• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 21 Oct 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Perezida Tshisekedi aherutse mu rugendo mu Bwongereza aho yitabiriye inama yo kurwego ruciriritse itegurwa n’ikinyamakuru The Financial Times dore ko ariwe wari umukuru w’igihugu wenyine wayitabiriye abandi ari abayobozi b’ibigo bisanzwe.

Nta na minisitiri wo mu kindi gihugu wayitabiriye. Asaba visa igihugu cy’u Bwongereza we n’abari bamuherekeje, icyo gihugu cyibajije impamvu yurwo ruzinduko.

Perezida Tshisekedi yerekeje muri icyo gihugu ari kumwe n’abandi bantu basaga 80 bamuherekeje harimo abamuba hafi nka Fortunat Biselele, Sylvain Kabongo Mukengeshay na Jean Claude Kabongo bazwiho kurya ruswa no gukunda amafaranga ku buryo bukabije.

Ubwo yageraga mu bwongereza, Perezida Tshisekedi yari aherekejwe n’abarinzi be ba hafi barimo Lt Col Kasongo Nteki, Capt Tabu Eboma Tema, Lt Col Georges Kabasua Kalombo, Maj Aimé Amboyo Basila na Commandant Bony Kalonji Kalonji. Kuri abo batanu, batatu nibo bagaragaje ko bafite intwaro baranazitanga abandi babiri barinumira.

Perezida Tshisekedi agiye gutaha yahagurukiye ku kibuga cy’indege cya heathrow hanyuma abasirikari be bateza akavuyo aribo Lt Col Josue Kasongo na Capt Tabu Eboma bashaka kunyura aho abakuru b’ibihugu banyura kandi ari babandi babiri baterekanye intwaro zabo. Bahise bafatwa bahatwa ibibazo kuko ni icyaha mpuzamahanga gikomeye.

Mu gihugu cy’Ubwongereza usibye abarinda umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika na Minisitiri w’Intebe wa Israel, ntawundi wemererwa kugendana imbunda muri icyo gihugu.

Abo basirikari bakimara gufatwa bagafungwa n’indege ya Tshisekedi yagumye ku kibuga ibuzwa guhaguruka. Indege ya Tshisekedi yamaze amasaha agera kuri ane yangiwe guhaguruka.

Abafashwe bafite pasiporo dipolomatike zikurikira DP0011430 ya Lt Col Josué Kasongo Nteki na DP0008919 ya Capt Tabu Eboma Tema

Tugarutse ku ruzinduko, Tshisekedi yatakambye kubonana n’Umwami Charles arabibona maze si ukurira ati “u Rwanda nirwo rwanteye i Bunaganaga.”  Tshisekedi yibagiwe ko ibibazo bya politiki n’umutekano ntaho bihuriye n’inshingano z’umwami ikindi abamuherekeje batangaje ibyo bavuganye n’Umwami Charles kandi kizira iyo winjiye muri Buckingham Palace aribo bavuga ibyo waganiriye n’Umwami.

Nyuma y’Ubwongereza Perezida Tshisekedi yerekeje mu gihugu cya Ghana.

Ingendo zirakomeje.

2022-10-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30

Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Ubwanditsi 19 Oct 2024
Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ubwanditsi 29 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia
Amakuru

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima
Amakuru

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.
Amakuru

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru