• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Nyuma yaho ikipe ya AS MUHANGA ireze kipe ya RWAMAGANA CITY FC ko yakinishije umukinnyi witwa MBANZA Joshua warufite amakarita atatu y’umuhondo atamwemerera gukina umukino ubanza wahuje ayo makipe yombi muri 1/4 cya shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu Bagabo tariki ya 04/06/2022.

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13/06/2022 mu rwego rwo kwemeza ibyavuye muri uwo mukino (Homologation des resultats) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 38 y’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA ;

Komisiyo nyuma yo gusuzuma raporo z’abasifuzi ku mikino uwo mukinnyi yagiye akina yasanze uwo mukinnyi yarabonye amakarita mu mikino ikurikira :

1.Rwamagana City FC vs Amagaju FC tariki ya 30/10/2021: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 90+2 (iminota y’inyongera)

2.Sunrise FC vs Rwamagana City FC tariki ya 07/11/2021: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 50’

3.Nyagatare FC vs Rwamagana City FC tariki ya 22/05/2022: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 81’

Bityo Umukinnyi MBANZA Joshua wari wambaye nimero 9 akaba atari yemerewe gukina umukino ubanza wa ¼ wahuje Rwamagana City FC na AS Muhanga nk’uko biteganywa n’igika cya 2 cy’ingingo ya 79 y’amabwiriza agenga amarushanwa. Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA ishingiye ku ngingo ya 56 y’amabwiriza agenga amarushanwa iyiha ububasha bwo guterana igihe cyose hari ikirego kijyanye no gukinisha umukinnyi utabyemerewe mbere yo kwemeza ibyavuye mu mukino (homologation des resultats) yahanishije Ikipe ya RWAMAGANA CITY FC gusezererwa muri shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu Bagabo y’umwaka wa 2021-2022 nk’uko biteganywa n’ingingo ya 60 y’amabwiriza agenga amarushanwa.

Iki kemezo kikaba gihesha ikipe ya AS MUHANGA gukomeza mu mikino ya 1/2 ya shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu Bagabo iteganyijwe mu burya bukurikira:

Ku wa Kabiri tariki 14/06/2022:

– Sunrise FC vs Vision FC (Nyagatare Stadium, 14h00)
– AS Muhanga vs InterforceFC (Muhanga Stadium, 14h00)

Ku wa gatandatu tariki 18/06/2022:

– Vision FC vs Sunrise FC (Mumena Stadium, 14h00)
– Interforce FC vs AS Muhanga (Bugesera Stadium, 14h00)

2022-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Editorial 24 Apr 2024
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Editorial 10 May 2023
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Editorial 28 Apr 2021
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Editorial 25 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Editorial 30 Apr 2021
Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Editorial 18 Jan 2016
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo
Mu Rwanda

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru