• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Editorial 02 May 2024 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, Guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, risanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu guha urubyiruko amakuru nyayoku buzima bw’imyororokere hagamijwe gukumira inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ibyorezo bitandukanye birimo na virusi itera Sida.

Mu butumwa bwatanzwe ku byiciro bitandukanye birimo abanyamadini, Abanyamakuru, abakoresha imbuga nkoranyambaga n’urubyiruko, hagarutswe ku cyakorwa mu gukumira ikibazo cy’inda ziterwa abangavu ndetse no kwirinda ubwandu bwa virusi itera Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umwe mu rubyiruko Mukandayishimiye Sabine yagaragaje ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari uko rimwe na rimwe bagira isoni zo kuganira ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere agasaba ko hakomeza ubukangurambaga.

Yagize ati: “Iyo tugiye mu cyumba cy’urubyiruko dusangamo abantu baturuta tugatinya kubibabwira, ugatinya ko yaba ari uwo muri karitsiye ukaba wamubwira ibintu akabibwira ababyeyi bawe mbere y’uko ubibabwira.

Ku kijyanye n’abanyamadini, na bo bafite imbogamizi yo kuvuga ubuzima bw’imyororokere mu rusengero, nibakangurire urubyiruko kujya mu makarabu kuko tuhungukira ubumenyi kandi tukanatinyuka.”

Umuyobozi ku rwego rw’Igihugu ushinzwe ibwirizabutumwa n’imigenzo y’idini mu idini ya kisilamu mu Rwanda, Sheikh Imaniriho Ismael, ashimangira ko nubwo inyigisho zitangwa zigomba gushingira ku ijambo ry’Imana ariko hakwiye no kuzamura imyumvire.

Ati: “Impamvu nyamukuru ishingira ku kuba twe tuyoborwa n’igitabo cy’Imana kuko ni yo konsititusiyo ya mbere y’umuyisilamu cyangwa umwemera Mana nyakuri. Aha rero habanza kwifata mbere ya byose kuko iyo utifashe uba waguye mu cyaha.”

Yongeyeho ati: “Impamvu yindi nanone ishingira ku muco cyane cyane umuco utatwemerera kuvuga ibintu mu mazina yabyo, ariko aho Isi igeze ibintu tugomba kubihindura tukegera urubyiruko, ibyiciro byose birimo abanyamakuru n’abandi batandukanye kugira ngo dukosore Isi yacu kuko ni cyo tubereyeho.”

Impuguke mu bijyanye n’amategeko ndetse n’ubuzima bw’imyororokere, watanze ikiganiro ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya Virusi Itera SIDA, guteza imbere Ubuzima no Guharanira Uburenganzira bwa Muntu ku buzima mu Rwanda, Sengoga Chris, asanga hakwiye kubaho ubufatanye bwa buri wese mu gutanga amakuru nyayo ku rubyiruko mu rwego rwo gukumira bimwe mu bibazo bishingiye ku buzima bw’imyororokere.

 

Ati: “Ababyeyi ubundi ni bo bafite inshingano za mbere kuko umwana avukira mu muryango akanawukuriramo. Ugasanga akenshi n’abarezi na bo bafite uruhare. Ariko nanone abanyamadini kubera ko usanga sosiyete yose ari ho ibarizwa na bo bakagira uruhare.”

 

Yakomeje avuga ko abanyamadini usanga rero kenshi abanyamadini bigisha sinavuga ko ari ukugoreka amakuru ariko ugasanga badakomoza ku kintu cyo kwirinda ngo bakivuge cyose uko cya bikwiye, bigatuma rwa rubyiruko za ngimbi n’abangavu bari mu madini atandukanye ugasanga ntabwo bafite amakuru y’ibanze ku buzima bw’imyororokere.

 

Amakuru rero kudahuza ngo nibura ayo akuye mu rugo cyangwa atayabonye mu rugo ngo ayabone mu muryango abarizwamo w’amadini n’ahandi ayo yose habayeho gushyira hamwe imbaraga no gufatanya ibikorwa twese tugasenyera umugozi umwe nk’Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye, byatuma ba bangavu n’ingimbi babona amakuru ku buzima bw’imyororokere bikanagabanya ibibazo sosiyete nyarwanda irimo ihura nabyo byinshi bijyanye no kutabona amakuru.”

 

Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yo ku ya 2 Gashyantare 2023 igaragaza ko kuva muri Nyakanga kugera mu Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 ari bo batewe inda imburagihe mu Rwanda.

Intara y’Iburasirazuba ni yo iyoboye izindi mu kugira umubare munini w’abangavu baterwa inda aho Uturere tuza ku isonga ari Nyagatare, Gatsibo na Bugesera.

2024-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 05 May 2023
‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Editorial 24 Aug 2017
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Editorial 18 Jan 2022
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Editorial 29 Apr 2017
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 05 May 2023
‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Editorial 24 Aug 2017
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Editorial 18 Jan 2022
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Editorial 29 Apr 2017
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 05 May 2023
‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Editorial 24 Aug 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru