Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Ukwakira 2025; Ubuyobozi bwa APR Football Club bwasabye imbabazi abafana bayo nyuma yo kudatanga umusaruro wari witezwe mu mukino bahuyemo na Kiyovu SC ukarangira banganya ubusa ku busa.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatandatu, ubuyobozi bw’ikipe bwemeye ko ikipe ititwaye neza nk’uko byari byitezwe, busezeranya abakunzi bayo ko mu mikino iri imbere bizakosorwa.
Bati “Dusabye imbabazi kuba tutabashije gutsinda umukino wacu wa vuba. Twemera ko imyitwarire yacu itari ku rwego rwifuzwa kandi tubizeza ko tuzagaragaza impinduka mu mikino iri imbere,”

APR FC kandi yavuze ko yabonye ibibazo byagaragajwe n’imyitwarire y’abasifuzi irimo penaliti batahawe kandi yagaragaraga ndetse n’ikarita itukura yahawe Ronald Ssekigana, nyuma yo guhabwa amakarita 2 y’umuhondo yabye umutuku.
Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko bwabonye ibyo bibazo, ariko bukomeza kugaragaza icyizere mu nzego zishinzwe gutegura amarushanwa no kugenzura abasifuzi, bwizera ko “ibi bibazo bizasuzumwa mu mucyo no mu butabera.”
Ibi byabaye ku mukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona y’u Rwanda, waranzwe kandi n’indi mikino yakinweho.

Uko imikino yagenze:
Gasogi United 1-2 Gicumbi FC
Rayon Sports 1-0 Amagaju FC
Mukura VS 2-0 AS Kigali
Musanze FC 1-1 Rutsiro FC
Bugesera FC 0-1 AS Muhanga
KIyovu SC 0-0 APR FC
Etincelles FC 0-0 Gorilla FC

Umukino umwe usigaye gukinwa uzahuza ikipe ya Marines FC irakira Police FC kuri sitade Umuganda, kuri iki cyumweru guhera Saa cyenda Zuzuye.




