• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Editorial 11 Jul 2017 ITOHOZA

Abadipolomate b’Abafaransa bimwe viza yo kwinjira mu Rwanda nyuma yo kugaragaza ibyangombwa biyisaba biriho ibendera rya kera ry’u Rwanda ryo ku butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana.

Ku isonga ni Rémi Maréchaux, ushinzwe ibikorwa bya Afurika n’ibihugu bituriye inyanja y’Abahinde muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, wagomba kuba aherekejwe n’ushinzwe ibikorwa by’iterambere mu bihugu bya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’umujyanama mu by’ubukungu.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko byari biteganijwe ko ku matariki ya 9 na 10 Nyakanga 2017, iryo tsinda ryagombaga kuba riri mu Rwanda mu butumwa bw’akazi aho ryagombaga kugirana ibiganiro na Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, nyuma rikerekeza muri Cameroun.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ibiro bya perezidansi y’u Bufaransa (Quai d’Orsay) ngo nibwo byashyikirije ambasade y’u Rwanda i Paris, impapuro zisabira visa abo badipolomate uko ari batatu, n’inzira bazanyuramo berekeza muri Afurika yo hagati. Aho bagombaga kunyura Quai d’Orsey ikoresheje ikoranabuhanga yometseho amabendera y’ibihugu.

Intandaro yo kwimwa visa y’u Rwanda ngo ni uko ku mpapuro hometsweho ibendera rifite amabara atatu (icyatsi kibisi, umuhondo n’umutuku) hagati handitse mu nyuguti nini “R”.

-215.png

U Rwanda mu wa 2001 rwahinduye ibendera. Iriri mu bubiko bwa Repubulika y’u Bufaransa ni iryariho ku butegetsi bwa Habyarimana rifatwa ku rwego mpuzamahanga nk’ibendera by’abakoze jenoside.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Quai d’Orsay ivuga ko ubutumwa bwimuriwe indi tariki. Iti “Habaye uburangare mu buyobozi nibyo byatumye visa itatangirwa igihe. Gusa habaye isubikwa, nta kibazo cya dipolomasi gihari.”

Ku ruhande rw’u Rwanda si ko rubibona, ruvuga ko ari imvugo isekeje, n’ubwo ubutegetsi bw’i Kigali budakeka amababa ubutegetsi buriho ubu, ko byaba ari igikorwa by’ubushotoranyi.

Umwe mu badipolomate b’u Rwanda agira ati ”Mu bisobanuro baduhaye bagira bati ‘Ibendera ryashyizweho mu buryo bw’ikoranabuhanga, tuza kubibona impapuro zimaze gusohoka mu icapiro. N’abari bazifite mu ntoki zabo ntibigeze babona iryo kosa.”

U Rwanda ntirwiyumvisha ukuntu ikoranabuhanga rya Quai d’Orsay rikoresha ibendera ritagikoreshwa nyuma y’imyaka 16 yose u Rwanda rurihinduye, ruvuga ko byaba biteye amatsiko n’urujijo.

Ibi bibaye mu gihe nta ambasaderi uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda kuva mu 2015 ubwo Michel Flesh yavaga ku butaka bw’u Rwanda, kuva ubwo u Rwanda rwanze kwakira uwari amusimbuye, Rémi Maréchaux utifuzwa mu gihugu cy’imisozi igihumbi kubera amateka.

Uyu mugabo aheruka mu Rwanda muri Gashyantare 2010 mu ruzinduko Perezida Nicolas Zarkozy yagiriye mu Rwanda, perezida rukumbi wakandagiye ku bataka bw’u Rwanda nyuma y’ubutegetsi bwa François Mitterrand.

2017-07-11
Editorial

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Editorial 01 Jul 2016
Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Editorial 23 Dec 2016
Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Editorial 26 Sep 2018
Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Editorial 27 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’
IMIKINO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Editorial 08 Mar 2016
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI
INKURU NYAMUKURU

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Editorial 06 Jul 2019
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru