• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Buri gihe iyo habaye impinduka mu ngabo z’u Rwanda, cyane cyane iyo hari abirukanywe, abasezerewe n’abasubiye mu buzima busanzwe nk’uko byagenze muri iyi minsi, ibigarasha n’Interahamwe bakwiza ibihuha ngo hari umugambi wo guhirika ubutegetsi wategurwaga.

Ibi ni bya bindi umushonji arota arya. Abo bagome bifitiye inzozi zabakwamiyemo, doreko bahora bifuriza u Rwanda imidugararo n’isenyuka ry’ubumwe n’ibindi byiza rugenda rugeraho. Ntabyo bazabona ariko, kuko ibyo byiza ntitubifata minenembwe!

Uko gukwiza impuha kandi babikora nkana, bagamije gusa gukura abaturage umutima, ngo ab’intege nke bibeshye ko hari ubushyamirane hagati y’ubuyobozi bukuru bw’ Igihugu n’ingabo z’u Rwanda.

Ibyo ni uguhomera iyonkeje ariko, kuko Umunyarwanda wa none arahumutse. Azi neza imbaraga z’ubuyobozi yitoreye, disipuline ntagereranywa y’Ingabo z’u Rwanda, icyizere n”ubwuzuzanye hagati y’inzego z’Igihugu.

Ku rundi ruhande ariko, ibigarasha n’abajenosideri ntibamenyereye umuco wo gukorera mu mucyo, aho buri wese abazwa ibyo yakoze, byaba amakosa akabihanirwa hatitawe ku ipeti cyangwa urwego rw’ubuyobozi umunyacyaha arimo.

Benshi muri abo bakwiza amagambo, bakuriye, bahungiye cyangwa banavukiye mu bihugu aho Jenerali yica agakiza, kumutinyuka ngo uramuhana bikaba ikizira!

Iyo babonye rero mu Rwanda Jenerali yirukanwe kubera ruswa cyangwa ubusinzi, abakiri imbata y’imyumvire yo ku ngoma za Kayibanda na Habyarimana babifata nk’ishyano ryaguye, bakabishakira indi mpamvu iremereye, nk’umugambi wo guhirika ubutegetsi!

Muri iyi myaka, mu bihugu byinshi by’Afrika hagiye haba kudeta, abasirikari bakambura abasivili ubutegetsi, kandi koko wasesengura ugasanga igihugu cyari kigeze aharindimuka.

Hari abanyamakuru bagiye bahera kuri iyo nkundura y’ihirikwa ry’ubutegetsi hirya no hino muri Afrika, bakabaza Perezida Kagame niba atajya yikanga ko no mu Rwanda haba kudeta. Mu magambo make hari uwo yasubije ati:” Hari filimi zidashobora gukinirwa mu Rwanda, kuko zitabona abazikina ndetse n’abazireba”.

Iki ni igisubizo gisobanura ko hari ibintu biba ahandi ariko bidashoboka mu Rwanda, kubera amateka rwanyuzemo, n’uruhare ayo mateka yagize mu kubaka imyumvire mishya mu Banyarwanda. Umunyarwanda yamenye gutandukanya igisahiranda n’umuyobozi usobanutse, ku buryo nta mahirwe yaha inturumbutsi na ba kidobya.

Ingabo z’u Rwanda ni bamwe muri abo baturage bazi ikiguzi cy’aya mahoro, n’imiyoborere inogeye buri wese. Zizi no kurusha undi wese ko iterambere nyaryo ari irishingiye ku byifuzo n’uruhare rw’umuturage mu bimukorerwa.
Wamenera he rero uvutsa abaturage ubuyobozi bitoreye hafi 100%?

Iyo ni filimi ikinirwa gusa mu bwonko bwangiritse nk’ubwa Ingabire Victoire, Nahimana Thomas, Jean- Paul Turayishimiye, Jean- Paul Ntagara, n’izindi ngurukira ngenzi zabo.

2024-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo

Ubwanditsi 26 Jan 2017
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu
POLITIKI

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru