• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024 Amakuru, IKORANABUHANGA, INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2024 itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1, ni mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Ni umukino wakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Gicurasi 2024, wari uteganyijwe gutangira ku isaha ya saa cyenda ariko utangira ku isaha ya Saa Kumi kuko ikibuga cyarimo indi mikino y’Abakozi.

Ni umukino wagiye gukinwa hari impaka nyinshi mu bakunzi ba Siporo nyarwanda kuko bamwe bavugaga ko Police FC yamaze kumvikana na Bugesera ko izatwara igikombe kuko nayo yari yatsinzwe muri shampiyona.

Gusa n’ubwo ibi byavugwaga hirya no hino, aya mpamakuru nta ruhande narumwe rwigeze ruyemeza kuko bose intego bari bazanye yari ugutwara igikombe cy’Amahoro.

Haba kuri Mashami Vincent utoza ikipe ya Police FC yashakaga igikombe cya Kabiri nyuma y’icyo yatwaye muri APR FC muri 2014, naho Haringingo we yashakaga icya gatatu nyuma y’icyo yatwaye ari muri Mukura (2018) na Rayon Sports muri 2023.

Muri uyu mukino watangiye amakipe yombi ubona akina ashakisha igitego kugirango buriyose ibe yizeye ko yatwara iki gikombe, igice cya mbere cyawo cyarangiye amakipe yombi angana 0-0.

Bavuye kuruhuka ikipe ya Police FC niyo yatangiranye imbaraga zanayigejeje ku gitego cya mbere cyatsinzwe na Aboubakar Akuki Djibrine ku mupira yari aherejwe na Hakizimana Muhafjiri.

Ntibyatwaye umwanya munini ngo ikipe ya Polisi y’igihugu itsinde ikindi gitego cya kabiri, cyatsinzwe na Nsabimana Eric uzwi nka Zidane, hari kuri Koruneri yatewe neza na Muhadjiri imusanga aho yari ahagaze abonezamo umupira bitamugoye.

Bugesera FC yarwanaga n’iminota ya nyuma, yabonye igitego cyo kwishyura muri bibiri yari yatsinzwe, ni igitego cyatsinzwe na Farouk Ssentongo Saifi.

Gutwara iki gikombe kwa Police FC birayiha itike yo kuzakina imikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.

Iki gikombe Police FC yegukanye yagishyikirijwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madamu Aurore Munyangaju Mimosa.

Iki kandi kibaye igikombe cya kabiri cy’Amahoro itwaye kuko icyo yaherukaga yagitwaye muri 2013, muri uyu mwaka kandi Police itwaye igikombe cya Kabiri nyuma y’icy’intwari yatwaye itsinze APR FC ku mukino wa nyuma 2-1.

Mu bagabo kandi, Ikipe ya Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yaho kuri uyu wa Kabiri yatsonze Gasogi United 1-0.

Mu bagore ikipe ya Rayon Sports niyo yegukanye igikombe cy’Amahoro 2024 itsinze ikipe y’indahangarwa ibitego 4-0, ibi biyiha kandi itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

2024-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Bwana André Kazigaba, jya uvuga uziga, kuko ubwibone no  gushyanuka bizagushyira  mu kaga karenze ako wishoyemo

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ikoranabuhanga rya Drycard rifasha kumenya umusaruro wumye neza ryagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2018
Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa
Amakuru

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo
Amakuru

Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Ubwanditsi 28 Sep 2020
Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Ubwanditsi 29 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru