• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru” Jeune Afrique “, Perezida wa Angola, João Lourenço yatangaje ko asanga igihe kigeze ngo inshingano yari afite z’ubuhuza mu kibazo cya Kongo zegurirwe undi mukuru w’igihigu.

Perezida Lourenço yavuze ko ntako atagize ngo yumvishe mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, ko ikibazo cy’intambara iyogoza igihugu cye kizakemurwa gusa n’inzira y’imishyikirano, ariko Tshisekedi akabyima amatwi.

Perezida Lourenço ati:”Mpereye ku rugero rw’igihugu cyanjye, Angola, nabwiye kenshi Perezida Tshisekedi ko nta muti ushobora kuva mu ntambara. Murabizi ko twabaye mu ntambara igihe kinini, ariko yaje kurangizwa n’imishyirano hagati ya Leta n’umutwe wayirwanyaga wa UNITA, ndetse tunagirana ibiganiro n’igihugu cy’Afrika y’Epfo cyari cyarohereje ingabo ku butaka bwacu, ari nabyo byatanze amasezerano y”amahoro muw’1998.

Inama zinyuranye zabereye i Luanda muri Angola, zasabye Leta ya Kongo kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23 uyirwanya, kandi ikagira uruhare mu gusenya umutwe w’abajenosederi wa FDLR.

Imyanzuro ya Luanda yanashyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga muri rusange, nawo usaba kurangiza intambara ya Kongo binyuze mu nzira y’ibiganiro. Ibi Tshisekedi ntabikozwa, kuko yarahiye kenshi ko atazigera ashyikirana na M23, yita ” umutwe w’iterabwoba. Gusenya FDLR nabyo yarabyanze, kuko yamaze no kuyinjiza mu ngabo ze, akaba anakomeje kuyifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Nyuma y’inama yagombaga guhuza Perezida Kagame w’uRwanda na mugenzi we wa Kongo i Luanda tariki 15 Ukuboza 2024, ariko igapfuba kubera ko, ku munota wa nyuma, abategetsi ba Kongo bisubiyeho bakanga umwanzuro wo gushyikirana na M23, nyamara bari babyemereye umuhuza, Perezida Kagame yavuze ko atazasubira mu nama nk’izo zo gutesha abantu igihe gusa.

Nyuma y’aya mananiza yose rero, Perezida Lourenço amanitse amaboko, kuko asanga gukomeza ubuhuza butagira icyo bugeraho ari ukuvunwa n’ubusa.

Kuri uyu wa gatandatu, tariki 15 Gashyantare 2025, nibwo Perezida Lourenço azatangira kuyobora Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe.

Uwo mwanya wakamuhaye ububasha bwo gukemura ikibazo cya Kongo, ariko yabwiye “Jeune Afrique” ko imirimo myinshi imutegereje atayibangikanya n’iy’ubuhuza [abonamo amananiza].

Angola ni kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, wohereje ingabo muri Kongo, ariko nta musirikati wa Angola uzirimo.

Izo ngabo za SADC zifatanyije n’za ku Leta ya Kongo, iz’uBurundi, abajenosideri ba FDLR n’indi mitwe y’abagizi ba nabi, zananiwe gukoma imbere M23, ahubwo urwo ruvangitirane rw’abarwanirira Tshisekedi, rwijandika mu bikorwa bihohotera Abatutsi b’Abanyekongo.

Amateka azazirikana ko Angola yanze gushora abasirikari bayo mu ntamba ya Kongo ihitana benshi, igasenya byinshi, kandi umuti urambye ari uwo kwicarana, Abakongomani bagakemura ibibazo by’igihigu cyabo babihereye mu mizi.

2025-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Ubwanditsi 11 Jun 2020
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 17 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu
IMIKINO

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka
Mu Rwanda

Abantu 369 bapfiriye mu mpanuka uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru