• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Ubwanditsi 10 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Protais Zigiranyirazo wabaye Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri hagati y’umwaka wa 1974 kugeza mu 1989, akaba musaza wa Agathe Kanziga umugore w’uwari Perezida Habyarimana Juvenal aherutse gupfa afite imyaka 87 aguye mu gihugu cya Niger. Protais Zigiranyirazo, wari uzwi ku izina rya “Monsieur Z”, yavukiye mu cyahoze ari Komine Giciye, Perefegitura ya Gisenyi mu 1938. Yari umuntu w’umunyabubasha cyane, yaba mu rwego rwa gisivili no mu butegetsi bwa Perezida Habyarimana.

Kuva mu 1974 kugeza mu 1989, yabaye Perefe wa Ruhengeri, nyuma y’uko aza kuba umucuruzi ukomeye, wibera mu majyaruguru y’igihugu gukomera mu bucuruzi bwe byaje nyuma y’uko yigaruriye imitungo y’abatutsi b’Abagogwe n’abo mu majyaruguru yari amaze kumenesha, baricwa abarokotse bahitamo guhungira muri Congo; ibyo akabifatanya no gukora ubucuruzi butemewe burimo gusahura ibiti ndetse no gushimuta ingagi mu birunga, akazigurisha mu banyaburayi.

Diana Fossey yishwe tariki ya 26 Ukuboza 1985 yicwa n’abambari b’akazu kubera impamvu ko Nyiramacibiri yari abangamiye ibikorwa byabo byo gushimuta inyamaswa z’ingagi cyane cyane ibyana byazo byajyaga kugurishwa mu Burayi

Umwanditsi w’umwongereza Nicholas Gordon mu gitabo yise’’ Murderers in the mist’’ aho muri iki gitabo agaragaza ibimenyetso byose bigaragaza ko Zigiranyirazo ariwe wishe Dian Fossey bapfuye ko yitambitse ubucuruzi bw’ingagi yajyana mu Burayi.

Umunsi umwe abakozi bakoraga ku kibuga cy’indege I Kanombe mu myaka ya za 80 ntibazibagirwa uburyo ibyana by’ingagi bisaga 50 byasanzwe mu bikarito biri gusakuza kuko indege yari kubijyana yatinze hanyuma imiti yo kubisinziriza igashira ; ibi byose n’ubwo byabaga bitemewe Zigiranyirazo yavunaga umuheha akiyongera undi.

Zigiranyirazo yari umwe mu bari bagize Politiki y’Akazu yabarizwagamo umuryango mugari n’inshuti za hafi za Perezida Habyarimana bari ku ruhembe rw’imbere muri Politiki y’ivangura n’amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyakora, icyamuhaye ububasha bukabije ni uko yari muramu wa Perezida Habyarimana, akaba n’umwe mu bagize itsinda rizwi nka Akazu

Akazu, ryari itsinda ry’abantu bake bose b’inkoramutima za Habyarimana n’umugore we. Mu yandi magambo yoroshye kumva, Akazu kari kagizwe na Habyarimana na baramu be na Agatha Kanziga. Ni ko kagenzuraga igihugu haba mu by’ubukungu, ibya gisirikare, itangazamakuru n’izindi nzego zikomeye.

Ibikorwa byako, byiganjemo ibyoretse igihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bihumira ku mirari ubwo kagiraga n’uruhare rweruye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Protais Zigiranyirazo yari asanzwe afitiye urwango Abatutsi, ariko ku wa 01 Ukwakira 1990 ubwo yamenyaga ko ingabo za RPA zatangiye urugamba rwo kubobohora igihugu, ibintu byahinduye isura ndetse birushaho kujya irudubi.

Yaba Protais Zigiranyirazo, Kanziga ndetse na Perezida Habyarimana ku bufatanye n’abandi bari bagize Akazu, bakajije umurego mu bikorwa byo gutegura umugambi wabo wa Jenoside.

Protais Zigiranyirazo na Kanziga bafataga Abatutsi nk’abantu baciriritse kandi b’abanyamahanga ku buryo batigeze bashyigikira imishyikirano ndetse n’amasezerano y’amahoro y’Arusha ibintu byazanye agatotsi mu mubano wa Kanziga n’umugabo we Habyarimana wabaga ushaka gufata impu zombi.Protais Zigiranyirazo azwiho kuba yaragize uruhare mu nama zateguraga ikorwa rya Jenoside ndetse akanatera inkunga imishinga y’Interahamwe yo gutegura no kugerageza uko jenoside izakorwa.

Igihe ingabo za RPA zatangizaga urugamba rwo kubohora igihugu, Protais Zigiranyirazo, Habyarimana n’ingabo ze nabo batangiye kwica Abatutsi ku bwinshi.

Hari ijoro rimwe ryo muri Mutarama, 1991 ahagana saa munani z’ijoro habaye inama rukokoma yahuje Protais Zigiranyirazo Agatha kanziga , Perezida Habyarimana hamwe n’abandi bantu mu bari bagize Akazu barimo Joseph Nzirorera hamwe na Charles Nzabagerageza ndetse na Perefe wa Gisenyi, Come Bizimungu na Colonel Elie Sagatwa wari umunyamabanga wihariye wa Perezida.

Iyi nama yasize hemejwe icyo bise ‘Umuganda’, aho hari abasivili b’abahutu bigishijwe imbunda mu ibanga bagasabwa gutanga umuganda wo kwica Abatutsi ndetse banababwira ko n’inkotanyi yose bahura nayo bayica kuko ngo gutema urumogi biba bidahagije iyo utaranduye umuzi warwo.

Zigiranyirazo yari umwe mu bantu bakomeye muri Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, impapuro zo kumuta muri yombi zikaba zaragaragazaga ko yayoboye igitero cyagabwe ku Batutsi bashakaga ubuhungiro nyuma y’iminsi mike Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye.

Nubwo urukiko rwaje kumugira umwere biturutse ku kagambane k’uwayoboraga urukiko rwa TPIR ariwe Theodor Meron. Amakuru y’abarokotse ibitero byategurwaga na Zigiranyirazo bavuga ko icyo gitero yagabye cyahitanye abasaga 1000 ndetse na nyuma y’aho kigaruka guhorahoza abandi bari barokotse.

Zigiranyirazo kandi yashinjwaga kuba mu itsinda ry’abicanyi ryiswe ‘Zero Network’ ryategekaga abaturage gushyiraho za bariyeri mu bukangurambaga bwo kwica Abatutsi benshi, ndetse bakanishyura abandi bacukuraga imva rusange bajugunywagamo hanze y’urugo rwe.

Zigiranyirazo yahunze Igihugu ubwo mu 1994 kugeza muri Nyakanga 2001 ubwo yatabwaga muri yombi ari mu Bubiligi

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo yatangajwe n’umuhungu we, Antoine Mukiza Zigiranyirazo tariki 4 Kanama 2025.yapfiriye i Niamey muri Niger ku wa 3 Kanama 2025. Abanyarwanda ntabwo bazibagirwa ibikorwa by’ubunyamanswa bwateguwe kandi bishyirwa mu bikorwa na Protais Zigiranyirazo afatanije n’akazu.

2025-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ubwanditsi 22 Mar 2021
Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Ubwanditsi 11 May 2017
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Ubwanditsi 23 Feb 2025
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame
POLITIKI

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2016
DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya
SHOWBIZ

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali
POLITIKI

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru