• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Administrator 24 Oct 2025 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUZIMA

Umuryango AHF-Rwanda  wateguye ikiganiro nyunguranabitekerezo n’abanyamakuru, bibutsa urubyiruko kwifata mu gihe byanze bagakoresha agakingirizo, kuko karinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye zirimo na Virusi itera SIDA.
Dr. Rangira Lambert umuyobozi wa AHF-Rwanda, avuga Ko agakingirizo aribwo buryo bwa mbere bwizewe mu gukumira ubwandu bushya bwa Virusi Itera SIDA, inda zitateganyijwe n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye. Kandi ko gahendutse karaboneka mu Rwanda hose.
Agira ati:”ntimugakore imibonano mpuzabitsina idakingiye kuko, udukingirizo turaboneka rwose ukeneye kugakoresha yakabona mu tuzu twashyizweho na AHF tuzi nka (Condom Kiosks),hari na condom dispensers turaboneka mu bigo nderabuzima, mu bikorera ku giti cyabo, mu ma butiki n’ahandi hatandukanye”.
Habimana Umwe mu bitabiriye iki kiganiro nyunguranabitekerzo cyateguwe na AHF -Rwanda, avuga ko atapfa gutinyuka gufata  agakingirizo kuri Condom Kiosks, kuko abenshi bahita bamenya ko agiye gukora imibonano mpuzabitsina maze bakamwita umusambanyi(Indaya).
Ati” mubyukuri kujya gufata agakingirizo abantu bose bandeba mba numva ari ikibazo pe? ubwo abambona bagira ngo iki? Banyita indaya!”
Dr. Deo Mutambuka, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rwanda Network of People Living with HIV/AIDS (RRP+)
yavuze ko SIDA igihari, kandi ko nta muti nta rukingo ruraboneka akaba ariyo mpamvu Abanyarwanda bose bakwiriye gukomeza kumva ko agakingirizo aribwo buryo bwiza kandi bwizewe bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.
Dr. Ikuzo Basile
Dr. Basile Ikuzo, umuyobozi w’ishami rishinzwe gahunda zo kurwanya ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), yavuze ko kwirinda SIDA ari inshingano za buri munyarwanda wese.
Yagize ati “Tuributsa abanyarwanda ndetse n’Isi yose muri rusange ko SIDA igihari kandi ko ntaho yagiye , niyompamvu hakenewe imbaraga za buri wese kugira ngo turusheho kuyirwanya.
impamvu mvuga ibi nuko twagumye kuri 3% by’abantu bafite ubwandu”
Ubusanzwe agakingirizo iyo gakoreshejwe neza n’uburyo bwiza bwo kwirinda virusi itera SIDA kandi n’abafite iyo virusi kakabafasha kutanduza bagenzi babo.
Umuryango AHF-Rwanda  wateguye ikiganiro nyunguranabitekerezo n’abanyamakuru, bibutsa urubyiruko kwifata mu gihe byanze bagakoresha agakingirizo, kuko karinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye zirimo na Virusi itera SIDA.
Dr. Rangira Lambert umuyobozi wa AHF-Rwanda, avuga Ko agakingirizo aribwo buryo bwa mbere bwizewe mu gukumira ubwandu bushya bwa Virusi Itera SIDA, inda zitateganyijwe n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye. Kandi ko gahendutse karaboneka mu Rwanda hose.
Agira ati:”ntimugakore imibonano mpuzabitsina idakingiye kuko, udukingirizo turaboneka rwose ukeneye kugakoresha yakabona mu tuzu twashyizweho na AHF tuzi nka (Condom Kiosks),hari na condom dispensers turaboneka mu bigo nderabuzima, mu bikorera ku giti cyabo, mu ma butiki n’ahandi hatandukanye”.
Ifoto y’urwibutso y’abitabiriye Amahugurwa
Habimana Umwe mu bitabiriye iki kiganiro nyunguranabitekerzo cyateguwe na AHF -Rwanda, avuga ko atapfa gutinyuka gufata  agakingirizo kuri Condom Kiosks, kuko abenshi bahita bamenya ko agiye gukora imibonano mpuzabitsina maze bakamwita umusambanyi(Indaya).
Ati” mu by’ukuri kujya gufata agakingirizo abantu bose bandeba mba numva ari ikibazo pe? ubwo abambona bagira ngo iki? Banyita indaya!”
Dr. Deo Mutambuka, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rwanda Network of People Living with HIV/AIDS (RRP+)
yavuze ko SIDA igihari, kandi ko nta muti nta rukingo ruraboneka akaba ariyo mpamvu Abanyarwanda bose bakwiriye gukomeza kumva ko agakingirizo aribwo buryo bwiza kandi bwizewe bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.
Dr. Basile Ikuzo, umuyobozi w’ishami rishinzwe gahunda zo kurwanya ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), yavuze ko kwirinda SIDA ari inshingano za buri munyarwanda wese.
Yagize ati “Tuributsa abanyarwanda ndetse n’Isi yose muri rusange ko SIDA igihari kandi ko ntaho yagiye , niyompamvu hakenewe imbaraga za buri wese kugira ngo turusheho kuyirwanya.
impamvu mvuga ibi nuko twagumye kuri 3% by’abantu bafite ubwandu”
Ubusanzwe agakingirizo iyo gakoreshejwe neza n’uburyo bwiza bwo kwirinda virusi itera SIDA kandi n’abafite iyo virusi kakabafasha kutanduza bagenzi babo.

2025-10-24
Administrator

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga

Akabaye icwende ntikoga

Editorial 04 Jan 2016
Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Editorial 01 Nov 2017
Bwa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, hagiye guhembwa abahize abandi mu Bagabo n’Abagore

Bwa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, hagiye guhembwa abahize abandi mu Bagabo n’Abagore

Editorial 04 Jun 2024
Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Nyuma yo gupimwa Koronavirusi no kubona ibisubizo byabo, REG VC batangiye imyitozo bitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 13 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika
ITOHOZA

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Editorial 14 Jan 2017
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League
Amakuru

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Editorial 16 Oct 2021
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho
Mu Mahanga

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Editorial 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru