Ikipe yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Aston Villa FC, yatangaje ko yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Visit Rwanda, azatuma Visit Rwanda iba umufatanyabikorwa mukuru w’iyi kipe mu rwego rw’ubukerarugendo.
Aya masezerano akaba ari indi ntambwe u Rwanda rwateye mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri siporo, aho ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara ku myambaro n’ibindi bikorwa bya Aston Villa, imwe mu makipe akomeye yo mu Bwongereza.
Visit Rwanda kandi izagaragara ku myambaro y’andi makipe afite isano na Aston Villa, aha harimo amakipe yose y’Abagabo ay’abagore ndetse n’amakipe yose y’Abato.
Ubufatanye bugamije kumenyekanisha u Rwanda nk’icyerekezo cy’ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga, bwerekana ibyiza nyaburanga byarwo, umuco, amahirwe y’ishoramari ndetse n’ubwiza bwa kawa y’u Rwanda.
Nk’umufatanyabikorwa mu bukerarugendo, Visit Rwanda izakoresha urubuga rwa Aston Villa mu kwamamaza ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda no gukurura ba mukerarugendo baturutse hirya no hino ku Isi.
Aya masezerano akaba yasinyweho n’umuyobozi w’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama, (Rwanda Convention Bureau – RCB), Janet Karemera ndetse n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Aston Villa, Francesco Calvo
Aya masezerano kandi azafasha guteza imbere kawa y’u Rwanda, aho abafana, abashyitsi n’abafatanyabikorwa ba Aston Villa bazajya bahabwa amahirwe yo kuyisogongera no kuyimenyera binyuze mu bikorwa bitandukanye by’iyi kipe.
Ubufatanye hagati ya Visit Rwanda na Aston Villa bwiyongera ku yandi u Rwanda rwagiranye n’amakipe akomeye ku rwego mpuzamahanga, mu rwego rwo gukomeza kwamamaza igihugu no guteza imbere ubukerarugendo binyuze muri siporo, imwe mu nzira zatanze umusaruro mu kumenyekanisha u Rwanda ku Isi.





