• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda

Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda

RUSHYASHYA 21 Aug 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wakiniye Rayon Sports, yatangaje ko ababajwe n’uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwamutereranye mu myaka imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda kubera igikorwa yakoze agaragaza ko ashyigikiye igihugu cye.

Luvumbu yavuye mu Rwanda muri Gashyantare 2024 nyuma y’impaka zakurikiye umukino Rayon Sports yatsinzemo Police FC ibitego 2-1 ku wa 11 Gashyantare uwo mwaka.

Muri uwo mukino, uyu mukinnyi yatsinze igitego kuri coup-franc, acyishimira apfuka ikiganza ku munwa, ikindi agitunga ku mutwe, yigana ikimenyetso cyari cyakozwe n’abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya RDC mu Gikombe cya Afurika cya 2023 cyaberaga muri Côte d’Ivoire.

Uku gupfuka ku munwa ni igikorwa cya politiki cyari kimaze iminsi gikorwa n’Abanye-Congo hirya no hino mu rwego rwo kuyobya uburari ku bwicanyi nyakuri bukorerwa abavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa RDC nk’uko byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Nyuma y’uwo mukino, Rayon Sports yasohoye itangazo inenga imyitwarire ya Luvumbu, mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamuhagaritse amezi atandatu mu bikorwa by’umupira w’amaguru ku butaka bw’u Rwanda kubera kuvanga siporo na politiki.

Bidatinze, Rayon Sports na Luvumbu bemeranyije gusesa amasezerano. Uyu mukinnyi yahise ava mu Rwanda, anyura i Goma mbere yo kujya i Kinshasa ku wa 14 Gashyantare 2024.

Ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili, Luvumbu yakiriwe n’abayobozi bo muri RDC barimo François Claude Kabulo Mwana Kabulo wari Minisitiri wa Siporo. Icyo gihe igikorwa cye cyishimiwe na benshi muri RDC, afatwa nk’umukinnyi w’intwari washyize imbere inyungu z’igihugu cye.

Byageze n’aho Perezida Félix Tshisekedi agaragaza ko ikibazo cy’uyu mukinnyi akizi, ndetse hatangazwa ko hari umugambi wo kumwakira no kumuhemba kubera icyo abayobozi ba RDC bitaga ubutwari yagaragaje.

Nyuma y’imyaka ibiri ariko, Luvumbu avuga ko ibyo yari yijejwe byose byarangiriye mu magambo.

Ati “Kuva ngeze hano i Kinshasa nta faranga na rimwe nigeze mpabwa. Ndetse na gahunda yo guhura na Perezida wa Repubulika, nta cyigeze gikorwa.”

Mu ‘live’ yakoreye kuri TikTok, uyu mukinnyi yanagaragaje ko atazi niba hari ubufasha yaba yaragenewe n’Umukuru w’Igihugu ariko bukaba bwararigishijwe n’abantu bamukikije.

Yakomeje ati “Ndi hano, naratereranywe. Ndi gupfa ndeba kandi bucece.”

Nyuma yo kuva muri Rayon Sports, Luvumbu yongeye gusubira muri AS Vita Club yari yarakiniye mbere. Muri Kamena 2024, iyi kipe y’i Kinshasa yatangaje ko yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri.

Luvumbu yari yarageze muri Rayon Sports bwa mbere mu 2021 avuye muri Youssoufia Berrechid yo muri Maroc. Yaje kuyivamo, ariko ayisubiramo muri Kanama 2023, ahabwa amasezerano y’umwaka umwe yari kumugeza mu mpeshyi ya 2024.

2026-08-21
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022
APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?
Amakuru

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru