• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ni mugihe Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ushinzwe iby’Afurika, Massad Boulos, yagaragaje icyizere gikomeye igihugu cye gifitiye Perezida Paul Kagame mu kwimakaza amahoro n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibi yabigarutseho ku wa 2 Ugushyingo 2025, ubwo yashyiraga hanze ubutumwa bwibanda ku biganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, i Paris mu Bufaransa.

Massad Boulos yavuze ko ibiganiro byabo byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), yasinyiwe i Washington D.C.

“Byari byiza guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, tuganira ku kwimakaza amahoro n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Twasuzumye ibimaze kugerwaho mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington, by’umwihariko inyandiko yemejwe n’abahagarariye ingabo n’inzego z’iperereza (CONOPS),” — Massad Boulos.

Yakomeje avuga ko banaganiriye ku biganiro bya Doha bihuza AFC/M23 na Leta ya RDC, bigamije kuzamura icyizere mu nzira yo kugera ku mahoro arambye.

“Twaganiriye ku buryo ibiganiro bya Doha bikomeza gushyigikira amasezerano ya Washington hagamijwe guhagarika imirwano, no guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ingufu n’ubukerarugendo,”.

Boulos yashimangiye ko amahoro n’iterambere mu karere bizashingira ku ishyirwa mu bikorwa ryuzuye ry’amasezerano ya Washington, kandi yizeye ubushake Perezida Kagame akomeje kugaragaza muri urwo rugendo.

“Twishingikirije ubushake Perezida Kagame akomeje kugaragaza mu kwimakaza amahoro n’iterambere mu karere,” — Massad Boulos.

Amasezerano ya Washington yasinywe ku wa 27 Kamena 2025 hagati y’u Rwanda na RDC, agamije gusubiza umutuzo mu Karere, arimo gusenya FDLR, guhagarika imirwano, no gushyiraho uburyo bwo gukorana mu by’umutekano n’ubukungu.

Uretse ibyo, amasezerano asaba guhagarika ibikorwa by’intambara, kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, gufasha muri gahunda yo gucyura impunzi, ndetse no kunoza ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

Ibi byose byemeza ko u Rwanda rukomeje kuba umusemburo w’amahoro mu karere, ruyobowe na Perezida Kagame wagaragaje kenshi ko amahoro arambye ari ishingiro ry’iterambere n’ubumwe bw’abatuye Afurika y’Iburasirazuba n’Ibiyaga Bigari.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushake bwo kubaka amahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bwo bwagiye bukora amakosa menshi asenya umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Aya makosa yagiye agaragaza kudashaka amahoro, guhembera urwango no guha intebe ibinyoma n’iterabwoba.

Mu Gufasha no kurengera umutwe wa FDLR, Kimwe mu makosa akomeye kandi ateye inkeke, ni uko ubutegetsi bwa Kongo bwakomeje gukorana no kurengera ingufu umutwe wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
FDLR yakomeje gukorera ku butaka bwa Kongo imyaka irenga 30, igaba ibitero ku Rwanda, igatera ibisasu mu turere twa Rubavu na Musanze, ndetse ikabangamira ubuzima bw’abaturage n’iterambere.

Nubwo u Rwanda n’ibihugu byinshi byasabye RDC gukuraho uyu mutwe, ubuyobozi bwa Kinshasa bwahisemo kuwukoresha nk’intwaro ya politiki mu kurwanya u Rwanda.

Kwirengagiza uruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro, U Rwanda rwakunze gufasha Kongo kugarura amahoro igihe cyose habaga imvururu mu Burasirazuba bwayo. Ingabo z’u Rwanda zagiye zifasha inshuro nyinshi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, harimo na CNDP na M23, ariko nyuma y’aho, RDC ikajya guharabika u Rwanda ivuga ko ari yo ntandaro y’intambara yatumye habaho umutekano muke
Ibi ni ikimenyetso cy’ubwiyahuzi bwa politiki no kudashimira umuturanyi wagufashije mu bihe bikomeye by’amage.

Gukoresha urwango nk’intwaro ya politiki, Perezida Félix Tshisekedi n’abamwe mu bayobozi be bakunze gukoresha amagambo akomeretsa, asenya ubumwe bw’abatuye akarere. Mu gihe yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu 2023, Tshisekedi yagiriye inama abaturage “yo kwirinda Abanyarwanda”, anavuga amagambo agaragaza ivangura n’urwango rufitanye isano n’amoko ndetse hari n’ubwo yafatanyije na Ndayishimiye mugenzi we w’Umurundi.
Ibi byabyukije imvururu mu Burasirazuba bwa Kongo, bituma Abanyekongo benshi b’Abatutsi bicwa, abandi barahunga.

Guharabika u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, RDC yakoresheje inzego mpuzamahanga nka Loni n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo iharabike isura y’u Rwanda, irushinja gushyigikira M23 — ibintu u Rwanda rwagiye ruhakana rushingiye ku bimenyetso bifatika.
Muri raporo zitandukanye za Loni, hagaragajwe ko hari ibimenyetso bifatika by’uko RDC ifatanya n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, ariko ubutegetsi bwa Kinshasa bukabihisha mu rwego rwo kwikiza igitutu cy’abaturage no guhakana imiyoborere mibi.

Kunanirwa kurengera abaturage bayo, Mu gihe RDC ishinja abandi iterabwoba, ifite ingabo nyinshi (FARDC) zishinjwa gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro mu kwica abaturage b’Abanyekongo b’Abatutsi. Abaturage ibihumbi bahunze bajya mu Rwanda no mu bindi bihugu, mu gihe Kinshasa ihugiye mu magambo aho gushyira imbere ubuzima bw’abaturage bayo.

U Rwanda rukomeje kuba intangarugero mu mahoro; Nubwo RDC ikomeje gukora amakosa yisubiza inyuma, u Rwanda rwo rwahisemo inzira y’amahoro, binyuze mu masezerano ya Washington na Doha, ndetse no mu bufatanye n’ibihugu by’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko iterambere n’umutekano w’Akarere bizagerwaho ari uko habayeho ubufatanye, kubahana no kurandura imitwe y’iterabwoba.

RDC rero isabwa kwisuzuma, igahagarika amarangamutima ya politiki n’amagambo y’urwango, kugira ngo amahoro arambye agerweho ku baturage bose bitabaye ibyo Wzarendo izagwa igihugu igicuri abavuga ikinyarwanda bigaramiye kuko nk’ubu Ibice M23 yafashe biratuje byongeye guhobera ubuzima.

2025-11-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

RUSHYASHYA 29 Jun 2026
Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo

Perezida mushya wa Zimbabwe, Mnangagwa yijeje abaturage demokarasi no guhanga imirimo

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.
Amakuru

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Ubwanditsi 02 May 2021
Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi
INKURU NYAMUKURU

Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi

Ubwanditsi 08 May 2019
Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru