• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Editorial 09 Sep 2022 Amakuru, Mu Rwanda, UBUREZI

Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umuco wo gusoma. Umuyobozi mukuru wa REB (Rwanda Education Board) yakanguriye abana b’inshuke gukunda gusoma ibitabo, kugira ngo bazigirire akamaro ndetse bakagirire n’igihugu muri rusange.

Byavugiwe mu munsi mpuzamahanga wahaiwe gusoma no kwandika wabaye none tariki ya 8 Nzeri 2022 byahuriranye no gutangiza ukwezi ko gusoma.Umuhango wabereye mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Munini, wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barangajwe imbere n’umuyobozi mukuru wa’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze muri ( REB). Muri uyu muhango abayobozi basuye amashuri y’inshuke ategura abana ndetse akanabakundisha gusoma.

Umuyobozi w’Ubunyamabanga bukuru bwa SOMA RWANDA Musafiri Patrick yashishikarije abantu kurushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari,kuko no mu rugo iwawe hashobora kuba isomero bitewe nuko ababyeyi bashishikariza abana babo gutira ibitabo bakabisomera mu rugo. Ati “nka SOMA RWANDA Turashishikariza abarimu gusomera no gukundisha abanyeshuri gusoma, kandi umwana yanataha bakamushishikariza gucyura igitabo agakomeza gusomera mu rugo afatanije n’ababyeyi”.

Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage mu Karere ka Nyaruguru Byukusenge Assumpta , avuga ko kuba umunsi mpuzamahanga wizihirijwe mu karere kabo ari byiza cyane kuko nabo bari basanzwe bigisha abantu bakuru gusoma kuko bashaka ko abantu bakuru babimenya bityo abato nabo bakabikundishwa.

Ubusanzwe SOMA RWANDA ni urubuga abafatanyabikorwa mu burezi bahuriraho kugira ngo bungurane ibitekerezo ku buryo bateza imbere umuco wo gusoma, ubuyobozi bukaba bugizwe na minisiteri y’uburezi, USAID, hamwe na Save children international. Naho abanyamuryango bakaba bagizwe n’ibigo by’amashuri,imishinga myinshi itandukanye bireba ibijyanye n’uburezi hamwe no kumenya kwandika no gusoma.

Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze ( REB) Bwana Ndagijimana Nelson, arashishikariza abanditsi b’ibitabo gukora mu nganzo bityo begere urwego rwa REB bagerageze guhana umurongo kugira ngo bandike ibitabo byinshi bifasha abanyeshuri gusoma.

Agira ati “udasomye ntumenya ibirimo kuba,iyo udasomye ntabwo wunguka ubwenge cyangwa hari amakuru uba utari kubona, ni umwanya mwiza wo gushishikariza buri muntu wese dore ko ari umunsi mpuzamahanga wo gusoma bityo aho turi mu miryango yacu, habeho ahantu ho gusomera ibitabo”.

2022-09-09
Editorial

IZINDI NKURU

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Editorial 03 May 2018
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Editorial 26 Jan 2023
Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Editorial 23 Jul 2021
Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Editorial 06 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.
Amakuru

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Editorial 18 Jun 2024
BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi
UBUKUNGU

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Editorial 29 Oct 2018
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be
ITOHOZA

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Editorial 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru