigera kuri urwo rugero”

Mu bindi Perezida Kagame yabajijwe icyo atakereza ku kuba ingabo za Uganda ziri muri Kongo mu guhashya umutwe w’iterabwoba wa ADF. Yavuzeko ADF itabangamiye Uganda yonyine ko ibangamiye na Kongo Kinshasa n’akarere muri rusange. Yibukije ko ADF igizwe n’Abagande, Abakongomani , Abanyarwanda, Abarundi, Abatanzaniya ndetse n’Abanyakenya.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwafashe abakorana n’uwo mutwe wa ADF bitegura gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda. Abo Banyarwanda batozwaga binyuze muri video n’umuntu wo muri ADF. Ibyo bikorwa bari gukorera mu Rwanda byari ukwihorera kubera ingabo z’u Rwanda zakubise inshuro umutwe w’iterabwoba wo muri Mozambique.

Ku rubanza rw’Agathe Kanziga, Perezida Kagame yabajijwe niba u Rwanda rwarakuyeho ikirego cyo kumukurikirana, avuga ko ubutabera bugomba gukora akazi kabwo.

Naho Interahamwe 8 zakiriwe n’igihugu cya Mali, Perezida Kagame yavuzeko ikinyoma cya mbere ariko bavuzeko u Rwanda rwari ruziko bazoherezwa muri Mali ikinyoma cya kabiri nuko ntacyakozwe ngo bagaragaze uburyo abo bantu batazongera kwijandika mu byaha byari byarabafungishije.

Yagize ati “nkubu ngubu barongeye bihuza n’abandi bicanyi binyuze ku mbuga nkoranya mbaga aho basigaye bakwirakwiza ibinyoma ku Rwanda. Urumva ibyo ari ibisanzwe”?

Ku rubanza rwa Rusesabagina, Perezida Kagame yavuzeko abarunenga iyo bafashe abakoze nk’ibyo Rusesabagina yakoreye u Rwanda, bahita bicwa nta rubanza rubaye.

Yongeyeho ko abamurengera birengagiza nkana ibyo yakoze kuko bashaka ko afungurwa yaba ari umwere cyangwa atari umwere.

Mu gusoza Perezida Kagame yabajijwe niba azaba umukandida mu matora ya 2024, asubiza ko Itegeko Nshinga ribimwemerera.

2022-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Editorial 17 Jun 2024
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Editorial 10 Sep 2020
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Editorial 07 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi,  anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Editorial 10 Feb 2019
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame
UBUKUNGU

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Editorial 23 Jan 2017
Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana
Mu Mahanga

Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana

Editorial 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru