Nyuma y’iminsi itatu y’irushanwa rya shampiyona y’Isi y’’Amagare abakinnyi basiganwa n’ibihe buri umwe ku giti cye (Individual Time Trial – ITT), guverinoma y’u Rwanda irashimira abaryitabiriye.

U Rwanda, nk’igihugu cyakiriye iri rushanwa rikomeye, rurashimira abakinnyi bose bitabiriye ndetse n’abafana bitabiriye ku bwinshi bagaragaza ishyaka n’urukundo bafitiye uyu mukino.

Mu byiciro bitandukanye byitabiriwe, abakinnyi bagaragaje imbaraga zidasanzwe, bamwe bagera ku ntsinzi ikomeye yo kwegukana umudali w’isi:

Marlen Reusser niwe uheruka kwegukana umudali wa Zahabu mu cyiciro cy’abagore bakuru.

Zoe Bäckstedt, umwongerezakazi ukiri muto ariko ufite impano idasanzwe, yatsinze mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23.

Megan Arens yigaragaje nk’umukinnyi mwiza w’ahazaza, yegukana umudali wa zahabu mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 19.

Kabuhariwe Remco Evenepoel wo mu Bubiligi, uzwiho guhatana ku rwego rwo hejuru, yongeye kwandika izina rye mu mateka yegukana intsinzi mu cyiciro cy’abagabo bakuru.

Jakob Söderqvist wo muri Suwede, yerekanye ubuhanga bw’abasore bakiri bato, atsinda mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 23.
Michael Mouris wagaragaje imbaraga mu bakirimo kubyiruka, yegukanye intsinzi mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 19.
Nyuma y’aho a ba batsinze mu byiciro bitandukanye, niho Guverinoma y’u Rwanda yashimiye aba bitwaye neza kubera uburyohe n’ubushobozi berekanya.

Aha kandi niho u Rwanda rwongeye gurashimira cyane abaturage barwo ku bwitabire budasanzwe bagaragaje mu mihanda ya Kigali aho iri siganwa ririmo guca.

Iyo urebye abakunzi b’uyu mukino hirya no hino mu mujyi wa Kigali, usanga buri munsi aba ari uw’ibirori, byinyuze mukino ndirimbo, inyambarire ndetse n’ubwitabire budasanzwe.

Kuba Guverinoma y’u Rwanda yanyujije itangazo ryo gushima abitahiriye bose ku mbuga nkoranyambaga, ni ikimenyetso cy’uko mu byiciro bitandukanye leta y’u Rwanda ibonamo kwishima kw’abanyarwanda.
Ibi bikaza biherekezwa n’uko mu mateka ya shampiyona y’isi y’Amagare ari ubwambere uyu mugabane wa Afurika wakiriye iri rushanwa.

Kuba ribereye mu Rwanda, bifite ubusobanuro bwagutse ku benegihugu ndetse na Leta muri rusange idahwema gushyira umuturage wayo ku isonga.
Uhereye uri uyu munsi ndetse n’iminsi isigaye y’irushanwa, abanyarwanda n’abashyitsi bose baratumiwe gukomeza kwitabira no gushyigikira irushanwa rikomeje kubera mu rwa Gasabo.




