• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Editorial 01 Jan 2018 Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye guverinoma y’icyo gihugu mu rukiko basaba  yuko icyemezo iherutse gufata cyo guca iryo tabi nta shingiro gifite.

Abo bacuruzi 14, batumiza bakanaranguza iryo tabi rya Shisha, bavuga yuko Minisiteri y’ubuzima muri icyo gihugu cya Kenya tariki 28 uku kwezi yaciye Shisha ariko uko kuyica ikaba yarakozemo amakosa abiri akomeye cyane.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Standard cyandikirwa muri Kenya, umwe muri abo bacuruzi ba Shisha bakomeye cyane muri icyo gihugu ni uwitwa Kennedy Langat, ufite akabari na resitora ahitwa Westland muri Nairobi, byanditsweho Shisha Bar and Restaurent. Langat ni umwe muri abo bantu batanze ikirego mu rukiko rw’ikirenga bavuga yuko guverinoma yaciye shisha ku karengane kandi binyuranijwe n’amategeko !

Asobanura iby’ikirego cyabo avuga yuko umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuzima, Cleopha Mailu, tariki 28/12/2017 yatangaje yuko Shisha iciwe atabanje kubiganirizaho abo icyo cyemezo kizagiraho ingaruka kandi ngo itegeko ariko ribiteganya. Ikindi kandi ngo ntabwo yigeze agaragaza ingaruka mbi zishobora kuba zaterwa no gukoresha Shisha, abantu muri Kenya bari basigaye bikundira cyane.

Iryo tangazo rya Minisiteri y’ubuzima muri Kenya rivuga yuko bibujijwe gukora Shisha, kuyitumiza kuva hanze, kuyicuruza no kuyinywera ku butaka bwa Kenya. Iryo tangazo rikavuga kandi yuko uzayifatanywa azacibwa amande y’amashilingi ibihumbi 50 cyangwa agahanishwa igifungo cy’amezi atandatu cyangwa byombi !

Ikirego cy’abo bacuruzi ba Shisha tariki 29/12/2017 nibwo cyashyikirijwe urukiko rw’ikirenga ruracyakira, rutangaza yuko urubanza ruzatangira kuburanishwa  nyuma y’iminsi itatu. Kenya nicyo gihugu cya mbere muri Afurika aho urukiko rw’ikirenga rwaregewe yuko Perezida uriho yatangajwe ko yatsinze amatora kandi harimo uburiganya, rugategeka yuko amatora asubirwamo ! Ntabwo rero byatungurana cyane urwo rukiko rutegetse yuko Shisha ikomeza kunyobwa no gucuruza kugeza aho Minisiteri y’ubuzima izagaragariza ububi bwayo ku buryo bufatika !

Kenya iciye ikoreshwa rya Shisha nyuma gato u Rwanda narwo ruyiciye. Tariki 15/12/2017  Minisitiri w’ubuzima, Diane Gashumba, yatangaje yuko kubera ko itabi rya shisha ari ribi cyane ku buzima bw’abantu riciwe burundu mu Rwanda. Gashumba yasobanuye yuko kumywa shisha bitera kanseri, indwara z’umutima n’izindi. Bivugwa yuko ububi bwa shisha bukubye incuro zirindwi ububi bw’itabi risanzwe, kandi naryo abantu bakangurirwa kurireka !

Casmiry Kayumba
2018-01-01
Editorial

IZINDI NKURU

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Editorial 25 Jun 2018
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Editorial 28 Jul 2016
Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Editorial 08 Aug 2016
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Editorial 11 Jun 2020
Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Editorial 25 Jun 2018
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Editorial 28 Jul 2016
Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Editorial 08 Aug 2016
FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Editorial 11 Jun 2020
Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Editorial 25 Jun 2018
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Editorial 28 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Editorial 12 Jun 2021
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Editorial 17 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru