• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Ubwanditsi 11 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Col Nshimiyamana Augustin wari uzwi ku kazina ka “Bora Manasseh” wahoze akuriye iperereza ryo hanze muri FDLR yahaye ubutumwa bukomeye FDLR na FARDC ko ibyo gutera u Rwanda ari ukwiyahura.

Col Nshimiyimana umaze gusubizwa mu buzima busanzwe nyuma yo kurangiza amahugurwa I Mutobo yagarutse ku bufatanye bwa FARDC na FDLR mu kurwanya M23 yibutsa FDLR ko uyu munsi ifasha FARDC ejobundi ikayitera.

Ibi yabivuze kuri uyu wa kane ubwo yari mu kigo cya Mutobo aho yagarutse ku buzima bwe mu mashyamba ya Kongo mbere yuko atabwa muri Kongo.
Yagize ati “Twari twariyemeje ko tuzarwanya igihugu cy’u Rwanda twumva tuzagihirika nyine kuberako abategetsi twari dufite batubwiye ko kiri mu maboko y’abanyamahanga”

Abenshi mu barwanyi ba FDLR baracyafite uwo mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda kuri ubu noneho babifashijwemo na Perezida Tshisekedi.

Yagarutse ku ngengabitekerezo irangwa mu mitwe ifatanya na FARDC ariyo Nyatura na APCLS. Yagize ati “Nyatura tuyishinga kwari ugukorana na FDLR kuko ari abahutu b’abakongomani”
Col Nshimiyimana avuga mubishuka FDLR ari amasasu n’imbunda igisirikari cya Kongo kijya kiyiha ariko abibutsa ko intwaro atarizo zifata igihugu gusa.

Yongeyeho ko gutera u Rwanda ari ukwiyahura kuko nta makuru bafite kuri RDF igisirikari cy’u Rwanda.Yavuze ko nk’umuntu wari ushinzwe iperereza nawe nta makuru yari afite ariko ageze mu Rwanda yatangajwe n’uburyo igisirikari cy’u Rwanda cyubatse.

Yitanzeho urugero ati “Andi makuru barayabona ariko amakuru ku gisirikari cy’u Rwanda ntayo. Nari ndi mu bashinzwe ubutasi ariko ntabwo twabonaga. Amakuru y’igisirikare cy’u Rwanda arahishe cyane kuko ntako tutagira rwose, nageragezaga gusesera ariko ntayo wabona”

Colonel Augustin Nshimiyimana yafatiwe muri Kivu ya ruguru akuwe ku rusengero, nk’uko byatangajwe nuwo mutwe igihe yafatwaga

Col Nshimiyimana yabaye uwungirije ushinzwe iperereza muri FDLR hagati ya 2011 na 2019, yafatiwe mu gace kitwa Rubaya ka teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya ruguru, nk’uko umuvugizi wa FDLR abivuga.

Icyo gihe ‘Curé Ngoma’ wari umuvugizi wa FDLR yabwiye BBC ati: “Ni byo baraje bamusanga aho yari yagiye mu birori byo kubatirisha umwana we baramufata”. Ngoma avuga ko aho Nshimiyimana yafatiwe yari yahagiye mu bikorwa by’umuryango we bwite.

2023-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ubwanditsi 03 Jan 2022
Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Ubwanditsi 04 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali
ITOHOZA

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo
Mu Mahanga

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Ubwanditsi 15 Jun 2016
The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru
Mu Rwanda

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Ubwanditsi 09 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru