• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

Ubwanditsi 20 Aug 2025 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025 kuri Kigali Pelé Stadium, hatangiye irushanwa rya gicuti ryateguwe na APR FC ryiswe Inkera y’Abahizi.

Ni irushanwa rigamije gufasha amakipe yaryitabiriye gutegura umwaka utaha w’imikino, ariko APR FC, Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetde na Azam FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere wahuje Police FC n’ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania, watangiye ku isaha ya Saa kumi watangiye neza ku ruhande rw’ikipe ya Police kuko ku munota wa 20 Police FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu Kwitonda Alain ‘Bacca’’z

Ni igitego yatsinze ku mupira yahawe na Ani Elijah wanyuze muri ba Myugariro ba AZam batari bahagaze neza, abo ni Yoro Diaby na Fuentes Mendoza.

Azam FC, itozwa n’umutoza Florent Ibenge, yahise yagerageje guhindura uburyo bw’imikinire ndetse ku munota wa 37, Tepsi Evence atsinda igitego cyo kwishyura nyuma yo gucenga ba myugariro ba Police FC.

Muri uyu mukino wabaye hatari abafana benshi cyane, Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.

Mu gice cya kabiri cy’umukino ntampinduka nyinshi zabayemo kugeza ubwo amakipe yasoje uyu mukino ari igitego kimwe kuri kimwe.

Ibi byatumye hitabazwa Penaliti kugira ngo haboneke ikipe yegukana amanota atatu, aya manota akaba yegukanywe na Azam nyuma yo gutsinda kuri Penaliti 4-3.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho undi wari utegerejwe cyane, aho APR FC, ari nayo yateguye irushanwa, yakinnye na AS Kigali.

AS Kigali niyo yatangiye neza, ikinira mu kibuga hagati neza ndetse ku munota wa 7 ibona penaliti nyuma y’uko Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ agonganye n’umunyezamu Ruhamyankiko Yvan.

Rutahizamu uherutse kongera amasezerano muri AS Kigali avuye muri Rayon Sport, Rudasingwa Prince niwe wateye iyo penaliti, ayitsinda neza bityo iba iyoboye uwo mukino.

APR FC yagowe n’igice cya mbere cy’umukino, yabikosoye mu gice cya kabiri kuko umutoza Taleb yari yahinduye iyi kipe.

Mu gice cya Kabiri iyi kipe yinjijemo abasanzwe bakina ari ikipe ga mbere,

Byatanze umusaruro ku munota wa 61 ubwo rutahizamu Mamadou Sy yatsindaga igitego cyo kwishyura ku mupira yahawe na Omborenga Fitina.

Iminota 90 y’umukino yarangiye ari igitego kimwe kuri kimwe bityo aya makipe nayo ahya muri Penaliti, aha nijo AS Kigali yegukanye intsinzi kuri penaliti 5-4.

Imikino y’Inkera y’Abahizi irakomeza ku uyu wa Kane, tariki ya 21 Kanama 2025, aho Azam FC izakina na AS Kigali ku isaha ya Saa kumi nahi ku i saa moya APR FC izahura na Police FC.

2025-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ubwanditsi 30 Sep 2024
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Umuhanzi  Ragga Dee  nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Umuhanzi Ragga Dee nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Ubwanditsi 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu
Mu Rwanda

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa
ITOHOZA

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge
HIRYA NO HINO

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru