• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje ibikorwa byawo byo guhungabanya umutekano no kwica abaturage mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Leta y’iki gihugu ikomeje kuvuga ko uyu mutwe utagifite ubushobozi kandi igafatanyanawo mu mirwano irwanya umutwe wa M23.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025, abarwanyi ba FDLR batwitse igiturage giherereye muri Teritwari ya Walikale, mu gace ka Busurungi ho muri Gurupoma ya Waloa Loanda, banica abaturage bane bari batuye muri ako gace.

Abo barwanyi bayobowe n’uwitwa General Mudayongwa, bateye icyo giturage mu gihe abaturage bari bakiryamye, batwika amazu menshi, bituma benshi bahunga berekeza mu bice bya Kifuruka, Kaundju, Katambira na Busurungi.

Urubuga Actualité.cd rwatangaje ko abo barwanyi ba FDLR, ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, binjiye muri ako gace bafite intwaro, bagamije gutera ubwoba abaturage no kubirukana ku butaka bwabo.

Abaturage bavuga ko General Mudayongwa amaze igihe asaba abaturage kwimuka, avuga ko ubwo butaka ari ubwe, akabukoresha mu korora no guhinga ku gahato, ibintu bikomeje guteza umutekano muke n’ihungabana mu baturage baho.

Muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi, bivugwa ko hari n’abantu bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo bahasize ubuzima, by’umwihariko abarwanyi ba Mai-Mai Kifuafua, ibintu byatumye imirwano ikomeye yubura hagati ya FDLR n’iyo mitwe ya Mai-Mai.

Ibi bibaye mu gihe raporo zitandukanye z’Umuryango w’Abibumbye zagiye zerekana ko Leta ya Congo yakiriye, ikanakorana n’abarwanyi ba FDLR, nubwo uyu mutwe uri ku rutonde mpuzamahanga rw’imitwe y’iterabwoba. Izi raporo zigaragaza ko hari ubufatanye hagati ya FDLR n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) mu bikorwa bya gisirikare, ibintu bikomeje gushyira mu kaga umutekano w’abaturage b’abasivili.

Ni mu gihe kandi ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gutangaza ko FDLR itakiri ikibazo gikomeye, mu gihe ibikorwa byayo byo kwica abaturage, gutwika imidugudu no kwigarurira ubutaka bigenda byiyongera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu rwego rwo gushakira umuti urambye iki kibazo, amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasinyiwe i Washington D.C ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ateganya ko impande zombi zigomba gufatanya mu gusenya no guhashya umutwe wa FDLR, ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’akarere kose.

Gusa uko iminsi igenda ishira, ibikorwa bya FDLR bikomeje kugaragaza ko uyu mutwe ugifite ubushobozi bwo kwica no guhungabanya umutekano, mu gihe abaturage b’abasivili bakomeje kuba igitambo cy’intambara n’imikino ya politiki mu Burasirazuba bwa Congo.

2025-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Burundi/Muyinga: Imbonerakure enye zishwe zimaze kurasa abantu babiri

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu  yo kurwanya ibyaha

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe  igitaraganya muri Rwandair
ITOHOZA

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru