• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Mata 2025 nibwo inkuru y’itabwa muri yombi kwa Turahirwa Moses usanzwe ari umuyobozi w’inzu y’imideli ya Moshions yatawe muri yombi aho akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.

Nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry aganira na IGIHE yahamije iby’itabwa muri yombi kwa Moses.

Yagize ati“Ni byo koko Turahirwa Moses yarafashwe akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge nkuko bigaragazwa n’ibisubizo by’ibipimo byafashwe bikanapimwa n’abahanga bo muri RFI [Rwanda Forensic Institute].”

Dr. Murangira abajijwe niba ibiyobyabwenge barasanze ari byo bituma agaragaza imyitwarire amaranye iminsi yanenzwe n’abatari bake, Umuvugizi wa RIB, yagize ati “Ingano y’ibiyobyabwenge basanze mu mubiri we ni nyinshi cyane, ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu byo akora. Ku bindi, iperereza rirakomeje.”

Si ubwa mbere Turahirwa akurikirwanyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko no mu 2023 yakurikiranyanyweho ibyaha bisa nk’ibi gusa aza gufungurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Muri ibi bikorwa by’ubushizi bw’isoni kuri Moses uheruka guhangara umukuru w’igihugu, byakabaye isomo ku rubyiruko rw’u Rwanda kuko nirwo ruzaba ruyoboye iki gihugu cy’imisozi igihumbi mu minsi iri imbere.

Ntawatinya kubwira uru byirizo ruzwi nka Generation Z, ko bagomba kuba maso bakirinda aba bayobya bitwaje cyane iri koranabuhanga rigezweho muri iyi minsi kukousanga ibyo bikorwa umuntu yakwita iby’abapfu usanga rimwe na rimwe binyuzwa no ku mbuga nkoranyambaga ugasanga barabyadukanye nabo.

Aha kandi ni ngombwa ko urubyiruko rwakwirinda amahanga atwangisha ibihugu byacu iyo tuyashakamo ubuhungiro, kuko usanga rimwe narimwe aba umutego utegwa abana b’u Rwanda rimwe na rimwe usanga baba bashaka kwerekeza mu mahanga, bityo indangagaciro baba baratojwe zikagenda nka nyomberi.

Nk’ubu uyu Moses aherutse kwifata abeshyera se umubyara ko u Rwanda atari ahantu heza kuko ngo yigeze ajya gusura se umubyara aho yari afungiye muri Gereza ngo aza kwangira guhura nase, ariko nyuma umubyeyi we yahakanye iby’iyi nkuru ko atari ukuri, ubuse uyu yakunda ate u Rwanda yubahuka kubeshyera umubyeyi we?

Rubyiruko mureke duhaguruke turwanye uwari we wese ushaka kutuzanamo ibikorwa bidakwiriye abana b’u Rwanda dore ko uru rubyiruko rwa none ariyo mizero y’ejo hazaza kandi ubu nino kwishimira ko turi mu maboko meza ya Nyakubahwa Paul Kagame, ngobyi iduhetse.

Reka nsoze mbabwira ko muri iyi minsi aho Isi igeze dukwiye kwitwara neza ndetse tukanaba inyenyeri imurikira Isi cyane dukoresha izi mbugankoranyambaga neza dutanga ubutumwa bwubaka ndetse bufitiye umumaro Isi ndetse n’abanyarwanda muri rusange.

Mbibutse ko Minisitiri w’urubyiruko ndetse n’ubuhanzi mu nshingano ze, Dr Utumatwishima, yasabye urubyiruko kurushaho kuba maso mu bijyanye n’uko bakoresha imbuga nkoranyambaga, mu buryo bwiza zibabyarira inyungu aho kuzikoresha nabi zibangiriza ubuzima.

Ati” Hari ikintu kijyanye n’uko imbuga nkoranyambaga zigenda ziba nyinshi cyane, uko iterambere rigenda riza na zo zikaza, zikazana ibyiza n’ibibi. Rikaba rishobora gukoreshwa mu buryo bubi, urubyiruko rukiyandarika, rukajya ku bidafite umumaro, ndetse n’abashaka gutanya Abanyarwanda nk’ingengabitekerezo ya Jenoside bikaba byaba byinshi kubera ko bisigaye bibonwa n’abantu benshi cyane.”

2025-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga
Amakuru

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN
IMIKINO

U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

Ubwanditsi 22 Feb 2016
RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa
ITOHOZA

RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru