• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

I Kinshasa muri Kongo, kuri iki cyumweru, tariki 19 Gicurasi 2024, hiriwe inkuru ngo y’umugambi wo guhirika ubutegetsi “waburijwemo”.

Urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikanye mu gace ka Gombe, gatuwemo n’abategetsi bakomeye barimo na Perezida Tshisekedi, ndetse itangazamakuru rya leta ryemeza ko abo bantu bitwaje intwaro bibasiye urugo rwa Vital Kamerhe, inkoramutima ya Tshisekedi, unitegura kuba perezida w’inteko ishinga amategeko.

Christian Malanga bivugwa ko yatumwe gukora ikinamico

Nubwo igisirikari cya Kongo cyavuze ko “cyaburijemo” umugambi wa kudeta( coup d’état), kikagaragaza ngo abafatiwe muri uwo mugambi ndetse n’umurambo ngo w’umwe muri bari bayoboye igitero, hari abasesenguzi batangiye gusobanukirwa ko iri ari ikinamico, rigamije kurangaza abaturage bahangayikishijwe n’ibibera mu burasirazuba bw’igihugu, kwikiza abo adashaka, no kwibasira uRwanda yamenyereye kwikoreza imizigo ye.

J. Luc Melenchon, umukwizabinyoma.wa Tshisekedi

Mu ruturuturu inkuru ya kudeta igitangira guhwihwiswa, Umufaransa Jean-Luc Melenchon wigize umuvugizi wa Tshisekedi kubera bya ruswa amutamika, yihutiye kwandika ku rubuga rwe rwa X, ko uyu ari “umugambi ushyigikiwe n’abanyamahanga barimo u Rwanda”.

Icyakora nta gishya kuri Melenchon, kuko uyu musaza ufite uburwayi bwo mu mutwe, asanzwe yarasaze avuga uRwanda.

Uretse kuvuga ko hari abafatanywe ibyangombwa bya Canada n’Amerika, ndetse ngo igitero kikaba cyari kiyobowe n’Umukongomani Christian Malanga, wahise anicwa ngo atazanahishura iby’iryo kinamico,, nta rindi perereza riraba ngo ryerekane uwaba yari inyuma y’icyo gikorwa. Bwana Melenchon usanzwe ari umuzindaro wa Tshisekedi rero, yashyanutse, yihutira kuvuga ibyo shebuja atekereza, ariko agitegura uko azabirimanganyamo.

Abantu bizwi ko basanzwe bakorera icengezamatwara Perezida Tshisekedi, bihutiye gukwiza ku mbuga nkoranyambaga ko abagabye igitero baturutse hakurya i Brazzaville muri Repubulika ya Kongo, doreko uwo mujyi utandukanyijwe na Kinshaza n’uruzi gusa rwa” Fleuve Congo “. Abo bahezanguni barahuza icyo gitero n’ubucuti busanzwe hagati ya Congo-Brazzaville n’u Rwanda.

Umwe mu basaza ngo bafatiwe muri kudeta

Mu gusegura ibinyoma byabo ariko birimo ubuswa bukabije, banakwirakwije ifoto mpimbano ngo “abajenerali” bo muri Congo-Brazzaville baherutse kwifotozanya na Christian Malanga. Uretse ko batanavuze umwirondoro wabo, wanakwibaza niba abo “bajenerali”ari abaswa bo kwifotozanya n’umuntu bashaka gufasha mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw’abaturanyi.

Agace karimo “Palais de la Nation”( ingoro y’Umukuru w’Igihugu) kararinzwe bikomeye, ku buryo bigoye kumvikana ukuntu agatsiko k’abarakare bake kinjiranamo ibitwaro bya rutura, ndetse kakanamaramo umwanya munini, ungana nk’uwo amasasu yamaze yumvikana muri ako gace.

Wasobanura ute ko ako gatsiko kahengereye Perezida Tshisekedi ataharaye, bakabona kugaba igitero kuri “Palais de la Nation”?Bisobanuye gusa ko barashe ku rugo bazi neza ko nta muntu bari buhungabanye.

Nyuma y’ikinamico,Vital Kamerhe yigiriye mu gitaramo cya muzika

Vital Kamerhe byavugwaga ko yahungabanye kubera igitero cyagabwe ku rugo rwe, ntibyamubujije kwigira, we n’umugore we, mu gitaramo cy’umuhanzi Moïse Mbiye, bigaragaza ko atuje, kuko nawe abizi ko nta muntu wigeze agambirira kumugirira nabi.

Ibi ni bimwe mu bimenyetso bigaragaza ko iri ryari ikinamico rya Perezida Tshisekedi n’abambari be, kandi ndahamya ko n’ibindi byerekana ko aka ari agakino, bizigaragaza uko iminsi izagenda yicuma.

Ibisa rero koko birasabirana. Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye w’uBurundi ntibasangiye gusahura ibihugu byombi no kumena amaraso y’inzirakarengane gusa, ahubwo banahuriye ku makinamico y’ubuswa.

Muribuka ko mu byumweru 2 bishize inzego z’iperereza mu Burundi zateye ibisasu mu duce tunyuranye twa Bujumbura, ndetse bigahitana abantu abandi bagakomereka.
Abatari bake barafashwe bitwa ko bateye ibyo bisasu babitumwe n’uRwanda, kandi mu by’ukuri yari amayeri yo guhohotera abo bita”ibyitso”, no kurangaza abaturage bugarijwe n’ubukene butigeze bubaho mu Burundi.

Ibi byose yaba Tshisekedi, yaba na Ndayishimiye, babikopeye kuri mukuru wabo Yuvenali Habyarimana. Kwiyegereza abajenosideri ba FDLR byabigishije amakinamico nk’iryo mu ijoro ryo kuwa 04 Ukwakira 1990, ubwo abasirikari ba Habyarimana bararaga barasa mu mujyi wa Kigali, babeshya ngo Inkotanyi zawuteye. Hakurikiyeho gufata Abatutsi n’abatarishimiraga imitegekere ya MRND, maze abo biswe”ibyitso by’Inkotanyi” bakorerwa iyicarubozo rya kinyamaswa. Ariko se byabujije Habyarimana n’Interahamwe ze gukubitwa iz’akabwana? Tshisekedi na Ndayishimiye namwe ni ikibazo cy’igihe gusa.

2024-05-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahugurwa afite ireme ni inkingi ya mwamba y’imikorere myiza ry’urwego rw’umutekano-IGP Gasana

Amahugurwa afite ireme ni inkingi ya mwamba y’imikorere myiza ry’urwego rw’umutekano-IGP Gasana

Ubwanditsi 18 Jun 2016
“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

Ubwanditsi 26 Jun 2023
Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021

Perezida Paul Kagame yakurikiye isozwa rya Tour du Rwanda 2023, ryegukanywe na Henok Mulubrhan

Ubwanditsi 26 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo
HIRYA NO HINO

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe
INKURU NYAMUKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru