• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Mu myumvire ipfuye nk’iya Ingabire Victoire banasangiye umugambi wo gusubiza Abanyarwanda mu kaga, Ntaganda Bernard nawe arasaba Urukiko Rukuru kumugira” indakemwa mu mico no mu myifatire ngo akaba Umuhire Umuziranenge”.

Mu w’2012, uyu Ntaganda yahanishijwe gufungwa imyaka 4, amaze guhamwa n’ibyaha birimo guteza imidugararo no kubiba amacakubiri muri rubanda.

Aho afunguriwe, Ntaganda Bernard ntiyigeze agaragaza ko avuye mu igororero koko, ahubwo yakomeje ibikorwa byo kwangisha abaturage ubutegetsi, ndetse no gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR.

Kimwe kandi na Ingabire Victoire wiyita umukuru w’ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, Ntaganda nawe yihaye ubushobozi bwo kwitwa “Perezida” w’igice cyiyomoye ku ishyaka PS Imberakuri, abizi neza ko kitemewe n’amategeko, kuko PS izwi imbere y’amategeko ari iyobowe na Madamu Mukabunani Christine, ndetse ikaba ifite n’abadepite 2 mu Nteko Ishinga Amategeko.

Kuba aba bagizi ba nabi bombi basaba “gukurirwaho ubusembwa”, ni uko babwiyiziho. Barabizi ko babaye ruvumwa mu bantu, babyikururiye, kubera ubugambanyi bwabagize imbata.

Burya rero amategeko siyo ashyira cyangwa akura ubusembwa ku muntu. Ubusembwa bukomeye ni ubwo nyirabwo yimitse mu mutima we, bukamuranga mu mvugo no mu bikorwa, abaturage bakamufata nka kidobya mu bandi, kugeza igihe azabagaragariza ko yahindutse.

Mbere yo gusaba ko amategeko agusubiza ubudakemwa, wowe ubwawe wagombye kubanza kwikiranura n’umutima nama wawe( uramutse ukiwugira), kuko igihe cyose ukimitse ikibi muri roho, bwa busembwa buba bukiri indangamuntu yawe.

Igitangaje, nka Ntaganda Bernard we, ataranabona n’ubwo buziranenge asaba, yamaze rwose gutangaza ko nta kabuza aziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.

Uretse ko ari n’ubushotoranyi kuko uwo “munyamategeko” abizi ko imyaka yakatiwe itamwemerera kwiyamamaza, ni n’agasuzuguro ku Banyarwanda, kumva umuntu nka Ntaganda arota kubabera Perezida.

Ubu se aka kanya koko twibagiwe Ntaganda Bernard avugira ku mugaragaro ngo:”” Tura tugabane niwanga tubimene”? Mbese ubwo yatubwiraga ko nadahabwa ubutegetsi, ibyo twagezeho twiyushye akuya azabihindira umuyonga! Izo nzozi ntazigera azikabya ariko, kuko Umunyarwanda wa none atagikangwa na baringa.

Mu by’ukuri rero, haba kuri Ntaganda Bernard, haba no ku ishumi ye Ingabire Victoire, icyasha gikomeye kiri mu mitima yabo. Aho kurushya abacamanza, nibiyambaze Imana, yo mucamanza mukuru, ibirukanemo umudayimoni w’ubugome bugaragiwe n’ubuhanga bugerwa ku mashyi.

2024-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Ubwanditsi 09 May 2018
Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Ubwanditsi 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019
UBUKUNGU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa
POLITIKI

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru