• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Abafaransa ntibishimiye gahunda ya AU yo kwishakamo ibisubizo iyobowe na Perezida Kagame

Editorial 31 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Zimwe muri gahunda Perezida Kagame ashyize imbere nyuma yo kuyoboraUmuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) harimo igitekerezo cyuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.

Iki gitekerezo cyaganiriweho mu nama ihuza abakuru b’igihugu bya Africa yarangiye kuri uyu wa mbere muri Addis Ababa ariko bimwe mu bihugu cyane cyane abafaransa bakomeje kugaragaza kubirwanya babicishije mu bitangazamakuru byabo banenga icyo gitekerezo ndetse n’ubuyobozi bwa Perezida Kagame.

Umunyamakuru Nicolas Germain ukorera France 24 yakoze inkuru zitandukanye kuri iyo nama iherutse maze agaragaza ko Perezida Kagame ari gushaka gukoresha ingufu ngo ashyirireho ibyemezo ibindi bihugu bya Africa kugahato.

Birababaje kubona ibikorwa byose birenga 80% byishyurwa n’abaterankunga kandi Afurika ishyize hamwe yashaka uburyo bwo kubyishyura.

Igitekerezo cyashyizwe imbere na Perezida Kagame nuko buri gihugu cyazajya kivana 0.2% ku musoro w’ibitumizwa mu mahanga agashyirwa mu ngengo ya Komisiyo ya AU mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo Kugeza ubu ngo hari ibihugu bigera kuri 20 byatangiye kubishyira mu bikorwa, aho bizeye ko muri uyu mwaka n’ibindi byinshi bizinjira muri iyo gahunda.

Perezida Kagame ntiyishimiwe na bimwe mu bihugu cyane cyane Ubufaransa bufite inyungu mu kunyunyuza imitsi y’abanyafurika aho bitekereza ko kuba agiye kuyobora uyu muryango bizatuma gahunda y’amavugurwa yo muri uyu muryango ifata indi ntera na cyane ko ari we wari wanashinzwe akanama ko gutegura ayo mavugurura.

Ibi ngo bizatuma n’abandi bazasimburana ku mwanya wo kuyobora uyu muryango bazajya bakomerezaho bigatuma Afurika igera ku ntego yihaye yo kugira ijambo mu ruhando mpuzamahanga.

Iyo urebye Afurika, ni umugabane ugizwe n’ibihugu byinshi kandi ukaba ugizwe n’abaturage hafi Miliyari, ufite abasore n’inkumi bafite ingufu zo gukora, ufite umutungo kamere, ufite ikirere cyiza, ariko ni wo mugabane ukennye, ni wo mugabane ukiri inyuma y’iyindi. Bivuze ko hari akazi ko kwivugurura umugabane wa Afrika ukikura mu mabako ya bagashakabuhake.

N’ubwo ubukoloni bwarangiye hari ibihugu bikunze kunengwa, aho usanga imiyoborere yabyo igirwamo n’ibihugu byabikolonije. Kugira ngo iyi myumvire ihinduke hagomba gukomeza inzira Afurika yiyemeje yo kubaka ubumwe mu banyafurika ndetse no guharanira kugira Afurika ifite ijambo ku rwego mpuzamahanga.

Ubwanditsi

2018-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Umukobwa wacitse ku icumu rya Jenoside, wiyahuye asimbutse igorofa ryo kwa Makuza yapfuye

Editorial 07 Sep 2019
CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Editorial 10 Jul 2018
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Ethiopia: Perezida Kagame mu bayobozi baza gufata ijambo mu kwizihiza Umunsi wa Afurika (Africa Day 2018)

Editorial 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe
UBUKERARUGENDO

RwandAir igiye gufungura ibyerekezo bishya bitanu mu mwaka umwe

Editorial 10 Aug 2018
Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka
ITOHOZA

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Editorial 27 Sep 2017
Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda
ITOHOZA

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Editorial 18 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru