• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tariki 06 Gicurasi 2021-Tariki 06 Gicurasi 2023, imyaka ibiri irashize Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, ashyizeho “amategeko yo mu bihe bidasanzwe”(état de siege) muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.

Ayo mategeko yubahirizwa mu bihe by’intambara, ngo yari agamije kugarura umutekano muri izo ntara zabaye indiri y’imitwe yiwaje intwaro, nyamara aho kujya mu buryo, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane.

Muri iyi myaka ibiri ishize, hashyizweho abategetsi b’abasirikari mu nzego zose, kuko ngo byari bimaze kugaragara ko abategetsi b’abasivili ntacyo bari bagishoboye. Nyamara aho kurwanya ruswa mu miyoborere, abo basirikari bakuru barayimitse kurushaho, imitwe yitwaje intwaro iravuka ku bwinshi, ubwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bukaza umurego.

Ishyirahamwe LUCHA riharanira impinduka muri Kongo(Lutte pour le Changement), rimwe mu matsinda ya politiki akomeye muri icyo gihugu, rimaze gusohora icyegeranyo cyerekana ko muri iyi myaka 2 ishize abasivili bakabakaba 5.500 bishwe mu duce tugenzurwa na Leta ya Kongo, aariko uwo mubare ngo ukaba ari muto ugereranyije n’abatakaje ubuzima, kuko abatangajwe ari abashoboye kumenyekana, mu giihe hari benshi cyane baburiwe irengero.

Iyi mibare rero iragaragaza ko abaturage bapfuye bakubye incuro 2 abishwe mbere y’uko “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” ashyirwaho, kuko mu myaka 2 yabanjirije iyo ”état de siège” abishwe babarirwaga mu 2.400.Zimwe mu mpamvu zatumye ibintu birushaho kudogera nk’uko LUCHA ibivuga, ni uko abategetsi b’abasirikari bananiwe cyangwa banze kwambura intwaro imitwe yitwara gisirikari, ahubwo bagafasha indi myinshi kuvuka, bibwira ko izabafasha kurwanya umutwe wa M23.

Kuzana abacancuro ndetse n’ingabo z’amahanga mu duce tugenzurwa na Leta, nabyo ngo byatumye intwaro zirushaho kunyanyagira mu baturage, ari nazo zikoreshwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Amabandi nayo ngo yakajije umurego, cyane cyane mu mijyi nka Goma aho akorera ubujura n’ubundi bugizi bwa nabi nta nkomyi, agakomeza kwidegembya kuko ngo akorana n’ibikomerezwa by’abasirikari.

Ishyirahamwe LUCHA risoza risaba Perezida Tshisekedi kwisubiraho akavanaho”amategeko yo mu bihe bidasanzwe”, kuko aho gukemura ikibazo cy’umutekano ahubwo yacyongereye ubukana. Iratanga inama kandi ko ubutegetsi bwasubizwa abasivili batowe hagendewe ku bushobozi n’ubunyangamugayo, abasirikari bagashyirwa gusa mu bikorwa bijyanye n’intambara.

Iki cyegeranyo cya LUCHA ntacyo kivuga ku bihumbi by’Abanyekongo bahunze ubwicanyi bushingiye ku ivangura, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, icyakora kije cyunganira ibyakomeje kuvugwa n’imiryango mpuzamahanga n’iy’imbere mu gihugu itegamiye kuri Leta, yagarutse kenshi ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Kongo, bitewe ahanini n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu kwaha k’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

2023-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Editorial 17 May 2025
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Editorial 28 Dec 2021
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Editorial 06 Oct 2017
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Editorial 26 Aug 2016
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Editorial 17 May 2025
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Editorial 28 Dec 2021
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Editorial 06 Oct 2017
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Editorial 26 Aug 2016
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Editorial 17 May 2025
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Editorial 28 Dec 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru