• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo

Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo

RUSHYASHYA 14 May 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Karasira Uzaramba Aimable uherutse kwitaba Imana ubwo yari arangije igifungo cy’imyaka itanu mu Igororero rya Nyarugenge riri i Mageragere yashyinguwe.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026 aho wabanje no kumusezeraho bwa nyuma hagarukwa ku byaranze ubuzima bwe bikurikirwa n’Igitambo cya Misa yo kumusezeraho cyaturiwe muri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Yashyinguwe mu Irimbi rya Rusororo mu Mujyi wa Kigali.

Mu buhamya bwatanzwe n’umwe mu banyeshuri yigishije ndetse akayobora mu mushinga we wo kwandika igitabo yavuze ko yari umwalimu utarihanganiraga ko umunyeshuri yiga isomo arica hejuru ahubwo agaharanira ko ibyo yiga abyumva neza.

Karasira apfuye afite imyaka 49 kuko yavutse mu 1977. Yavukiye mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye akaba yari mwene Karasira Claver na Mukaruzamba Marie Goreth.

Ababyeyi be bimukiye mu Mujyi wa Kigali ubwo yari afite imyaka itatu cyangwa ine yiga amashuri abanza n’ayisumbuye mu Mujyi wa Kigali naho aya kaminuza ayiga muri Kaminuza y’u Rwanda no muri Suède.

Yakoze mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB kikitwa Caisse Sociale du Rwanda mu ishami rijyanye n’ikoranabuhanga ndetse yigisha no muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye, i Rusizi n’i Kigali mu bijyanye n’ikoranabuhanga kugeza mu 2019 ubwo yatangiraga kwikorera.
Karasira Aimable yitabye Imana ku itariki 6 Gicurasi 2026 ubwo yari arangije igifungo cy’imyaka itanu yari yarakatiwe nyuma yo kunywa imiti myinshi mu yari isanzwe imufasha mu burwayi bwo mu mutwe yari afite.

Karasira wamenyekanye nka Prof Nigga yari yarahamijwe icyaha cyo gukurura amacakubiri muri rubanda. Yari arangije igihano cy’imyaka itanu yari yakatiwe.

Icyo gihano yagihawe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza ku wa 30 Nzeri 2025.

Ugendeye ku buryo iminsi igize umwaka mu Igororero ibarwa, Karasira yarangije igihano cye ku wa 6 Gicurasi 2026.

Yashinjwaga ibyaha birimo guhakana Jenoside, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha. Ibindi byaba byari iyezandonke no kudasobanura inkomoko y’umutungo we urimo amafaranga yafatanywe (cash) n’ayari kuri konti ze zitandukanye zirimo iza banki na Mobile Money.

Ubushinjacyaha bwari bwajuririye icyemezo cy’Urukiko cyo gufungwa imyaka itanu, urubanza mu bujurire rukaba rutari rwakaburanishijwe.

Igororero ryo ryagaragaje ko iyo bugiye gufungura umuntu burebera gusa ku cyemezo kimufunga cyashyizwe muri sisitemu y’ikoranabuhanga yifashishwa.

 

Murumuna wa Karasira Aimable witwa Uyisenga Aimé yaherekeje mukuru we

 

 

Karasira Aimable yashyinguwe

 

Misa yo guherekeza Karasira yasomewe muri Regina Pacis

 

 

 

 

2026-05-14
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Ubwanditsi 01 Aug 2022
Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Ubwanditsi 16 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo
INKURU NYAMUKURU

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo
HIRYA NO HINO

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2
Amakuru

APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2

Ubwanditsi 21 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru