• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwanditsi 20 Sep 2023 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yanditswe mu murage w’Isi wa UNESCO, ibi bikaba byemerejwe i Riad muri Arabiya Saudite ahateraniye komite ishinzwe kwemeza ubwo busabe.

Minisitiri  w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascene Bizimana uri muri iki gihugu yatangarije RBA ko iyi Pariki ari yo ya mbere yinjijwe mu murage w’Isi wa UNESCO mu Rwanda.

Yavuze ko ibi biha igihugu ishema, bikaba kandi bituma icyo gikorwa cyanditswe kimenyekana ku rwego mpuzamahanga ibi bikazongera ba mukerarugendo ndetse byongere n’uburyo bwo kuririnda.

Bimwe mu bishingirwaho kugira ngo iyi pariki ibe yanditswe mu murage w’Isi wa UNESCO, harimo ko igihugu gitegura dosiye igaragaza ko icyo kintu gisabirwa kwandikwa ku murage w’isi gifite agaciro kari ku rwego mpuzamahanga kadasanzwe.

Yagize ati “Kugira ngo werekane ko pariki ya Nyungwe ifite agaciro ko ku rwego mpuzamahanga bisaba kugaragaza ibimenyetso byinshi. Iyo rero igihugu kimaze gutegura iyo dosiye yerekana agaciro mpuzamahanga ko ku rwego rw’Isi, haza impuguke bakaza aho site iri mu Rwanda bakahasura bakareba niba ibigenwa n’amasezerano mpuzamahanga igisabirwa kwinjizwa muri uwo murage kibyujuje.”

Ku birebana n’ishyamba rya Nyungwe, Minisitiri Bizimana avuga ko bagaragaje ko ibisabwa ribyujuje ariko banagaragaza zimwe mu mpungenge zirimo ko mu ishyamba rya Nyungwe harimo umuhanda unyurwamo n’imodoka nyinshi zirimo n’amakamyo, bityo izo modoka zikaba zakora impanuka zikica inyamanswa kandi ziba zigomba kurindwa.

Aha Minisitiri Bizimana yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yaberetse ingamba yafashe mu kuvanaho izi mpungenge, zirimo gushyiramo ibyuma bigabanya umuvuduko w’imodoka, gushyiramo ubugenzuzi n’amatara kuko ubu ishyamba rya Nyungwe ryose rifite amatara, ariko hanagaragazwa ko hari indi mihanda irimo gukorwa harimo n’uwarangiye wa Muhanga-Karongi-Rusizi, ukaba ugabanya imodoka zanyuraga muri iri shyamba.

Mu Ishyamba rya Nyungwe uhasanga amoko 1250 y’ibimera harimo amoko 50 y’ibishihe, amoko 133 ya ‘Orchidées’ indabo z’agahebuzo harimo amoko 24 ya gakondo, iri ku buso bwa hegitari 101.900.

Muri Mutarama 2019 kandi u Rwanda rwari rwasabye ko inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zashyirwa ku rutonde rw’umurage w’isi.

Abataragera muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe bayitekereza nk’ishyamba ry’inzitane riteye ubwoba ariko ni ahantu umuntu yakwifuza kureba bitewe n’ibyiza nyaburanga biyibarizwamo.

Pariki y’Igihugu ya Nyungwe ni imwe mu zikomeye ku Isi kuko igaragaramo urusobe rw’ibinyabuzima bibereye ijisho kandi bikurura ababireba.

Bimwe muri byo ni ubwoko bw’inyoni busaga 300, inguge zo mu bwoko butandukanye, amasumo, ikiraro cyo mu kirere gituma ureba pariki yose ndetse n’ibindi byiza nyaburanga biyigize.

IGIHE yabateguriye ahantu nyaburanga ushobora gusura ukabona ubwiza buhebuje bugize Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, kuri ubu iri mu zisurwa cyane muri Afurika.

Inguge

Iyo utangiye kwegera Pariki y’Igihugu ya Nyungwe uhura n’ibisimba bigenda mu muhanda byo mu bwoko bw’inguge. Muri iyi pariki habarizwamo ubwoko 13 bwazo ariko enye nizo zisurwa bitewe n’imiterere n’imico yazo.

Izisurwa zirimo Inkomo (Colobus monkeys), ubwoko bw’inguge z’umukara n’umweru ziboneka mu bihugu bike cyane. Niho habarizwa itsinda rinini ryazo ku Isi rya ‘Super group’ rigizwe n’inkende zirenga 500 ziba mu muryango umwe uba Kuwinka hakaba hari n’indi nto ibarizwa mu Gisakura.

Inyenzi (Silver Monkey), na zo ni inkende zifite amatama manini ziba mu biti, hari n’Ibishabaga (Grey-cheeked mangabey), izi ziba ari umukara ahantu hose ariko zifite amasura ajya kumera neza nk’abantu.

 

Muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe harimo ubwoko butandukanye bw’inguge

Gutembera mu ishyamba

Gutembera mu ishyamba biraruhura kandi bigatanga umwuka mwiza, hari inzira zitandukanye zo gusura zirimo ibiti byiza biteye amabengeza bifite ingano n’ubwiza budasanzwe.

Hari amasumo y’amazi n’aho gukorera imyitozo ngororangingo yo kumanuka no kuzamuka.

Izi nzira zirimo ingufi n’indende kuko hari iyo kugenda isaha n’igice, indende ikaba igera ku minsi itatu. Iyi nzira y’iminsi itatu abantu bagenda barara mu nzira bugacya bagasubukura urugendo.

 

Muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe harimo ibiti byiza bitanga umwuka mwiza

Gusura inyoni

Muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe habarizwa ubwoko buzwi bw’inyoni bugera kuri 320, harimo ubwoko 29 buboneka mu gace k’amashyamba y’imisozi aboneka mu Burengerazuba bw’u Rwanda, Uburasirazuba bwa Congo, Uburengerazuba bwa Uganda n’igice kimwe cy’Uburengerazuba bw’u Burundi.

Iyo uvuye muri metero eshanu za pariki ntabwo wongera kubona izo nyoni, iki gice nacyo gishimisha abantu kuko babasha kubona ibi binyabuzima.

 

Muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe habarizwa ubwoko buzwi bw’inyoni bugera kuri 320, harimo ubwoko 29 buboneka mu gace k’amashyamba y’imisozi

Gusura amasumo

Kureba amazi amanuka ku musozi ari menshi ni kimwe mu bintu bishimisha uwasuye Pariki y’Igihugu ya Nyungwe kuko amanuka umuvuduko mwinshi aturuka hejuru.

Muri Pariki ya Nyungwe hari amasumo abiri meza arimo irya Kamiranzovu na Ndambarare. Iki gikorwa kiri mu bishimisha ba mukerarugendo basura iyi pariki.

 

Isumo rya Kamiranzovu rikurura abasura pariki

Nyungwe Canopy Walkway

Ikiraro cyo mu bushorishori kiri muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe ni kimwe mu bintu bikurura ba mukerarugendo gusura iyi pariki kuko iyo umuntu ari kugenda hasi mu ishyamba ntabwo abasha kuyireba neza.

Canopy Walkway yubatswe mu 2010 ifite metero 160 z’uburebure. Ikimara kubakwa yazamuye umubare w’Abanyarwanda basura Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.

 

Ikiraro cyo muri Nyungwe cyakuruye ba mukerarugendo benshi basura pariki

 

2023-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Ubwanditsi 20 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo
IMIKINO

Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe
POLITIKI

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru