• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko bitangazwa n’ ikinyamakuru mpuzamahanga cy’Abongereza, Reuters, igihugu cy’Afrika y’Epfo gikomeje kongera umubare w’abasirikari bacyo muri Kongo, aho bafatanya na Leta y’icyo gihugu ndetse n’abajenosideri ba FDLR gutsemba Abakongomani.

Reuters ivuga ko muri iyi minsi 7 ishize, indege yo mu bwoko bwa Cargo IL-76, ifite nomero EX-76008, yakoze ingendo nibura eshanu hagati ya Pretoria na Lubumbashi, kugeza ubu ikaba imaze kuzana abasirikari bari hagati ya 700 na 800, biyongera ku bandi basanzwe mu ntambara ya Kongo.

Afrika y’Epfo isanganywe abasirikari babarirwa mu 3.000 muri Kongo, barimo abari muri SADC n’abari muri Monusco.

Nyuma y’aho M23 ifatiye ikibuga cy’indege cya Goma, ndetse ikaba isatira n’icya Kavumu muri Kivu y’Amajyepfo, abasirikari ba SADC barimo n’abo muri Afrika y’Epfo, bafite ingorane mu kugeza abarwanyi, ibikoresho n’ibiribwa ku murongo w’urugamba mu burasirazuba bwa Kongo, bakaba rero bifashisha ikibuga cy’ingege cya Lubumbashi, kiri mu bilometero 1.500 mu majyepfo ya Goma!

Hari n’amakuru avuga ko SADC irimo gukoresha n’ikibuga cya Bujumbura, ariko umutekano w’ibihanyuzwa ukaba utizewe neza, kuko cyegeranye na Kivu y’Amajyepfo M23 yamaze gushingamo ibirindiro.

Ibi byo kongera umubare w’abasirikare muri Kongo, Perezida Ramaphosa arabikora agamije kwihorera ku mutwe wa M23, uherutse kwisasira ingabo nyinshi z’Afrika y’Epfo, mu ntambara yo kwigarurira umujyi wa Goma n’inkengero zawo.

Afrika y’Epfo ivuga ko yapfushije abasirikari 14, ndetse imirambo yabo ikaba yaramaze kugezwa muri Afrika y’Epfo, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko uwo mubare urenga cyane, kuko abasirikari b’Afrika y’Epfo batashoboye kwegeranya imirambo yose ya bagenzi babo, dore ko ngo yari inyanyagiye ahabereye imirwano.

Magingo aya kandi hari abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo bari mu maboko ya M23, nk’imfungwa z’intambara. Kongera umubare w’ingabo muri Kongo rero, nabyo ngo byaba biri mu mugambi wo kubabohoza ku ngufu, no kwisubiza ibikoresho bya gisirikari byinshi kandi bya rutura, M23 yafatiye i Goma.

Afrika y’Epfo irakomeza gutiza umurindi intambara ya Kongo, yirengagije ko inama yahurije Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, i Dar Es Salaam, mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko iyo miryango yombi yafasha Kongo kurangiza ikibazo cyayo binyuze gusa mu nzira y’imishyikirano.

Ramaphosa arongera umubare w’abasirikari muri Kongo, mu gihe ahubwo Inteko Ishinga Amategeko imwotsa igitutu, isaba ko n’ abanzwe yo bataha vuba na bwangu, none ararushaho kubashora mu ibagiro.

Abaturage b’Afrika y’Epfo binubira ko Ramaphosa yohereje abana babo gupfira mu ntambara afitemo inyungu ze bwite. Ngo bapfa ku bwinshi kuko batazi neza agace barwaniramo, ndetse ngo batanafite ibikoresho bihagije.

Abasesengura intambara ya Kongo bahamya ko kurwanya M23 ari ubwiyahuzi, kuko ifite impamvu irwanira, ikagira ubuhanga n’umurava kurusha abo ihanganye nabo.

2025-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Ubwanditsi 25 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority
Amakuru

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda
Amakuru

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024
Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5

Ubwanditsi 05 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru